• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda ruyoboye Afurika mu gufata imodoka zibwe

U Rwanda ruyoboye Afurika mu gufata imodoka zibwe

Editorial 13 Jun 2017 Mu Rwanda

U Rwanda rwakomeje gufatanya n’ibihugu by’Afurika mu gufata imodoka zibwe; ibi ni ibyavuzwe n’umuyobozi w’ishami rya Interpol muri Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Peter Karake.

Yabivuze ubwo yagiraga icyo avuga ku yindi modoka yo mu bwoka bwa RAV4 yibwe, ikaba yarafatiwe ku mupaka wa Rusizi ku italiki 11 Kamena ubwo yageragezaga kwinjira mu Rwanda.Iyi modoka ikaba yarafashwe ku bufatanye bw’itumanaho bwa Interpol I-24/7, rikaba rihuriraho ibihugu 190 biri mu muryango wa Interpol; iyi modoka ikaba yari ifite nimero zo muri Kongo (RDC), ikaba yari yaribiwe muri Kenya mu 2014.

ACP Karake yagize ati:”Raporo za vuba zishyira u Rwanda ku mwanya wa mbere nk’igihugu cyafashe imodoka nyinshi zibwe; ibi tubikesha ikoreshwa ry’ikoranabuhanga I-24/7 riri ku mipaka yacu yose na za gasutamo.”

Avuga kandi ko icyo u Rwanda rurusha ibihugu byinshi ari uburyo rukoresha iryo koranabuhanga aho agira ati:” Rikoreshwa kuri buri bwinjiro bw’igihugu, imipaka, ikibuga cy’indege,..byatumye dushakashaka tugera ku makuru yose ya Interpol.”

Yakomeje avuga ko n’ubwo iri koranabuhanga rifitwe n’ibihugu 190 ariko, ibyinshi muri Afurika bitararikoresha ku mipaka yabyo yose.

Mu mwaka ushize wonyine, u Rwanda rwakoze ubushakashatsi ku modoka 26,000 zibwe mu makuru ya Interpol rukoresheje I-24/7, ahafashwemo izigera kuri 11.

Guhera muri Mutarama uyu mwaka, Polisi y’u Rwanda yafashe imodoka indwi zageragezaga kwinjira mu Rwanda.

Aha ACP Karake yagize ati:” Zabaga zivuye mu bihugu bitandukanye ku isi. Muzo twafashe tutaraha benezo, 3 zavaga muri Afurika y’Epfo, imwe iva mu Bubiligi, imwe iva muri Polonye, eshatu zavaga mu Buyapani, imwe iva mu Bufaransa, imwe iva mu Butaliyani, imwe iva muri Kenya na moto yavuye mu Bwongereza.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rwiyemeje kurwanya ubujura bw’imodoka nka kimwe mu byaha ndengamipaka.

Agira ati:” Isi ya none ihanganye n’ubwiyongere bw’ibihungabanya umutekano, ibi byaha bigezweho byazahaje ibihugu bimwe kandi ababikora basa n’aho nta mipaka bafite; kugirango duhangane nabyo, tugomba gukorera mu bufatanye mpuzamahanga cyane cyane binyuze muri Interpol.”

-6957.jpg

ACP Karake yagarutse ku mbaraga u Rwanda rukoresha mu kongera ubushobozi bwarwo ngo rubashe kurwanya ibyaha ndengamipaka aho yagize ati:” Dukomeza guha agaciro ubufatanye n’ibindi bihugu aho Polisi yacu ihora ikorana bya hafi n’inzego zishinzwe umutekano mu bihugu duturanye mu guhangana n’iki kibazo.”

Source : RNP

2017-06-13
Editorial

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Editorial 10 May 2017
Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Editorial 30 May 2018
Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Editorial 31 Aug 2017
Dar es Salaam:  Bimwe mu byavugiwe mu mubonano wa Perezida Kagame na Perezida Dr. John Joseph Pombe Magufuli

Dar es Salaam: Bimwe mu byavugiwe mu mubonano wa Perezida Kagame na Perezida Dr. John Joseph Pombe Magufuli

Editorial 01 Jul 2016
Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Editorial 10 May 2017
Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Editorial 30 May 2018
Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Editorial 31 Aug 2017
Dar es Salaam:  Bimwe mu byavugiwe mu mubonano wa Perezida Kagame na Perezida Dr. John Joseph Pombe Magufuli

Dar es Salaam: Bimwe mu byavugiwe mu mubonano wa Perezida Kagame na Perezida Dr. John Joseph Pombe Magufuli

Editorial 01 Jul 2016
Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Editorial 10 May 2017
Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Tariki 30 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Ruhango

Editorial 30 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru