• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uwashimuswe n’ingabo za Congo akabohozwa na Kagame yiyemeje kuzamutora

Uwashimuswe n’ingabo za Congo akabohozwa na Kagame yiyemeje kuzamutora

Ubwanditsi 25 Jul 2017 Mu Rwanda

Nsengimana Théophile, umuturage wo mu murenge wa Gikondo akarere ka Kicukiro, akaba na rwiyemezamirimo, aravuga imyato Umukandida w’Umuryago FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, kuko yatumye agaruka mu gihugu nyuma yo gushimutirwa i Goma yagiye kurangura.

Uyu mugabo yatanze ubuhamya bw’ukuntu yajyanwe gufungirwa i Kinshasa agakorerwa iyicarubozo imyaka ibiri umuryango we utazi ahantu yagiye ariko Paul Kagame akamugarura mu Rwanda.

Nsengimana Théophile yagize ati “Muri 2007 nagiye mu gihugu cy’abaturanyi cya Kongo, mu mujyi wa Goma ngiye kurangura, ngezeyo nshimutwa n’igisirikare cya Kongo banyita umusirikare mukuru w’u Rwanda.”

Akomeza avuga ko bahise bamufungira mu kigo cy’iperereza kitwa Tede, araramo umunsi umwe, bukeye ngo bamwambika imyenda ya gisirikare imwe yitwaga ‘Mukotanyi’ ibamo uturongo tumanutse, barangije bahamagara itangazamakuru rya Kongo, bati “Muze murebe Lieutenant w’u Rwanda twafashe.”

Yongeyeho ati “Iryo tangazamakuru ryaraje ariko ntiryigera rituma nisobanura uburyo nafashwe, bo ubwabo ni bo basobanuraga ibyo bashatse, bukeye bwaho banyurije indege, banjyana ntazi ahantu banjyanye bangeza i Kinshasa banyuriza imodoka ya gisirikare banjyana aho bita Etat Major Géneral ya Kongo Kinshasa, bansomera ibyaha bandega, bemeza ko ndi umusirikare mukuru mu Rwanda, bahita banjyana muri gereza nkuru ya Kongo.”

Nsengimana avuga ko haba ubuzima bubi cyane, aho urya ikiyiko kimwe cy’impungure mu minsi itatu.

Yakomeje agira ati “Umunsi umwe ngiye kumva numva barampamagaye bati hari umuntu ugushaka mu buyobozi bwa gereza, ngezeyo nahasanze umugabo, ansuhuza mu Kinyarwanda, ndikanga. Arambwira ati njyewe ndi umuntu uburanira abandi utagira umupaka, noherejwe na Perezidansi y’u Rwanda.

-7348.jpg

Umukandida Paul Kagame

Namaze kumva ayo magambo, ndaturika ndarira, ariko amarira y’ibyishimo, amarira akamye ndiyumvira mu mutima wanjye nti “Koko umubyeyi Paul Kagame ni we umpaye agaciro kangana gutya, ubwo ntangira kumubwira ubuzima bwanjye ukuntu nafashwe nshimuswe ambwira ko aje gukurikirana iby’idosiye yanjye, mubwira ko hari n’abandi banyarwanda bashimuswe. Twese twari 33 amaze kubabona yatangiye gukurikirana dosiye zacu.”
Akomeza avuga ko hashize nk’ukwezi kumwe hakaza imiryango mpuzamahanga irimo UNHCR, Droit de l’Homme na Croix Rouge. Guhera uwo munsi ngo ntibongeye gukorerwa iyicarubozo.

Nsengimana Théophile ati “Hashize nk’amezi atatu tubona wa mugabo aragarutse atubwira ko yoherejwe na Perezidansi y’u Rwanda kuduhumuriza, ko nta cyo tukibaye. Imvugo ni yo ngiro, Leta ya Kongo yarabyemeye isinya icyo bita ‘Amnestie conditionnel’ bemeza ko dufungurwa ariko mu gufungurwa tubura indege iducyura tumara hafi ukwezi ariko tubona ingabo z’umuryango w’abibumbye ziraje zivuga ko zoherejwe n’u Rwanda kuducyura. “

Navuyeyo mbwiye Abanyekongo nti “Wabyemera utabyemera Paul Kagame aruta abayobozi benshi.” Avuga ko yageze ku butaka bw’u Rwanda yumva ameze nk’urota.

Ati “Kagame wacu ni Mose bavuga muri Bibiliya, umwe warokoye ubwoko b’Abisirayeri kuko ni we wangejeje muri iki gihugu cy’u Rwanda.”

Akomeza avuga ko ageze mu Rwanda yahawe ubufasha bw’ibanze akaba akomeje urugamba rwo kwiteza imbere, atangira kurangura ibiribwa Nyabugogo, akorana n’ibimina, agurizwa ibihumbi 500, ayishyura neza.

Kuri ubu Nsengimana yaguze ikibanza cya miliyoni n’igice mu mujyi wa Rubavu, butike ye yabyaye indi ya kabiri. Ayo ibimina byamuhaye ngo ayashyira kuri konti ye kandi uko aranguye yizigama Frw 50 000.

Ubu amaze kuzuza inzu y’akataraboneka mu mujyi wa Gisenyi, inzu nziza y’amatafari ijyanye n’icyerekezo, afite gahunda yo kuyishyiramo amakaro meza agezweho. Ngo ni inzu ihagaze mu gaciro ka miliyoni 25 000 z’amafaranga y’u Rwanda.

Uretse ibi, ngo yavuguruye urutoki rwa hegitari 2 aho yeza igitoki kirenze ibilo 100, akora ubworozi. Byose abishimira imiyoborere myiza irangajwe imbere na Nyakubahwa Paul Kagame.

Ni muri urwo rwego Nsengimana Théophile ararikira Abanyagikondo ndetse n’Abanyarwanda bose kuzatora Paul Kagame bashyira igikumwe cyabo imbere y’igipfunsi kugira ngo bakomeze bibere mu Rwanda bifuza.

-7347.jpg

Nsengimana Théophile, umuturage muri Gikondo avuga ko Paul Kagame ari we wamukuye ishyanga ( Foto Mugisha B)

Source : Imvaho nshya

2017-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo

Abari abayobozi ba ADEPR gufungurwa uruhongohongo

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ubwanditsi 24 Jul 2019
Polisi yafashe udupfunyika 1000 tw’urumogi na litiro zirenga 1,400 z’inzoga zitemewe

Polisi yafashe udupfunyika 1000 tw’urumogi na litiro zirenga 1,400 z’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Kaminuza y’u Rwanda yazamuye amafaranga y’ishuri

Ubwanditsi 04 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale
UBUKUNGU

Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka
Amakuru

Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Ubwanditsi 31 Dec 2019
Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022, akomeje imyitozo atarimo Faustin Usengimana wari wagiye mu mwiherero
Amakuru

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022, akomeje imyitozo atarimo Faustin Usengimana wari wagiye mu mwiherero

Ubwanditsi 16 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru