• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kenya :Raila Odinga yatangaje ko atemera ibyavuye mu matora akomeje gutsindwamo na Kenyatta

Kenya :Raila Odinga yatangaje ko atemera ibyavuye mu matora akomeje gutsindwamo na Kenyatta

Ubwanditsi 09 Aug 2017 Mu Rwanda

Uhuru Kenyatta wari usanzwe uyobora Kenya ari imbere mu majwi ari kubarurwa nyuma y’amatora ya Perezida wa Repubulika muri iki gihugu, aho arusha Raila Odinga bahanganye amajwi asaga 10% mu amaze kubarurwa.

Ayo matora yabaye ejo ku wa Kabiri tariki ya 8 Kanama 2017 yari ahananishije abakandida 8, ariko bigaragara ko abahanganye ari babiri, ari nabo bari kuza imbere.

Mu majwi ari kugaragara muri iki gitondo, Kenyatta araza imbere na 54.6% mu gihe Odinga afite 44.5%, bagakurikirwa na Nyagah ufite 0,2%. Kenyatta ararusha Odinga abantu basaga miliyoni bamutoye mu biro by’itora bigera kuri 85% bimaze kubarurwa.
Abantu bagera kuri miliyoni 11 z’abatoye zimaze kubarurirwa amajwi ku bagera kuri miliyoni 19.6 ziyandikishije gutora.

-7519.jpg

Ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi batangaza ko komisiyo y’amatora itabahaye imibare y’uko amatora yagenze ku biro by’itora ahubwo ibitangaza ibicishije ku rubuga rwayo rwa interineti.

Kugira ngo umukandida yemererwe ko yatsinze mu gice cya mbere, ni uko arusha undi amajwi arenga 25% mu ntara 24 kuri 47 zigize igihugu.

Abandi bakandida batandatu bahatanye muri ayo matora bose bashyize hamwe amajwi ntibararenza igice kimwe ku ijana.

Indorerezi z’Abanyakenya hamwe n’izavuye mu mahanga baragaragaje amakenga ko hashobora kwaduka imyigaragambyo mu gihe hatangajwe ibyavuye mu matora.

Odinga yatangaje ko atemera ibyavuye mu matora kuko ngo ari amajwi y’amahmbano.

Akomeza avuga ko mu minsi ye ya nyuma yo kwiyamamaza hagiye haba ibikorwa birimo impfu ndetse n’iyicarubozo ku bamushyigikiye n’abayobozi b’amatora, abo barimo Chris Msando wari ushinzwe ibijyanye n’ikoranabuhanga muri komisiyo y’amatora.

Uyu mugabo yari yanze ibyavuye mu matora yabaye muri iki gihugu muri 2013 ndetse no mu 2007 ubwo aya amatora yakurikirwaga n’imvururu zaguyemo abantu basaga 1,200 .

Kenyatta uri imbere mu ibarura ry’amajwi ni umugabo w’imyaka 55 y’amavuko ukomoka kuri Jomo Kenyatta waabaye Perezida wa mbere wa Kenya nyuma y’ubwigenge mu 1963, Ni uwo mu bwoko bw’aba Kikuyu.

Mu gihe Odinga w’imyaka 72 ari uwo mu bwoko bw’aba Luo , ari umuhungu w’uwabaye Minisitiri w’Imbere wa mbere w’icyo gihugu. Ku wa kabiri, Odinga yari yatangaje ko azemera ibyavuye mu matora mu gihe akorwa mu mucyo.

Mu baturage basaga miliyoni 48 batuye Kenya, abasaga 19.6 bari bibaruje kuri lisiti y’itora., Uwahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Amerika, John Kerry uri mu ndorerezi muri iki gihugu yahamagariye abatuye icyo gihugu gukora amatora aciye mu mucyo.

-7520.jpg

Kenyatta na Odinga

2017-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Mar 2025
Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre

Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Umusirikare wa RDF wari ufunzwe yarasiwe ku rukiko ashaka gutoroka

Umusirikare wa RDF wari ufunzwe yarasiwe ku rukiko ashaka gutoroka

Ubwanditsi 20 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abana b’abanyeshuri b’Abanyarwanda bamaze iminsi baburiwe irengero
ITOHOZA

Uganda: Abana b’abanyeshuri b’Abanyarwanda bamaze iminsi baburiwe irengero

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Bidasubirwaho UTC ya Rujugiro iratezwa cyamunara muri uku kwezi
ITOHOZA

Bidasubirwaho UTC ya Rujugiro iratezwa cyamunara muri uku kwezi

Ubwanditsi 15 Sep 2017
Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”
Amakuru

Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Ubwanditsi 24 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru