• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ntabwo dukeneye abatugirira impuhwe, dukeneye uburenganzira- Jeanne d’Arc Ntigurirwa

Ntabwo dukeneye abatugirira impuhwe, dukeneye uburenganzira- Jeanne d’Arc Ntigurirwa

Ubwanditsi 14 Aug 2017 Mu Rwanda

Mu mahugurwa yateguwe n’umuryango nyarwanda ushinzwe guteza imbere ururimi rw’amarenga (Media for Deaf Rwanda), abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga barihanangiriza abanyarwanda ko badakeneye umuntu ubabona akabagirira impuhwe ko byo ntacyo bibafasha ko ahubwo bakeneye kugira uburenganzira nk’ubw’abandi banyarwanda, bagashyirirwaho amashuri, bakagira uburyo bwo kubona amakuru afasha mu iterambere ry’abanyarwanda ndetse bakabigiramo uruhare ngo kuko kuba batumva cyangwa ntibavuge bashobora kureba, bamwe barize bafite ubushobozi nk’ubw’abandi kandi bafite ururumi rwabo(ururimi rw’amarenga) rushobora kuvugwa n’abanyarwanda benshi mu gihe hari ubushake, bityo urwo rurimi bo bemeza ko rworoshye kwiga rukaba rwabahuza n’abadafite ubwo bumuga.

Ibyo byatangajwe na Madame Jeanne d’Arc Ntigurirwa ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga akaba ari umukozi wa Handicap international akaba n’umuyobozi wungirije muri Media for Deaf Rwanda yateguye aya mahugurwa.

Jeanne d’Arc yabwiye abanyamakuru ko bakwiye gusobanurira neza abanyarwanda kuko aribo babageraho kenshi bakumva ko kuba utumva utanavuga atari uburwayi ko ahubwo ari ibintu bishobora kuba kuri buri wese ariko ko icy’ingenzi aruko abantu babafata nk’abandi muri sosiyete.

Ibyo byagarutsweho kandi na Jule Rutayisire umwarimu w’ururimi rw’amarenga nawe afite ubwo bumuga, akaba akorera umuryango ubumwe nyarwanda bw’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga RNUD, aho yatanze ubuhamya bw’ukuntu yagiye kwivuza bakamuha imiti itajyanye n’uburwayi bwe kubera ko atashoboye kumvikana n’umuganga, bityo akaba asanga hakwiye gushyirwaho uburyo byibuze muri buri kigo gifasha abantu mu buzima ubwo aribwo bwose, wize urwo rurimi rw’amarenga kugira ngo niba hari ibibazo nk’ibyo umuntu ahabwe ubufasha atagombye kujurajuzwa.

Jule akomeza avuga ko mu nzego z’ubutabera, amavuriro, ibigo bya Leta n’abikorera biganwa n’abantu buri munsi bakwiye guha agaciro ururimi rw’amarenga kandi bakagana amashyirahamwe nyarwanda y’abafite ubwo bumuga kugira ngo bahuze uburyo n’ibimenyetso bumvikanaho bw’ayo marenga kubera ko kuyigira ahantu hatazwi nabyo bituma basobanya ibimenyetso ngo kuko ku isi buri gihugu kigira uburyo bwacyo bw’amarenga.

Uwiragiye Kellya umuyobozi wa Media for Deaf Rwanda, we avuga ko aya mahugurwa bayateguye kubera ko babonaga mu Rwanda itangazamakuru ritarasobanukirwa ko bantu batumva ntibanavuge bashobora kubona amakuru binyuze mu buryo butandukanye, bityo agasanga icyo gice cy’abanyarwanda kititabwaho kuko bikwiye kandi nyamara ngo mu masezerano mpuzamahanga u Rwanda rwasinye arengera abafite ubumuga mu ngingo yayo ya 9 na 21 asobanura neza uburenganzira bakwiye guhabwa cyane cyane bwo kubona amakuru kugira ngo nabo ntibasigare inyuma mu iterambere.

-7599.jpg

Uwiragiye Kellya umuyobozi wa Media for Deaf Rwanda

Kellya akomeza avuga ko abanyamakuru n’abafite aho bahuriye n’itangazamakuru mu nshingano yabo, bakwiye kumenye imyandikire n’imitangarize ikwiye ku bantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga mu gihe bakora inkuru. Abafite ibitangazamakuru bisakabaza amashusho bashyiremo abasemuzi kugirango ba bandi nabo bagerweho n’ayo makuru.

Avuga ko nubwo hari byinshhi byagezweho, ko byibuze televisiyo imwe yo ifite umusemuzi ngo ariko ntibihagije, akaba asaba RURA ko abisaba mu gutanga ibyangombwa bw’abatangiza ibitangazamakuru bajya banagaragaza uburyo bazafasha abatavuga ntibumve kubona amakuru.

Abanyamakuru bitabiriye aya mahugurwa nabo bemeza ko hakiri icyuho mu gufasha abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ariko bikaba biterwa n’impamvu nyinshi zirimo amikoro ndetse na bamwe mu bayobozi b’ibitangazamakuru batabiha agaciro gahagije, bityo hakaba hakwiye inama yahuza abari mu buyobozi bwose burebwa n’iki kibazo n’abo mu nzego za Leta kugira ngo bashyireho ingamba zihamye aho bishoboka.

M Louise Uwizeyimana

2017-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ubwanditsi 26 Sep 2022
Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Ubwanditsi 15 May 2018
Impinduka mu Kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi

Impinduka mu Kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 21 Jun 2024
Amateka ya Capt Mbaye Diagne wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines

Amateka ya Capt Mbaye Diagne wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines

Ubwanditsi 12 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abamotari bo muri Muhanga bahawe ubutumwa bwo gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Abamotari bo muri Muhanga bahawe ubutumwa bwo gukumira ibyaha

Ubwanditsi 02 Apr 2016
Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?
Amakuru

Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 19 Mar 2022
Byumvuhore nanone ati “Naririmbye Muvoma Ntabwo Naririmba Ibyiza u Rwanda Rugezeho, Akabi Gasekwa nk’Akeza
Uncategorized

Byumvuhore nanone ati “Naririmbye Muvoma Ntabwo Naririmba Ibyiza u Rwanda Rugezeho, Akabi Gasekwa nk’Akeza

Ubwanditsi 04 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru