• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Iturufu ryo kumara abanyarwanda inzara Dr Frank niryo akomeje gukoresha muturere twose ajyamo

Iturufu ryo kumara abanyarwanda inzara Dr Frank niryo akomeje gukoresha muturere twose ajyamo

Ubwanditsi 25 Jul 2017 Mu Rwanda

Umukandida w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, Dr Frank Habineza, yatangaje ko agiye gufata ingamba zigamije kurwanya amapfa, ibura ry’imvura n’inzara byakunze kuvugwa mu karere ka Bugesera.

Dr Habineza usigaye ufite izina ry’akabyiniro ka Dr Kimaranzara, yavuze ko ibyo bibazo byakunze kugaragara mu karere ka Bugesera abizi kandi bamaze igihe babishakira igisubizo kirambye. Yabivuze ubwo yahiyamamarizaga mu Murenge wa Juru hafi y’isoko rya Kabukuba ejo ku wa Mbere tariki ya 24 Nyakanga 2017.

Ibyo ngo bazabikemura bafata amazi y’uruzi rw’Akagera bayakoreshe mu kuvomerera imirima yo mu Bugesera, kuko ngo aya mazi ari yo atunze miliyoni 80 z’Abanyamisiri nkaho yakoreshejwe mu guhaza Abanyarwanda.

Abaturage kandi ngo bazahabwa amazi meza abarinda kurwara indwara ziterwa n’umwanda wo mu mazi mabi. Ibyo ngo azabikora ageza ivomo byibura ku ngo eshanu.

Abaturage kandi ngo bazahabwa ibishanga byahawe abanyamahanga, kuko ngo byahawe aba banyamahanga abaturage batagishijwe inama, ku buryo usanga n’ibihinzwemo, ni ukuvuga ibisheke usanga ngo abaturage batabibonaho ndetse n’isukari ivamo ntigere ku bakene.

Ibyo bishanga ngo bizahabwa abaturage bajye babihinga mu gihe cy’izuba, bahingemo ibiribwa bashaka biteze imbere.

Abana kandi ngo biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya bahabwa ifunguro rishyushye ku ishuri.

Abaturage bimuwe ahari gusizwa ikibuga cy’indege nabo ngo bazahabwa amafaranga akwiye kuko ngo hari ibitarabashimishije mu kwimurwa.

Ati “Tuzi ko abantu bahora barira bavuga bati ntabwo twishyuwe amafaranga yacu cyangwa se yatinze kuza n’abayabonye ntibabyishimira, iyo gahunda tuzayivugurura, aho azajya agende yishimye atagenda arira.”

Mu bijyanye no kurwanya inzara ngo azafasha ko u Rwanda rukomeza gutsura umubano n’u Burundi ku buryo abaturage bongera guhahirana.

Abaturage kandi ngo ntibazongera kwishyura imisoro ya gakondo yabo, ku butaka bazajya bakoresha uko bashaka.

-7343.jpg

Abaturage bitabiriye bari bake cyane

Abana bazahabwa inkoko n’inkwavu, abakuru bahabwe ihene ingurube n’andi matungo magufi, ngo bashobore kuyahabwa biteza imbere.

Mu murenge wa juru, azakora umuhanda wa Kaburimbo uva mu murenge wa Nyamata.

Abakemanga aho Green Party izavana ubushobozi bwo gukora ibyo abasezeranya, Dr Habineza avuga ko u Rwanda rutigeze rubura amafaranga, umugenzuzi mukuru w’imari ya leta yatangaje ko 40% by’ingengo y’imari yaburiwe irengero, ndetse atangaza n’abayariye, ariko ntihagira igikorwa, hanafatwa, hagafatwa amafi matoya atayishyura.

Habineza ngo azafunga inzira zose ayo mafaranga yanyuragamo, afunge ahaca ruswa, ayatakaraga nagarurwa ntihazabura amafaranga akoreshwa.

Akomeza avuga ko u Rwanda rufite umutungo kamere urimo peteroli igiye gucukurwa mu minsi iri imbere, ku buryo nicukurwa amafaranga aziyongera. Gusa ngo n’ahari arahagije ahubwo ngo akoreshwa nabi.

-7344.jpg

Umukandida Dr.Frank Habineza

2017-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yerekeje mu Busuwisi gutangira akazi, Manzi Thierry nawe aritegura kwerekeza muri Georgia mu ikipe ya FC Dila Gori

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yerekeje mu Busuwisi gutangira akazi, Manzi Thierry nawe aritegura kwerekeza muri Georgia mu ikipe ya FC Dila Gori

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Amatora y’uzahagararira FPR-Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’igihugu ararimbanyije

Amatora y’uzahagararira FPR-Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’igihugu ararimbanyije

Ubwanditsi 29 May 2017
Abantu 9 barimo Twagirimana Boniface bashinjwa kurema umutwe w’ingabo utemewe bagejejwe mu rukiko [ Yavuguruwe ]

Abantu 9 barimo Twagirimana Boniface bashinjwa kurema umutwe w’ingabo utemewe bagejejwe mu rukiko [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 24 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora
HIRYA NO HINO

Uganda: Urugo rwa Gen Tumukunde rwagoswe n’inzego z’umutekano harasakwa miliyoni 40$ ateganya kuzakoresha mu matora

Ubwanditsi 18 Mar 2020
Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe
Amakuru

Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe

Ubwanditsi 29 Nov 2024
Kagame yanenze  uburyo Abayobozi bahugiye mu matelefoni ntibaganire ubwo berekezaga mu Mwiherero
Mu Rwanda

Kagame yanenze uburyo Abayobozi bahugiye mu matelefoni ntibaganire ubwo berekezaga mu Mwiherero

Ubwanditsi 01 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru