• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA : Umunyarwanda Dr Ntakirutimana Eliel ( Nataki) ashobora kwisanga mu kaga nyuma y’uko iwe hapfiriye Umuntu muburyo budasobanutse

USA : Umunyarwanda Dr Ntakirutimana Eliel ( Nataki) ashobora kwisanga mu kaga nyuma y’uko iwe hapfiriye Umuntu muburyo budasobanutse

Ubwanditsi 10 Jul 2017 ITOHOZA

Amakuru ashyushye ubu aturuka muri Amerika ni ay’Umunyarwanda Dr. Eliel (Nataki) Ntakirutimana wa muganga w’umuherwe ny’iri ibitaro « HOPITAL LAREDO » biba i Texas, uyu nimwene Pasteur Ntakirutimana bakaba aba nya Kibuye. Mumpera za 2009 , Dr. Ntakirutimana Elie bita Nataki ufite ibitaro, yanze kwishyura comission yari yaremereye Dr. Martinez Abrahams bakunze kwita Dr. Abe Martinez.

Uyu Dr. Martinez yahoze ayobora LMC ( Laredo Medical Center). Amasezerano yabo yavugaga ko Dr. Nataki agomba kujya amwishyura hafi $ 100.000 buri mwaka noneho nawe akamwizeza ko LMC ikomeza amasezerano na company ya Nataki ko ariyo igumana department ya anesthesiology.

Nataki yarabyubahirije ariko hashize imyaka 3 yanga kwishyura avuga ko nta intention afite yo gukomeza gutanga ayo mafaranga.

Martinez abibonye atyo aramubwira ati ok, niba utubahirije ibyo twumvikanye nka abagabo nkuhaye iminsi 90 uzabe watuviriye aha. Yongeraho ko kandi anahagaritse inkunga ingana na $900.000 LMC yageneraga Nataki buri kwezi kugirango abashe guhemba abakozi be. DR Nataki abonye bimukomeranye yemera gukomeza gutanga iyo comission nkuko byari bisanzwe.

-7103.jpg

Ibitaro bya LAREDO

Mu nyuma rero abakozi na Dr. Nataki baje gukora ikosa barimo kubaga umurwayi bibeshya ikinya biviramo umurwayi kwitaba Imana bitunguranye.

Ibitaro bikora iperereza bisanga nubwo Dr. Nataki atarahari uwo munsi ariko amakosa nawe amureba kuberako ari abakozi be babikoze nibwo LMC ihagaritse ubufanye bwabo na Dr. Nataki.

Ariko ibyo byaje mu bitaro hari hanamaze igihe hari inkuru zivuga uburyo Dr Nataki iyo yagiye mu ma strip club ngo aba ari kumwe n’abakobwa ubona ko bashobora kuba batarageza kumyaka.

Dr. Eliel uretse nyine n’ubuhehesi yisanganiwe dore ko anafite umwana hanze (uyu ni uzwi hari nabandi ariko aha banyina agatubutse kugirango umugore we atamuta.), ubusanzwe abantu bagendana nawe bavuga ko iyo agusuye utuye ahandi atari muti Texas ikintu cyambere akubaza ntabwo ari bar cg restaurant nziza, ahubwo yibariza strip club nziza aho zaba ziherereye.

Ikindi kandi byari bimaze kumenyekana ko iyo yajyaga Bujumbura abeshya ko afite umushinga wo korora inka ahubwo yabaga agiye guhura na FDLR n’Imbonerakure.

Abandi bakozi bakibaza ukuntu umuganga wizewe nkuwo ashobora kufasha imitwe yiterabwoba.

Ibyo byose bimaze kuba Nataki yagiye kurega Dr. Martinez ko ngo yamwakaga ruswa yayimwima akamwirukana ngo ko kandi ibivugwa kuriwe kubyerekeye sexual orientation na criminal activities ataribyo ngo ko ahubwo ari ibihuha byazanywe na Dr.
Martinez ngo nubundi yajyaga avuga ko natamuha ayo mafaranga azakwiza hose imyitwarire igayitse ya Dr Eliel.

Yanageretseho ko Dr. Martinez ngo atigeze yita kunyungu z’ibitaro ko ahubwo yigwizagaho umutungo mu nyugu ze bwite atitaye kubuzima bwabarwayi ni inyungu yikigo ayoboye.

Muri criminal court ikirego cye bagitesheje agaciro, nibwo rero Dr Nataki atanze ikindi kirego muri civil court avuga ko Dr. Martinez yamwangirije isura kuburyo mu karere ka Laredo na San Antonio bitamworoheye kubona akazi. Ko kandi ibyo byose byagize ingaruka ku muryango we.

-7101.jpg

Dr. Ntakirutimana Elie bita Nataki

Anavuga ko afite ibimenyetso by’uburyo Dr. Martinez n’umugore we batishyura imisoro bakagombye kuba bishyura.

Icyo kintu cy’imisoro rero cyaje gutuma Dr. Martinez afungwa anacibwa amande meshi we n’umugore we.

Agashya

Muri ino minsi Dr. Martinez yabonye amakuru y’uko kugirango Dr. Eliel abone ibyangombwa byo kuba muri america yakoresheje fake mariage.

Biravugwa ko rero immigration ishobora kumwambura ubwenegihugu mu gihe Dr. Martinez yaba afashe icyemezo cyo kwihimura, akagaragaza ibimenyetso simusiga by’amanyanga yose ya Dr. Eliel Ntakirutimana.

Ibi bije kandi mugihe hari amakuru ari kuvugwa ku bantu bahafi cyane bakaba n’inshuti magara ya Dr. Eliel ko immigration irimo kumukoraho iperereza kubera amanyanga nkayo, aho byibazwa ukuntu bashyingiye umukobwa wabo mu ibanga rikomeye cyane, ntibagira inshuti cg imiryango batumira, yewe nta nifoto nimwe ushobora kubona kuri facebook cg instagram, ibintu byateye immigration kwibaza byinshi ariko mugihe iperereza ritangiye bagahita bihutira gusaba gatanya nta n’umwaka urashira bashyingiwe ibintu byatumye barushaho gukemangwa. Hakaba rero bikekwako ari Dr. Eliel wabagiriye iyo nama.

Nguwo rero umuntu ngo wiyemeje kurwanya ubutegetsi bwu Rwanda atari ibyiza yifuriza abaturarwanda ahubwo kubera ko yahize ko azahorera se wapfiriye muri gereza Arusha aregwa ibyaha bya Jenoside.

Ariko ararye ari manga kuko wasanga iminsi ye ibaze kubera ubuhemu bwe bugiye kumugaruka.

-7102.jpg

Dr.Nataki na Rusesabagina

Hari kandi nandi makuru tugikurikirana avuga ko inzego z’umutekano za Amerika ziri gukora iperereza kubantu babonye ubwenegihugu bwayo kandi amakuru ava mu iperereza ry’aba holandi agaragaza ko bafashije Mugimba ubu ufungiye mu Rwanda gushobora guhungira i burayi. Abo nabo bakaba abantu bahafi cyane ya Dr. Eliel na Rusesabagina.

Ararye uri manga rero kuko wasanga imigambi mibisha ye irimo imugaruka.

Cyiza Davidson

2017-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ubwanditsi 01 Apr 2024
Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Uko RNC yaje guhuhuka, abayoboke bagatatana n’uko Rutabana yaje kwicwa aciwe umutwe

Uko RNC yaje guhuhuka, abayoboke bagatatana n’uko Rutabana yaje kwicwa aciwe umutwe

Ubwanditsi 18 Dec 2019
Kamonyi: Abantu bose bifashe impungenge nyuma yo kumva icyo Tuyishimire Alexis yahoye umubyeyi we

Kamonyi: Abantu bose bifashe impungenge nyuma yo kumva icyo Tuyishimire Alexis yahoye umubyeyi we

Ubwanditsi 27 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Perezida Kagame yakiriye Li Yong uyobora iterambere ry’inganda muri UN
Mu Mahanga

Kigali: Perezida Kagame yakiriye Li Yong uyobora iterambere ry’inganda muri UN

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?
Amakuru

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Ubwanditsi 15 Mar 2021
Uganda: Abanyarwanda 2 barakekwaho uruhare mu kwica umuturage
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abanyarwanda 2 barakekwaho uruhare mu kwica umuturage

Ubwanditsi 03 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru