• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Theos Badege

Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Ubwanditsi 21 Nov 2017 ITOHOZA

Polisi y’Igihugu ivuga ko abakinnyi ba Rayon Sports Yannick Mukunzi na Rutanga Eric nta byaha bakurikiranweho. Ivuga ko bari bahamagajwe mu rwego rw’iperereza.

Urubuga rwa Twitter rwa Polisi y’Igihugu ruvuga ko ubu aba bakinnyi bamaze kurekurwa.

Polisi ivuga ko bitabye ubugenzacyaha ngo batange amakuru ku byaha umutoza wabo Olivier Karekezi akurikiranweho.

Ku wa 15 Ugushyingo, Karekezi Olivier yatawe muri yombi akurikiranweho ibyo byaha by’ikoranabuhanga.

Icyo gihe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Theos Badege yavuze ko Karekezi yahamagajwe n’ishami ry’Ubugenzacyaha muri Polisi (CID), kugira ngo abazwe ibyaha akekwaho.

Yagize ati “Hari ibyo akurikiranweho tutarashaka ko bisobanurwa cyane kubera impamvu z’iperereza rigitangira.”

Karekezi yaje mu Rwanda muri Nyakanga uyu mwaka aturutse mu gihugu cya Suwedi, aho yari aje gutoza ikipe ya Rayons Sports nyuma y’aho uwari umutoza mukuru wayo, Masudi Djuma yeguye.

 

Karekezi azwi cyane mu mupira w’amaguru mu Rwanda, aho yamenyekanye cyane mu ikipe ya APR FC ndetse no mu ikipe y’Igihugu, akaba ari umwe mu bagejeje u Rwanda mu marushanwa y’igikombe cya Afurika CAN mu mwaka wa 2004, mu gihugu cya Tuniziya.

Biravugwa ko Karekezi akekwaho ibyaha byo kugambanira ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, aho ngo yagiye ahererekanya ubutumwa bwari bugamije kuyigambanira kugira ngo itazabona itike yo kwerekeza muri Maroc mu mikino ya CHAN.

Inkuru y’itabwa muri yombi kwa Yannick na Rutanga yari yasakaye hose, aho n’ubuyobozi bwa Rayon Sports bwari bwasabye abakunzi bayo kwitonda bakirinda kwivanga mu byo inzego z’umutekano ziri gukora.

Ubu buyobozi kandi bwanandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA burisaba ko kubera ko abo bakinnyi bari bari mu maboko ya polisi ndetse n’umutoza imikino ari bafite guhera kuri uyu wa 20 Ugushyingo kugeza ku wa 10 Ukuboza yakwimurwa,

Mu ibaruwa isubiza, FERWAFA yemereye Rayon Sports ko iyo mikino yimuwe, aho ngo bazabamenyesha igihe izasubukurirwa.

Ikipe ya Rayons Sport kandi mu mezi ashize yapfushije  umuzamu wayo wungirije n’umutoza wayo wungirije Ndikumana Katauti wapfuye mu cyumweru gishize mu buryo butunguranye.

 

2017-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hagaragajwe  Inzira ndende y’uburyo inzego z’Iperereza ry’u Rwanda zatahuye umuzingo  w’Ibiganiro  bya Adeline Rwigara [ Diane Rwigara  yaburiye umuzigo  mu ndege , ajya kwa Kayumba Nyamwasa wa RNC ]

Hagaragajwe Inzira ndende y’uburyo inzego z’Iperereza ry’u Rwanda zatahuye umuzingo w’Ibiganiro bya Adeline Rwigara [ Diane Rwigara yaburiye umuzigo mu ndege , ajya kwa Kayumba Nyamwasa wa RNC ]

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Ubwanditsi 16 Nov 2019
Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘  n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘ n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Ubwanditsi 31 May 2017
Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Ubwanditsi 31 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2
ITOHOZA

Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko
Mu Mahanga

Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko

Ubwanditsi 30 Mar 2016
NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo
Mu Rwanda

NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo

Ubwanditsi 02 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru