• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi wasuye u Rwanda

Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi wasuye u Rwanda

Ubwanditsi 15 Aug 2017 Mu Rwanda

Abdel Fattah Saeed Hussein Khalil el-Sisi yavukiye i Cairo tariki 19 Ugushyingo 1954 (afite imyaka 63), akaba ari Perezida wa gatandatu wa Misiri wagiye ku butegetsi kuva mu 2014.

Se yitwa Said Hussein Khalili al-Sisi naho nyina akitwa Soad Mohamed, bari batuye mu gace kitwa Zagazig i Cairo ariko umuhungu wabo akurira ahitwa Gamaleya hafi y’umusigiti witwa al-Azhar mu gace kari gatuwe n’Abayisilamu, Abayahudi n’Abakirisitu.

Sisi yaje kujya mu ishuri rya gisirikari rya Misiri aho arangije amasomo yagiye ashingwa imirimo itandukanye mu gisirikari cya Misiri nyuma aza no koherezwa mu butumwa mu mujyi wa Riyadh muri Arabia Saoudite nka ‘military attaché’.

Yarangije amasomo ya gisirikari mu 1977 ajya mu ngabo zirwanira ku butaka zikoresheje ibifaru, aza kuba komanda w’ingabo mu Majyaruguru mu 2008 ndetse n’umukuru w’ubutasi bwa gisirikari.

Nyuma y’impinduramatwara yo mu Misiri mu 2011 hamaze gutorwa Perezida Mohamed Morsi, Sisi yagizwe Minisitiri w’Ingabo tariki 12 Kanama 2012 asimbuye Marshal Hussein Tantawi wari warashyizweho na Perezida Hosni Mubarak.

Nka Minisitiri w’Ingabo akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Misiri, Sisi yagize uruhare mu guhirika ku butegetsi Perezida Morsi tariki 3 Nyakanga 2013 nyuma y’aho abaturage bigaragambije muri Kamena uwo mwaka basaba ko yegura.
-7614.jpg

Yaseshe Itegeko Nshinga rya Misiri ryo mu 2012 hamwe n’abo bafatanyije n’abakuru b’idini bashyiraho inzira ya politiki yo kugenderaho yari ikubiyemo gutora Itegeko Nshinga rishya, inteko ndetse n’amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Morsi yasimbuwe na Perezida w’inzibacyuho Adly Mansour washyizeho guverinoma nshya ari yo yataye muri yombi abakuru b’ishyaka Muslim Brotherhood na bamwe mu bayoboke baryo bagashyirwa muri gereza.

Ku itariki 26 Werurwe 2014, mu rwego rwo gusubiza ibyifuzo by’abakunda uyu mugabo, Sisi yasezeye igisirikari maze atangaza ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye hagati ya tariki 26 na 28 Gicurasi aho yari ahanganye na Hamdeen Sabahi.

Byarangiye Sisi atowe ku bwiganze bw’amajwi 97% maze aba Perezida wa gatandatu wa Misiri.

-7612.jpg

Yarahiriye kuyobora Misiri tariki 8 Kamena 2014 aho uyu muhango wabaye umunsi w’ikiruhuko udasanzwe muri iki gihugu, abari ku cyanya cyanditse amateka cya Tahrir Square ahari abasaga miliyoni y’Abanyamisiri bishimiye intsinzi ya Sisi, dore ko polisi n’abasirikari bari bafunze umujyi wose umutekano ukaze cyane kugira ngo hatagira urogoya ibi birori.

-7613.jpg

Abdel Fattah Saeed Hussein Khalil el-Sisi

2017-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

Ubwanditsi 30 Mar 2022
‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

Ubwanditsi 17 Jul 2016
Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026
Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Ubwanditsi 17 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afrika y’Epfo : Kayumba Nyamwasa ashobora gukurikiranwa n’ubutabera mpuzamahanga cyangwa se akaba yagarurwa mu Rwanda
ITOHOZA

Afrika y’Epfo : Kayumba Nyamwasa ashobora gukurikiranwa n’ubutabera mpuzamahanga cyangwa se akaba yagarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2017
FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka
Amakuru

FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka

Ubwanditsi 22 Dec 2025
U Rwanda nubwo nta kipe y’abagore izwi rugira gusa ruzitabira imikino ya CECAFA
IMIKINO

U Rwanda nubwo nta kipe y’abagore izwi rugira gusa ruzitabira imikino ya CECAFA

Ubwanditsi 09 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru