• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Ubwanditsi 15 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yifatanyije n’Umuryango wa Depite Mukayisenga Françoise witabye Imana ku Cyumweru tariki 11 Kamena azize uburwayi, avuga ko Abanyarwanda babuze umukozi wakundaga igihugu.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo habayeho umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma wabereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, witabirwa n’abayobozi bakuru b’igihugu barimo Perezida wa Sena, Bernard Makuza; Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Donatille Mukabalisa; Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege na Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi.

Mu butumwa bwa Perezida Kagame bwasomwe na Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yavuze ko we n’umuryango we “bababajwe no kumenya inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Nyakwigendera, Depite Mukayisenga Françoise.”

Yavuze ko Depite Mukayisenga yagiye ashingwa imirimo itandukanye mu nzego z’ibanze mu gihugu ndetse no mu Nteko Ishinga Amategeko, yose akaba yarayikoranye umurava n’ubwitange.

Yakomeje agira ati “Igihugu n’Abanyarwanda tubuze umuyobozi n’umukozi mwiza, warangwaga n’ukuri no gukunda igihugu n’Abanyarwanda.”

Mu izina rye bwite no mu ry’umuryango we, Perezida Kagame yamenyesheje umuryango wa Depite Françoise Mukayisenga ko “bifatanyije nabo kandi babifuriza gukomera muri iri bihe bikomeye by’akababaro.”

Depite Mukayisenga yitabye Imana ku myaka 47, yasize umugabo we Pasiteri Minani Frodouard bari bafitanye abana batatu, Grace, Gratien na Carine.

Ni Intore yatabarutse

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi Depite Mukayisenga yaturukagamo, Ngarambe François, yavuze ko mu mirimo yose Mukayisenga yagiye ashingwa yayikoze neza mu buryo bushoboka.

Yagize ati “Umuryango yawubereye intore yizerwa. Mu mirimo yose yashinzwe haba mu nzego z’ibanze haba mu Nteko Ishinga Amategeko yari amazemo imyaka 14, yaranzwe no gukunda umurimo, kwitanga no gukorana na bagenzi be neza.”

Yavuze ko yarangwaga no kuvugisha ukuri no kujya inama, akaba asize umurage mwiza.

Yakomeje agira ati “Mu bikorwa byihariye by’umuryango FPR Inkotanyi, Depite Mukayisenga yari umwe mu bagize komisiyo ishinzwe politiki n’ubukangurambaga, aho yagiraga uruhare runini mu gutanga inama z’ingirakamaro.”

Ngarambe yavuze ko yari n’umwe mu bagize itsinda ry’Intore za FPR Inkotanyi ku rwego rw’igihugu, zikurikirana by’umwihariko Abanyamuryango b’Akarere ka Rubavu.

Yakomeje agira ati “Intore y’Umuryango FPR Inkotanyi Depite Mukayisenga Françoise aratabarutse, twari tukimukeneye, tuzahora tumwibukira ku bikorwa bye.”

Ubutwari bwe kandi bwashimangiwe na Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Donatille Mukabalisa, wavuze ko yatangaga ibitekerezo by’ingirakamaro mu mirimo y’Inteko Ishinga Amategeko.

Yavuze ko mu mirimo ya Depite Mukayisenga mu Nteko Ishinga Amategeko muri rusange no muri komisiyo yakoreyemo guhera mu Ukwakira 2003 kugeza ku wa 11 Kamena 2017 ubwo yatabarukaga, yari intangarugero.

Yakomeje agira ati “Yaranzwe n’ubushishozi, ubwitange, umurava, agaragaza ubuhanga n’ubushobozi mu bitekerezo byiza yatangaga mu mirimo ye, twese tuzi ubwitange n’ubuhanga ntagereranywa byamurangaga kuko uburyo yatangaga ibitekerezo byagaragazaga ko yafashe umwanya uhagije wo gusoma no gusesengura mu mirimo yose y’Inteko Ishinga Amategeko.”

Yamushimiye uruhare yagize mu gukangurira Abanyanyarwanda kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo, akanafasha mu guharanira ubumwe n’ubwiyunge aho yanakoreraga muri komisiyo y’ubumwe bw’Abanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside.

Yakomeje agira ati “Abana bawe usize n’umuryango wawe, tuzakomeza kubabanira neza nk’uko nawe watubaniye neza.”

Umuhango wo kumusezeraho wakomereje mu rusengero rwa ADEPR ku Kacyiru, no mu irimbi rusange rya Rusororo mu mujyi wa Kigali.

-6971.jpg

-6972.jpg

2017-06-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Ubwanditsi 16 May 2021
Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Ubwanditsi 16 Jan 2022
Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije

Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Ubwanditsi 10 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Iperereza ryataye muri yombi abantu barimo n’umugore wa Minisitiri w’ibidukikije wishwe
Mu Rwanda

Burundi: Iperereza ryataye muri yombi abantu barimo n’umugore wa Minisitiri w’ibidukikije wishwe

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi
Mu Rwanda

Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi

Ubwanditsi 13 Aug 2017
Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United
Amakuru

Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United

Ubwanditsi 04 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru