• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa

Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa

Editorial 31 May 2017 Mu Rwanda

Mu gihe hakomeje icyumweru cy’ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda, kuwa kabiri tariki ya 30 Gicurasi, kuri sitade nto ya Remera mu karere ka Gasabo, Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo, bagejeje ubutumwa ku baturage bubakangurira gukumira no kurwanya ruswa iyo iva ikagera mu nsanganyamatsiko igira iti:” Kurwanya ruswa ni inkingi y’umutekano n’iterambere birambye”.

Iki kiganiro cyayobowe n’umuvunyi mukuru Aloysie Cyanzayire ari nawe wari umushyitsi mukuru, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana bari kumwe n’umuyobozi wa Transparecy International, ishami ry’u Rwanda, Marie Immaculee Ingabire.

Mu kiganiro yagejeje kubari aho, Aloysie Cyanzayire , yavuze ko ingamba zose dufata zizagira icyo zigeraho ari uko duhinduye imitekerereze n’imyumvire kuri ruswa.

Yagize ati:” Tubwirwa kenshi ingaruka zayo ariko ni bake babiha agaciro n’uburemere bwabyo.”

Yatanze urugero rw’amafaranga agera kuri miliyari 35,5 zatanzweho ruswa mu mwaka wa 2016, mu cyegeranyo cyiswe Rwanda Bribery Index cya Transparency International ishami ry’u Rwanda ryakoze, harimo 13 zatanzwe mu nzego z’ibanze.

Cyanzayire yagize ati:”Ingaruka za ruswa zitugeraho twese kandi ingamba zo kuyirwanya zikwiriye gushingira ku ruhare rwa buri wese kuko ntaho twagera mu iterambere tukigendera muri ruswa, abateye imbere ni abubatse umuco wo kurwanya ruswa , dukwiye natwe kuwubaka duhereye mu rubyiruko.”

Ati:”Igiti kigororwa kikiri gito, ibi byonyine nibyo bizadufasha kubaka u Rwanda rw’ejo hazaza.”

Yasabye kandi ko umuco wo guhishirana n’ubufatanyacyaha ko ari mubi kandi ukwiye gucika.

Yashishikarije abari aho kwitabira gukoresha serivisi z’ikoranabuhanga zikumira ikoreshwa ry’amafaranga mu ntoki kuko zifasha mu gukumira ruswa.

Umuvunyi mukuru yashoje asaba ko inzego zose za Leta zikwiye gushyiraho ingamba zikumira ruswa muri zo imbere no hanze yazo kandi ko ingamba zose zifatwa zikwiye gushingira ku guhindura imyumvire kuri ruswa.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda we mu ijambo rye, yavuze ko intego yo kurwanya ruswa ifasha mu iterambere rituma habaho ubuzima bwiza bw’abaturage, kuzamura ubukungu bw’Igihugu hashingiye kw’itangwa rya serivisi nziza.

IGP Gasana yagize ati:” Igihugu cyacu cyihaye intego yo kugera ku buyobozi bwiza kandi buzira ruswa nkuko bigarara muri vision 2020.”

Yavuze ko raporo zinyuranye zishyira u Rwanda mu myanya ya mbere mu bihugu bifite ubuyobozi bwiza, buhamye kandi bwashyizeho ingamba zihamye mu kurwanya isesagura ry’umutungo wa Leta, bikaba bishimangirwa n’umwanya mwiza u Rwanda rufite ugereranyije n’ahandi.

Aha ariko IGP Gasana akaba yavuze ko n’ubwo tugaragara kuri iyi myanya myiza, tuzi neza ko ruswa ikigaragara mu gihugu cyacu kandi ifite ingaruka mbi ku mibereho myiza y’abaturage, ubukungu n’iterambere by’igihugu muri rusange aho yagize ati:” Ruswa iracyagaragara mu nzego zacu, ntidukwiriye kuba mu mwanda n’agasuzuguro kameze gutyo, n’ubwo nta byacitse ihari ariko, n’ako gato ntigakwiriye kubaho.”
Yavuze ko kandi mu myaka itatu ishize, hari dosiye 700 za ruswa Polisi yashyikirije ubushinjacyaha kandi muri zo, harimo 42 zifitanye isano n’abapolisi.
Yongeyeho ati:”Kurwanya ruswa ntibyagerwaho, ababigizemo uruhare badashyikirijwe inzego z’ubutabera kugirango bahanwe kandi nta rwego rwakora rwonyinye hatabayeho kuzuzanya kw’inzego zose zaba iza leta, imiryango itegamiye kuri leta n’ izabikorera ku giti cyabo.”

-6734.jpg

IGP Emmanuel Gasana

Mu gusoza, IGP Gasana yavuze ko hakenewe imikoranire ya hafi y’inzego za leta n’abikorera ku giti cyabo barebwa no kurwanya ruswa ku buryo bw’umwihariko, avuga kandi ko hakenewe inkunga ya buri wese ku bijyanye cyane cyane no guhanahana amakuru ku cyaha cya ruswa, haba ibitarakorwa mu rwego rwo kubikumira cyangwa ibyarangije gukorwa kugirango ababigizemo uruhare bashyikirizwe inzego z’ubutabera. Yavuze ko hakenewe ubukangurambaga bugera kuri bose bugamije kwigisha ububi bwa ruswa no gukangurira abantu kuba inyangamugayo.

Umuyobozi wa Transparency International, ishami ry’u Rwanda, Marie Immaculee Ingabire, yavuze ko ruswa ikiri ikibazo gihangayikishije aho yagize ati:” Ruswa si icyaha nk’ibindi kuko kugenza icyaha cya ruswa bigoye kuko ikorwa hagati y’abantu babyumvikanyeho, babifitemo icyo bibeshya ngo n’ inyungu.. ”

Asobanura zimwe mu ngaruka zayo, yagaragaje ko idindiza igihugu mu nzego zose aho yagize ati:” Ituma imishinga yigwa nabi, ikumira abashoramari, itera ubusumbane,ituma abaturage batera icyizere ubuyobozi, iteza umutekano muke n’ibindi byinshi bitari byiza.”

Yashoje agira ati:”Ingaruka zayo turazizi none mureke duhitemo kubera inyungu rusange z’Abanyarwanda.”

Iyi nama yanitabiriwe n’umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pascal Nyamurinda, Umushinjacyaha mukuru Jean Bosco Mutangana , abayobozi batandukanye muri Polisi y’u Rwanda, abayobozi b’uturere tugize Umujyi wa Kigali n’abo mu nzego z’ibanze mu Mujyi wa Kigali uhereye ku rwego rw’umudugudu n’abandi.

Muri iki kiganiro, abaturage bakitabitriye bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo, aho uwitwa Friend Samuel, umuyobozi w’umudugudu w’Inyanga, akagari ka Bibare mu murenge wa Kimironko mu karere ka Gasabo, yashimye Polisi y’u Rwanda ku biganiro yateguye maze yizeza ko n’abaturage bamaze kumenya ububi bwa ruswa kandi bazafatanya na Polisi n’izindi nzego kuyirwanya.

Muri uwo myanya kandi, babajije ibibazo ku bijyanye na ruswa, maze bahabwa ibisubizo n’abayobozi barimo abatanze ibiganiro ndetse n’umushinjacyaha mukuru ndetse n’umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, ibitabonewe umwanya wo kubazwa bikaba bizabarizwa mu biganiro kuri ruswa Polisi igiye gukorera mu baturage n’ibigo bitandukanye mu Mujyi wa Kigali no mu gihugu hose muri rusange.

Source : RNP

2017-05-31
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka  ku Isi(FIA)

U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka ku Isi(FIA)

Editorial 09 Dec 2023
Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Editorial 30 Apr 2017
Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Editorial 01 Mar 2017
Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Editorial 26 Jan 2018
U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka  ku Isi(FIA)

U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka ku Isi(FIA)

Editorial 09 Dec 2023
Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Editorial 30 Apr 2017
Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Editorial 01 Mar 2017
Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Editorial 26 Jan 2018
U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka  ku Isi(FIA)

U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka ku Isi(FIA)

Editorial 09 Dec 2023
Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Editorial 30 Apr 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru