• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa

Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa

Ubwanditsi 11 Oct 2017 Mu Rwanda

U Rwanda rwagaragaje ko rurambiwe gukomeza kugaraguzwa agati n’u Bufaransa bukomeje kwiyambika umwambaro w’ubutabera, bugahimba ibinyoma ndetse bugaha umwanya abatavuga rumwe n’ubutegetsi ngo bashinje bamwe mu bayobozi bakuru b’igihugu ko ari bo bahanuye indege ya Habyarimana.

Mu ntangiro z’uku kwezi nibwo ibitangazamakuru byanditse ko hari umutangabuhamya wirukanywe mu ngabo z’u Rwanda agahungira mu Bwongereza wagiye i Paris agatanga ubuhamya bw’uko yagize uruhare mu gutwara ibisasu bya missile byahanuye indege ya Habyarimana mu ijoro ryo kuwa 6 Mata 1994.

Muri iki Cyumweru AFP yongeye kwandika ko uyu mutangabuhamya yanagarutse ku mazina abiri mashya y’abasirikare babigizemo uruhare.

Uyu mutangabuhamya yabwiye abacamanza ko yari ashinzwe kurinda misile ebyiri zo mu bwoko bwa SA-16 zari ku cyicaro cya FPR ku Mulindi ndetse muri Werurwe 1994, yaje kuzitwara i Kigali mu modoka y’ikamyo.

Anavuga ko abaziteye ari abasirikare babiri bari i Masaka ahitegeye neza ikibuga cy’indege.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yatangaje ko u Rwanda rurambiwe iyi myitwarire y’u Bufaransa yo kwiyoberanya mu mwambaro w’ubutabera bugahimba ibirego by’ibinyoma ku bayobozi bakuru b’igihugu.

Yagize ati “U Rwanda rutangiye kurambirwa ibirego bitarangira bidafite ishingiro, bihimbwa n’abacamanza b’Abafaransa, ni politiki ariko iri kwambikwa isura y’ubutabera.”

Mushikiwabo yavuze ko hazakomeza kwaduka abatangabuhamya ndetse n’ingingo nshya mu rwego rwo guhisha uruhare rw’iki gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

-247.png

Mu 2006, umucamanza w’Umufaransa Jean-Louis Bruguière utarigeze akoze ikirenge cye mu Rwanda, yakoze raporo yashinjaga bamwe mu ngabo zari iza FPR-Inkotanyi kuba mu barashe indege ya Habyarimana, ashyiraho n’impapuro zo guta muri yombi abagera ku icyenda.

Iyi raporo yanenzwe n’abatari bake kuko uwayikoze yagendeye ku buhamya yumviye i Paris atageze aho ibivugwa byabereye. Mu 2012 abacamanza b’Abafaransa, Marc Trévidic na Nathalie Poux, bakoze iperereza bari mu Rwanda batangaza ko ibisasu byarashe indege ya Habyarimana byaturutse mu kigo cya gisirikare cya Kanombe cyacungwaga n’abamurinda, ntaho bihuriye n’ingabo za FPR bivugwa ko zari i Masaka.

Gusa u Bufaransa ntibwanyuzwe kuko umwaka ushize bwasubukuye iperereza mu isura nshya yo kwifashisha abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, ngo babushinje ihanurwa ry’indege ya Habyarimana.

Ku ikubitiro bwakoresheje Kayumba Nyamwasa wigeze kuba Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda kuva mu 1994 – 2002, uri mu buhungiro muri Afurika y’Epfo. Uyu yakatiwe n’inkiko za gisirikare mu Rwanda igifungo cy’imyaka 24 ndetse anamburwa impeta zose za gisirikare.

-8294.jpg

Minisitiri Louise Mushikiwabo

2017-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Ubwanditsi 16 Aug 2024
Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Clément Kayishema yaguye muri Gereza muri Mali

Clément Kayishema yaguye muri Gereza muri Mali

Ubwanditsi 31 Oct 2016
Rubavu: Hatahuwe ibisasu 58

Rubavu: Hatahuwe ibisasu 58

Ubwanditsi 20 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Menya impamvu Dorcas atakiririmba n’abavandimwe be bo muri BLESSED SISTERS
IMIKINO

Menya impamvu Dorcas atakiririmba n’abavandimwe be bo muri BLESSED SISTERS

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025
Amakuru

Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025

Ubwanditsi 29 Aug 2025
Happy 27th Wedding Anniversary
Mu Mahanga

Happy 27th Wedding Anniversary

Ubwanditsi 10 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru