• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyampinga wa Zambia Louisa Chingangu Yambuwe Ikamba n’abategura iryo rushanwa

Nyampinga wa Zambia Louisa Chingangu Yambuwe Ikamba n’abategura iryo rushanwa

Ubwanditsi 16 May 2017 Mu Rwanda

Umukobwa witwa Louisa Chingangu wari waratorewe kuba Nyampinga wa Zambia, yambuwe ikamba n’abategura iryo rushanwa bamushinja gushyigikira amakuru avuga ko atahawe ibihembo byose yari yemerewe.

Louisa Chingangu yatorewe kuba Nyampinga wa Zambia mu Ukuboza 2016 ahigitse abandi bakobwa 12 bari bageze mu cyiciro cya nyuma cy’irushanwa mu birori byasusurukijwe n’abahanzi batandukanye bakomeye muri icyo gihugu barimo na Roberto.

Amakuru yiswe ’ibinyoma’ Miss Louisa Chingangu ashinjwa gushyigikira, yavugaga ko ikigo cyitwa Platinum Events Productions Africa gitegura irushanwa ryo gutora Nyampinga wa Zambia, cyariganyije uyu wambitswe ikamba ntahabwe ibihembo yagombwaga birimo amafaranga n’imodoka.

-6608.jpg

Louisa Chingangu Nyampinga wa Zambia yambuwe ikamba

Mu cyumweru gishize ubuyobozi bw’icyo kigo bwashyize ahagaragara itangazo ryari rikubiyemo ’ibisobanuro’ kuri ayo makuru yo kudaha ibihembo Nyampinga watowe, bunakomoza ku byavugwaga ko butigeze bugaragaza ubushake buhagije mu gukorana na Miss Louisa Chingangu.

Nyuma y’iryo tangazo, Elizabeth Mwanza ukuriye ibikorwa byo gutegura irushanwa rya Nyampinga wa Zambia, yatangaje ko Miss Louisa Chingangu agomba gusubiza ikamba yari yarambitswe abategura icyo gikorwa, umwanzuro wo kumwambura inshingano zose yari afite ugashyirwa mu bikorwa guhera igihe byatangarijwe.

Ati “Uwatorewe kuba Nyampinga wa 2016, yashyigikiye yemye inyandiko z’ibinyoma anagaragaza byeruye imyitwarire igayitse cyane kuva aya makuru yatangazwa; kubera iyo mpamvu twamuhagaritse nka Nyampinga wa Zambia 2016 kandi afite gusubiza ibyo yahawe byose ku bategura irushanwa.”

“Uwo mwanya uzaguma nta nyirawo kuko hasigaye amezi atatu gusa ngo irushanwa rya Miss Zambia rikurikiyeho ritangizwe. Ibindi bikorwa bireba Nyampinga w’igihugu bizakorwa n’igisonga cye cya mbere (Mwangala Ikacana)”

Mwanga (wanabaye Nyampinga wa Zambia mu 1992) yanakomoje ku makuru ashinja uburiganya abategura irushanwa rya Miss Zambia, avuga ko bidashoboka ko bari gusezeranya amafaranga n’imodoka Nyampinga watowe kuko ikigo gitegura iki gikorwa muri icyo gihugu kidafite ubwo bushobozi.

Yavuze ko ubwe yagerageje kuganira na Miss Louisa Chingangu nyuma yo kubwirwa imyitwarire ye, ariko ngo agasanga koko ari umukobwa utagaragaza ubushake bwo gukorana n’abategura irushanwa. Mwanga yavuze ko yananze kumwitaba kuri telefoni inshuro nyinshi, ntasubize ubutumwa bugufi yamwohererezaga ndetse hanategurwa inama y’ibiganiro byo kwiga ku kibazo cye ntazitabire.

Uyu mugore yanavuze ko Miss Louisa Chingangu wambuwe ikamba habura amezi atatu ngo hatangire ibikorwa byo gutora umusimbura, atigeze agaragaraza igitekerezo na kimwe cy’umushinga nka Nyampinga w’igihugu, ibyo bikiyongera ku zindi nenge zavuzwe.

-6609.jpg

Inshingano zahawe igisonga cya mbere (uri ibumoso)

Louisa Chingangu wambuwe ikamba n’inshingano za Nyampinga wa Zambia ntaragira icyo atangaza ku byemezo byamufatiwe. Uyu mukobwa agiye kurekura ikamba nyuma y’andi mahirwe yahushije ntabashe kwitabira irushanwa rya Miss World bitewe n’uko umunsi nyirizina wo gutora Miss Zambia wahinduwe ukigizwa inyuma y’uwo amarushanwa ya Miss World yatangiriyeho.

Irushanwa ryo gutora Nyampinga muri Zambia ryatangiye gutegurwa mu 1974, rimaze kuba inshuro 17, ni ku ubwa mbere umukobwa watorewe kuba Nyampinga yamburwa ikamba mu mateka y’iri rushanwa muri icyo gihugu.

2017-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 23 Jun 2021
U Rwanda rwahawe kwakira shampiyona y’isi y’amagare ya 2025, ikaba ku ncuro ya mbere iri rushanwa rizaba rigiye kubera ku mugabane wa Afurika

U Rwanda rwahawe kwakira shampiyona y’isi y’amagare ya 2025, ikaba ku ncuro ya mbere iri rushanwa rizaba rigiye kubera ku mugabane wa Afurika

Ubwanditsi 23 Sep 2021
Dore ibyo Koffi Olomide yatangaje nyuma y’urupfu rwa Papa Wemba

Dore ibyo Koffi Olomide yatangaje nyuma y’urupfu rwa Papa Wemba

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Ubwanditsi 18 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York
ITOHOZA

Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York

Ubwanditsi 19 Jun 2019
Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018

Ubwanditsi 16 Oct 2018
Kayumba Rugema uzwi ku izina rya Gafirifiri wigamba ibitero by’iterabwoba mbere yuko biba ni muntu ki? Sobanukirwa naho ahuriye nibyo bikorwa
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Rugema uzwi ku izina rya Gafirifiri wigamba ibitero by’iterabwoba mbere yuko biba ni muntu ki? Sobanukirwa naho ahuriye nibyo bikorwa

Ubwanditsi 28 Jun 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru