• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yashimye imiyoborere myiza iri mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yashimye imiyoborere myiza iri mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Apr 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia avuga ko igihugu cye gifite byinshi cyigiye k’u Rwanda, harimo n’imiyoborere myiza igaragarira buri wese.

Hailemariam Desalegn avuga ko kuba u Rwanda ari urwa mbere mu korohereza abashoramari biri mu byo Ethiopia igomba nayo kugeraho nk’uko biri mu Rwanda.

Ibi Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Hailemariam Desalegn yabivuze mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Village Urugwiro aho yari kumwe na Perezida Paul Kagame.

Ni mu ruzinduko rw’iminsi itatu uyu muyobozi na madamu we Roman Tesfaye barimo kugirira mu Rwanda kuva ku wa 26 Mata 2017.

Ubwo yabazwaga n’umunyamakuru icyo Ethiopia yigiye k’u Rwanda, Hailemariam Desalegn yavuze ko ari byinshi, gusa avuga ko hari bimwe bikomeye kandi byafasha abaturage be gutera imbere.

Yagize ati “ Icya mbere Abanyarwanda ni abantu beza, bakira ababagana neza, naho ku bijyanye n’ibyo twakigira k’u Rwanda ni byinshi, u Rwanda ni igihugu kirimo gutera imbere mu bukungu mu buryo bwihuse ku Mugabane w’Afurika, ni igihugu kiza ku isonga mu kurwanya ruswa, koroshya ishoramari, Ikoranabuhanga riratera imbere vuba vuba, guha ijambo umugore, imiyoborere myiza n’ibindi.”

Yakomeje agira ati “Muziko mu Rwanda ari ahantu heza ho gukorera ubucuruzi, natwe dufite umushinga w’uko twakora neza ubucuruzi, dufite itsinda mu bijyanye n’ishoramari rikorana n’u Rwanda, ikindi kubera ko u Rwanda ari urugero rwiza ku mugabane wa Afurika, twabigiraho natwe tukabuteza imbere.”

Hailemariam Desalegn kandi avuga ko kuba u Rwanda rumaze guteza imbere urwego rw’ikoranabuhanga no guha ijambo umugore , ibi biri mu byo Ethiopia yakwiga gusa yongera kwemeza ko hari ibindi u Rwanda narwo rwakwigira kuri iki gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko abaturage b’ibihugu byombi bafite icyerekezo kimwe, aho yagize ati “Abaturage b’u Rwanda na Ethiopia bose barifuza kugira ibyo bageraho, icyo ibihugu bya Afurika bishyize imbere kandi ni bimwe, ni uko abaturage babyo baba abaturage bafite ubuzima bwiza.”

Umukuru w’Igihugu kandi avuga ko kuba hari bamwe bashobora gutinya gushora imari mu bihugu bya Afurika ibi ngo si ukuri, kuko usanga ibibazo biri hose ku isi.

-6416.jpg

Perezida Kagame ubwo yakiraga Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Hailemariam Desalegn akigera mu Rwanda (Ifoto/Perezidansi)

Hasinywe kandi amasezerano y’ubufatanye 11 hagati y’ibihugu byombi. Aya masezerano yasinywe na ba Minisitiri ku mpande zombi. Ayo masezerano harimo ajyanye n’ubutabera, itangazamakuru, siporo n’umuco, ubukerarugendo, umuco n’uburezi, guteza imbere uburenganzira bw’umwana n’umugore n’andi.

U Rwanda na Ethiopia bisanzwe bifitanye ubufatanye mu bya gisirikare no mu by’ingendo z’indege n’imikoreshereze y’ikirere. Iki gihugu gituwe n’abaturage bagera kuri miliyoni 100.

2017-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Ubwanditsi 05 Nov 2022
Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze

Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze

RUSHYASHYA 05 Mar 2026
Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali

Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali

Ubwanditsi 08 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?
Mu Mahanga

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica
Mu Rwanda

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ubwanditsi 07 Dec 2016
Mwenda yagaragaje umubano w’u Rwanda na Uganda “nk’ikibaya kinyerera.”
INKURU NYAMUKURU

Mwenda yagaragaje umubano w’u Rwanda na Uganda “nk’ikibaya kinyerera.”

Ubwanditsi 08 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru