• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»# YouthConnect Africa : Akon yabwiye Urubyiruko ko u Rwanda rumutera ishema ryo kwitwa Umunyafurika

# YouthConnect Africa : Akon yabwiye Urubyiruko ko u Rwanda rumutera ishema ryo kwitwa Umunyafurika

Ubwanditsi 21 Jul 2017 Mu Rwanda

Umuhanzi ukomeye akaba n’umushoramari, Aliaume Damala Badara Akon Thiam, yabwiye urubyiruko ruteraniye i Kigali ko u Rwanda ruri mu bihugu bituma aterwa ishema no kwitwa Umunyafurika, ashingiye ku mikorere n’impinduka zidasiba kwigaragaza.

Akon ni umwe mu bantu bakomeye batumiwe ngo baganirize urubyiruko rusaga 2800 ruteraniye mu Rwanda mu nama ya YouthConnect Africa, yiga ku buryo amahirwe urubyiruko rw’uyu mugabane rufite yabyazwa ikintu gikomeye.

Akon yavuze ko u Rwanda ibintu byinshi byahindutse cyane nk’uko yabibonye akigera ku kibuga cy’indege, agereranyije n’uko byari bimeze mungendo enye aheruka kuhakorera.

Yagize ati “Ibihugu nk’u Rwanda bintera ishema ryo kwitwa umunyafurika. Ntabwo ndi kubivugira ko ndi mu Rwanda, n’ahandi ndabibabwira.” Yakomeje avuga ko urubyiruko rugomba kuba umisingi w’impinduka ibihugu bya Afurika bikeneye.

Yavuze uburyo mu Rwanda yasanze ibintu byose biri ku murongo, avuga uburyo abagore bahawe ubushobozi kandi bafite uruhare runini mu buzima bw’igihugu, “ndetse bari no mu myanya ikomeye.”

-7327.jpg
Mu biganiro yagejeje kuri uru rubyiruko kandi, Akon yagaragaje ko arirwo mizero y’ejo hazaza h’umugabane wa Afurika, asaba ko n’urubyiruko ruri mu mahanga rugomba kugira uruhare mu kubaka Afurika, kuko ari rwo ruzayigeza kuyindi ntera, rukabikora rwiha intego.

Yitanzeho urugero ati “Ubwo nari ndi gutera imbere nk’umuhanzi, nihaye intego ko ntashaka kuzajya nibukwa gusa mu bijyanye no kuririmba no kubyina. Nagombaga kugira icyo nshobora gukora cyose cyagira agaciro gisiga inyuma.”

Yavuze ko muri iki gihe icyo ashyize imbere ari uko nibura ibice bitandukanye by’icyaro byagenda bibona amashanyarazi binyuze muri gahunda yatangije Akon Lighting Africa, aho agamije gukwirakwiza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, mu bihugu bitandukanye, ubu bikaba ari 15 biri gukorerwamo uyu mushinga.

Akon yavuze ko nk’urubyiruko rwagize intambwe rutera rukagera no mu bindi bihugu, arirwo rutegerejweho kugaruka rugateza imbere ibihugu rukomokamo.

Yagize ati “Uruhare tubigiramo rugomba kugaragara kuko 65% bya Afurika ni urubyiruko, nitwe hazaza h’ejo.”

Yavuze ko uyu mugabane ufite abahanga benshi n’imbaraga zihagije zatuma utera imbere, ku buryo ububyiruko ruramutse rwifashishijwe mu iterambere ry’uyu mugabane byarushaho kwihuta.

Yagarutse ku buryo bwo kongerera abagore ubushobozi ngo nabo bagire uruhare mu iterambere ry’uyu mugabane, ashima intambwe u Rwanda rumaze gutera ku buryo bari mu nzego zose z’igihugu.

Kuva YouthConnekt yatangira, urubyiruko 40,000 rw’abanyarwanda rumaze kuyungukiramo, ndetse ibindi bihugu birimo Liberia, Congo Brazaville, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sierra Leone na Uganda bikaba byaramaze gutangiza iyi gahunda.

-7326.jpg

Urubyiruko rusaga 2800 ruteraniye muri iyi nama mu Rwanda

Akon yaherukaga kuza mu Rwanda ku itariki 28 Nyakanga 2015, yari aje gutangira ibiganiro n’abayobozi batandukanye b’u Rwanda ku mushinga w’amashanyarazi ugamije gukwirakwiza amashanyarazi mu bice by’icyaro bikeneye kuvanwa mu bwigunge.

Source : IGIHE

2017-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ubwanditsi 23 Dec 2022
Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?

Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?

Ubwanditsi 19 Sep 2021
Abapolisi biga iby’ubuyobozi mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) batangiye urugendoshuri

Abapolisi biga iby’ubuyobozi mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) batangiye urugendoshuri

Ubwanditsi 08 May 2018
Abapolisi 600 batanze amaraso

Abapolisi 600 batanze amaraso

Ubwanditsi 26 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio
HIRYA NO HINO

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho  muri Rushyashya
Mu Rwanda

Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho muri Rushyashya

Ubwanditsi 14 Mar 2017
CAF yahagaritse umutoza n’abakinnyi babiri ba Costa de Sol izakina na Rayon Sports
IMIKINO

CAF yahagaritse umutoza n’abakinnyi babiri ba Costa de Sol izakina na Rayon Sports

Ubwanditsi 05 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru