• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

Ubwanditsi 22 Sep 2017 Mu Rwanda

Mu kiganiro cyihariye, Ndagijimana Inosenti, w’i Cyumba mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara yagiranye n’itangazamakuru yavuze uko mu mwaka wa 1990 leta ya Habyarimana Juvenal yafashe icyemezo cyo kugabanya abaturage mu mujyi wa Kigali kugira ngo babashe kujya bamenya abaje batumwe n’ingabo za RPA Inkotanyi (bitwaga ibyitso).

Mu mwaka wa 1990 abatuye Kigali ngo bari bamaze kwiyongera ari nawo mwaka abakekwaga ko bakorana n’ingabo za RPA Inkotanyi zari zitangiye urugamba rwo kubohora u Rwanda, bahuraga n’akaga ku buryo bukomeye bamwe bakicwa abandi bagafungwa.

Muri icyo gihe abakekwaga na leta ya Habyarimana ko bakorana na RPA Inkotanyi ngo bitwaga ibyitso by’Inyenzi. Inyenzi rikaba izina bari barahaye ingabo za RPA Inkotanyi.

Ndagijimana Inosenti avuga ko icyo gihe yakoraga mu rugo rw’umukire wakomokaga i Samuduha atuye Kicukiro munsi ya Paruwasi (mu isanteri y’ahitwaga muri E.T.O).
Mu magambo ye agira ati “nari nifitiye akazi karyoshye. Nari mfite umubosi nakoreraga akampemba 4,500 frw buri cyumweru, yari amafaranga menshi ni nka 45,000 frw by’ubu…none reba uko nsa uku”.

Uwo musaza wacishagamo akiyumvira, akimyoza cyangwa akifata ku munwa ubona ko yibutse ubuzima yavukijwe icyo gihe, yavuze ko ari akaga kugira leta itakureka ngo wipagasirize kandi nta n’umuziro ufite.

Agira ati“baradupakiye baravuga ngo buri wese agomba gusubira iwabo, baratugabanya mu mujyi badupakira bisi ab’i Butare barabazanaga, abo mu Ruhengeri bakabajyana ab’i Cyangugu bakabjyana.”

Uko habaruwe abazoherezwa iwabo muri Komini

Umunyamakuru yamubajije niba baragufataga ugiye nko mu isoko, mu misa cyangwa ahandi bakakuriza imodoka bakagusubiza iwanyu.

Asubiza agira ati “oya, nta n’itangazo ryatanzwe. Abayobozi bahanye amakuru baravuga bati ‘abantu ni benshi kandi twaratewe’, tugomba kugabanya abantu…hagiye haza abantu bakabaza abakozi bari mu rugo runaka. Twe twari batatu nakoraga muri jardin, dufite uteka n’undi urera abana”.

Yakomeje agira ati”ubwo rero baraje (abategetsi) baravuga bati mufite abakozi bangahe tuti batatu. Bati muri batatu mugomba gusigarana babiri undi agataha. Ubwo rero badushyira ku malisiti baratwandika. Baduha n’itariki yo gutahiraho…ubwo rero bosi arambwira ati ni ‘ukwitahira ni bigenda neza uzagaruka”.

Umunsi asohoka kwa bosi akagera muri gare Routière (soma: Rutsiyeri)
Ndagijimana wari umaze guhembwa amafaranga ye yagombaga gutaha kuko itariki yari yahawe yari yageze, ashyira imyenda ye mu gafuka kavuyemo umuceri yari yameshe neza.

Agita ati “bari bampembye amafaranga nakoreye, ubwo ndagenda muri gare…harya routière nyine. Hamwe n’abandi twarahahuriye dusanga bisi ziratondetse. Bati Butare abandi bati Gikongoro abandi ngo Kibuye…gutyo perefegitura bazitaga nyine…nta perefegitura itari ifite bisi nibura nk’ebyiri”.

Ndagijimana avuga ko icyari gikurikiyeho ari uko yinjira muri bisi ijya muri perefegitura ya Butare kugira ngo ajyanwe iwabo muri Komini Muganza.

Agira ati “twageze i Butare baraducumbikira, mu gitondo ba Burugumesitiri bari bahageze…uwacu yitwaga Ndayambaje yari yaje kudutora. Buri muntu atwara ab’iwe…batugejeje kuri Komini rero ndimanukira nza hano iwacu mu Cyumba…mperuka Kigali ubwo!

Ndagijimana Inosenti yazinutswe Kigali?

Uwo musaza avuga ko muri icyo gihe yatangiye guhanga ubundi buzima ahereye ku mafaranga yari yahembwe. Aguva ko yumvaga atakinisha gusubira i Kigali, avuga ko nta bantu benshi yari ahazi.

Nta cyizere yari afite cyo kongera kubona uwo yakoreraga kuko na we ngo yari yarafashwe nk’icyitso akanabifungirwa imyaka ibiri.

Ku rundi ruhande ngo yari yaravuyeyo azi ko hari abantu bagenewe kugera i Kigali barimo abategetsi n’abakomeye, ariko hakaba n’abatabyemerewe aribo ba rubanda rugufi.

Kuri ubu ngo yishimira ubuyobozi bwiza buha abaturage ubwisanzure bwo kugera hose mu gihugu, kuko aho agera n’amaguru nta wumukumira.

-8048.jpg

Ndagijimana Inosenti

Avuga ko uretse ibibazo by’amikoro yagombye kuzajya i Kigali nibura inshuro imwe, akareba uko Kicukiro, avuga ko yari atangiye kwambariramo Inkindi, hameze kuri ubu.

Src: Bwiza.com

2017-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Ubwanditsi 17 May 2017
Kongo Kinshasa igiye kohereza mu Rwanda Ntaganzwa ukekwaho Jenoside

Kongo Kinshasa igiye kohereza mu Rwanda Ntaganzwa ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 01 Mar 2016
APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

Ubwanditsi 24 May 2021
Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Ubwanditsi 05 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star
Amakuru

Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star

Ubwanditsi 22 Jun 2023
Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi
INKURU NYAMUKURU

Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Ubwanditsi 14 Feb 2020
Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri
Amakuru

Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri

Ubwanditsi 25 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru