• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amatora 2017: Diane Rwigara atanga amafaranga, Mwenedata we azi ko atazatsinda

Amatora 2017: Diane Rwigara atanga amafaranga, Mwenedata we azi ko atazatsinda

Ubwanditsi 23 May 2017 ITOHOZA

Ibi ni bimwe mu bikorwa komisiyo y’igihugu y’amatora(NEC) igaragaza nk’ibishya mu biri kuranga ibikorwa bijyanye n’amatora ya perezida wa Repubulika ateganyijwe muri kanama uyu mwaka.

Perezida w’iyi komisiyo, Prof Kalisa Mbanda agaragaza tumwe muri utwo dushya nko kurenga ku mategeko n’amabwiriza agenga aya matora, kuko ngo bahuye n’abashaka kuba abakandida kuri uwo mwanya bakumvikana ibigomba kubaranga mu bikorwa bizaranga aya matora.

Abashaka guhatanira uwo mwanya ni Mpayimana Philippe, Umunyamakuru wavuye i Burayi , hari Rwigara Diane na Mwenedata Gilbert, wigeze kwiyamamaza igihe cy’amatora y’abadepite, Mbanda avuga ko yagize ‘amanota meza’ yendaga kunganya n’imitwe ya politiki imwe n’imwe.

Ubusore bushaka kubakubaganisha ?

Mbanda avuga ko kuba ari abasore usanga hari abashaka gutandukira ku bijyanye no kubahiriza amabwiriza n’amategeko agenga amatora.

Ati « Bose ni abasore usanga babifata nko kugerageza, bati turebe uko u Rwanda rwifashe mu matora. Bakaza bafite n’amaraso mashyashya bagasoma vuba vuba amabwiriza tubaha, kuko baba bayafite bagasa n’abayanyura hejuru, bakigirira ibitekerezo byabo uko babikora. »

Tukavuga tuti “Muzatangira kwiyandikisha, ku itariki ya 13 z’ukwa Gatanu kuko twabahaye iminsi 30 mbere y’ itariki ya 12 Kamena aribwo tuzatangira kwakira kandidature z’abakandida, ariko kubera ubushyuhe bw’ubusore agatangira igihe kitaragera bakandika ku mpapuro zibonetse kandi twarababwiye ko ari twe tuzabaha impapuro zo gushyiraho imikono. »

Bavuzweho kutavunyisha

Ubusanzwe ngo babwiwe ko bagomba kuvunyisha mu bice bagiye gukoreramo riko ngo usanga hari aho banyuranyije n’amategeko.

Ati « Ikindi gishya bazana ni ukwinjira mu ifasi z’ubuyobozi nk’abinjira mu isoko. Akajyamo, ntabwo yagiye ku muyobozi w’umudugudu w’umurenge ntabwo yagiye ku w’akagari ku karere ngo avuge ati ‘ndi kanaka dore nabonanye na komisiyo y’igihugu y’matora, nje gukora ikingiki, akaza rwose nk’uwinjira mu isoko agatangira agakora. »

Hari kandi ngo n’abashaka ababasinyira mu kabari bikanakorwa.

Yongeraho ati « Hakagira n’abajya kubikorera muri bare no muri resitora kandi ibyo ngibyo twaravuganye ko bazatangira kuri iriya tariki bagakorerwa impapuro tuzabaha kandi bigakorerwa ahantu hazwi n’ubuyobozi.»

Akomeza avuga ko akarere kabimenya kamenyesha inzego zo hasi, kugirango abayobozi baabkire uko bikwiye.

Komisiyo yongeye kubihanangiriza

Nyuma yuko iyo mikorere komisiyo ivuga ko idakwiye, ku wa gatanu tariki ya 19 Gicurasi 2017 yicaranye n’abo bakandida bakaganira byinshi.

« Komisiyo yakoranye inama n’abo bashaka kuba abakandida, kubera iyo mikorere. Abasengerera abantu muri bare twarabimenye turabahuza turabibibutsa, batubaza niba batemerewe kuzenguruka bashaka ababasinyiraa tubabwira ko byemewe ariko bagomba kubazana bakabasinyira ahabigenewe.Tubibutsa kwimenyekanisha.»

Buri wese afite agashya

Prof Mbanda avuga ko buri wese mu bashaka kuba abakandida yaranzwe n’ibishya bitandukanye abasaba kwirinda.

Mpayimana yumvaga kwiyereka ubuyobozi atari ngombwa

Ati « Nk’uwo Philippe avuga ko afite uburenganzira agomba kugenda atagomba kwiyereka ubuyobozi, tukamubwira tuti ‘mu Rwanda si uko bimeze hari ubutegetsi ugomba kugenda ukabumenyesha icyo ukora.»

Rwigara Diane nshaka gufasha

« Uwo mukobwa Diane we atanga amafaranga tukamubwira ‘tuti ntabwo ukwiriye gutanga amafaranga ati ‘rwose abantu baransinyira nkabona ko bangiriye neza, kandi bakennye nkashaka kubafasha mbavana mu bukene nkabaha amafaranga.”

Mwenedata azi ko atazatsinda

« Mwenedata we akavuga ati ‘Rwose nziko ntazatsinda ariko ndashaka kureba aho mugejeje, ndashaka kureba ko mfite uburenganzira bwanjye, tuti ‘ufite uburenganzira bwawe kandi n’abandi bafite ubwabo, ntabwo ugomba gukandagira ubw’abandi kugirango werekane ko ubufite. Tuti ‘murashaka kuba abaperezida turabareka mukazerera uwari kuza igihe cy’ikinani ubungubugu baba babagejeje hehe, ko muvuga ngo turabafata nabi.»

-6650.jpg

Rwigara Diane, Prof Kalisa Mbanda, Mwenedata Gilbert

Mbanda asoza avuga ko muri icyo kiganiro bagiranye yababwiye ko babashima kuko bashaka kwigisha abaturage ibijyanye na demokarasi, ariko nabo bagombye kuba abademokarate, birinda gutanga amafaranga, gusinyishiriza ahantu hatemewe.

Asaba kandi abayobozi kuborohereza kuko ababonamo icyerekezo cyiza cy’ejo hazaza. Ati « Mubyifatemo neza , muborohereze, akenshi aba ari abasoresore bazavamo Abanyarwanda beza mu minsi iri imbere. »

Iyi komisiyo yagiranye ikigniro nyunguranabitekerezo ku migendekere myiza y’aya matora n’abayobozi bafite aho bahuriye nayo mu ntara y’Amajyaruguru.

Source: Bwiza

2017-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Michigan: Uwase uri mu bashinze itorero Gakondo Hoza yishwe n’impanuka

Michigan: Uwase uri mu bashinze itorero Gakondo Hoza yishwe n’impanuka

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo

Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo

Ubwanditsi 13 Aug 2018
RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba  yatangije mu Rwanda

RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba yatangije mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome
ITOHOZA

Ingabire Victoire si umunyapolitiki, icyo akwiye kwitwa ni umugore ukunda ubugome

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe
Mu Rwanda

Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Iya 8 Gicurasi 1994: FPR yatangarije Radiyo RFI intego y’urugamba yarwanaga
Mu Rwanda

Iya 8 Gicurasi 1994: FPR yatangarije Radiyo RFI intego y’urugamba yarwanaga

Ubwanditsi 08 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru