• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imitungo ya Perezida Robert Mugabe benshi batari bazi ku karubanda , irenga miliyali 1$

Imitungo ya Perezida Robert Mugabe benshi batari bazi ku karubanda , irenga miliyali 1$

Editorial 22 Nov 2017 Mu Mahanga

Perezida Robert Mugabe wakomeje kuvugwaho kwigwizaho imitungo y’igihugu we n’umuryango we nyamara igihugu kiri mu bibazo bikomeye by’ubukungu, kuri ubu hari amakuru avuga ko yaba afite imitungo ibarirwa muri miliyari y’amadolari isaga.

Guhera mu cyumweru gishize nibwo bamwe mu basirikare bakuru ba Zimbabwe bafashe icyemezo cyo gushyira Mugabe ku ruhande ndetse kuri ubu ibiganiro byo gutuma yareka ubutegetsi ku neza bikaba birimbanyije.

Nk’uko bitangazwa na CNN, igisirikare cya Zimbabwe kijeje Mugabe w’imyaka 93 umaze ku butegetsi imyaka 37, ubudahangarwa bwuzuye we n’umugore we, Grace Mugabe, ndetse bakanagumana imitungo yabo myinshi.

Ubu budahangarwa bukaba ari ikintu cy’ingenzi kuri Mugabe kuko ashinjwa ibyaha byinshi birimo kwigwizaho umutungo w’igihugu. Uyu mukambwe, umuryango we n’abantu bamwegereye bavuzweho gukora mu isanduku ya leta uko bashatse no gusahura ubukungu buva mu mutungo kamere w’igihugu.

Ubukungu bwa Robert Mugabe n’imitungo

Mu 2011, Wikileaks rwahishuye inyandiko yandikiwe muri ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika I Harare yavugaga ko imitungo yose ya perezida Mugabe itazwi ariko bivugwa ko yaba isaga miliyari y’amadolari uyihaye agaciro kandi ngo imyinshi ikaba yarashowe hanze ya Zimbabwe.

imwe mu nyubako zihenze za perezida Mugabe

Bivugwa ko afite imitungo ihishe kuri konti z’ibanga mu mabanki yo mu Busuwisi, mu birwa, muri Bahamas no muri Ecosse. Umuryango wa Mugabe ngo ukaba unafite inzu muri Hong Kong ifite agaciro ka miliyoni 5$.

Bivugwa ko iyi nzu yaguzwe amezi makeya mbere y’uko umukobwa wa perezida Mugabe witwa Bona Mugabe, atangira amasomo ye muri Kaminuza ya Hong Kong nk’uko byemejwe n’ikinyamakuru, South China Morning Post mu 2015.

Ikinyamakuru The Guardian nacyo kikaba cyaravuze ko hari imidugudu iri ku izina rya Mugabe muri Malaysia, Singapore ndetse ngo no muri Dubai.

Muri Zimbabwe, Wilileaks ivuga ko umuryango wa Mugabe uvugwaho kugira inzu zo kubamo 6 harimo n’indi y’akataraboneka ikiri kubakwa, hakiyongeraho n’ibikingi by’inka nyinshi hirya no hino mu gihugu.

Inyubako yiswe Blue Roof ya perezida Mugabe

Imwe mu nzu za Mugabe  muri Zimbabwe izwi nka The Blue Roof, ikinyamakuru cyo muri Zimbabwe, The Citizen, kivuga ko ifite agaciro ka miliyoni zisaga 9 z’Amadolari, ikaba ifite ibyumba byo kuraramo 25, piscine nini, ibiyaga bibiri karemano, icyumba cyo kuriramo kinini gishobora kwakira abashyitsi 30, icyumba kinini kirimo uburiri nk’ubw’umwami ndetse na radar iriho ifite agaciro ka miliyoni nyinshi z’amadolari.

Imwe mu mitungo ya perezida Mugabe

Iki kinyamakuru Citizen cyanashyize ahagaragara indi mitungo ya perezida Mugabe irimo imodoka ya Mercedes idashobora gukangwa n’amasasu ya AK-47, za mine zo mu bukaka ndetse na za grenades. Ifite kandi internet imbere ndetse n’utwuma tubuza ko hari umuntu washyiramo utundi two kumviriza ibivugirwa muri iyi modoka.

Mugabe anafite imodoka yo mu bwoko bwa Rolls Royce Phantom yihariye kuko ari imodoka 18 z’ubu bwoko zakozwe gusa.

Rolls Royce ya perezida Mugabe

Mugabe afite n’impeta y’agaciro ka miliyoni 1,35 y’Amadolari ngo yaguriwe n’umugore we ubwo yizihizaga isabukuru y’amavuko.

Ubwo perezida Mugabe yizihizaga imyaka 91 yari amaze ku Isi, abitabiriye umunsi mukuru we bagaburiwe inyama zihenze utapfa kubona z’Inzovu, Imbogo, Isha, Impala ndetse n’inyama z’Intare.

Aho Umuryango wa Mugabe ukura amafaranga

Inkomoko y’amafaranga umuryango wa perezida Robert Mugabe ntiyemezwa neza, ariko ikinyamakuru The Economist mu myaka ya za 2000, cyatangaje ko ubutegetsi bwa perezida Mugabe bwigaruriye amafamu hafi ya yose y’abazungu bo muri iki gihugu, perezida akizeza guha ubutaka abaturage ba Zimbabwe batari bafite aho guhinga, ariko ngo aho kubikora ubutaka bwinshi yabuhaye inshuti ze nazo zikize.

Nyuma y’intambara hagati y’abaturage muri Congo yamaze imyaka igera muri 5, ngo perezida Mugabe yakomeje kugirana umubano na bamwe mu bantu bakomeye bari bfite aho bahuriye n’inyungu z’ubucuruzi za Repubulika ihanira Demokarasi ya Congo nk’uko byemezwa na The Economist.

Aba bantu rero bavugwaho kuba baragize uruhare rukomeye mu guha bumwe mu butunzi bwa Congo perezida Mugabe nk’uko byagaragaye mu nyandiko zavuye mu ba dipolomate zahishuwe na Wikileaks.

Havugwa kandi ikigo cyitwa Zimbabwe Consolidated Diamond Co., ikigo giherutse gushingwa mu myaka mikeya ishize na perezida Mugabe abakurikiranira hafi ibintu nka Global Witness bashinjije kuba gifitanye isano n’ubukungu bukomoka mu bucuruzi bwa diamants bwagiye buburirwa irengero. Bikaba bivugwa ko miliyari 2 z’amadolari z’aya mabuye ya diamants zaburiwe irengero mu gihe Mugabe yabaga arimo kwiyubakira imiturirwa ari nako agura imodoka zihenze.

Mu gusubiza ibibazo byavutse kuri aya mabuye ya diamants, perezida Mugabe we yatangaje ko mu by’ukuri nta mafaranga menshi bigeze bakura muri diamants kandi ko atakwizera ikigo cyigenga ngo abe ari cyo gicunga ubwo butunzi.

Umuryango wa Mugabe wakunze guhakana raporo zivuga ku butunzi bwawo

Mu 2014, umugore wa perezida Mugabe, Grace Mugabe, yabwiye ikinyamakuru The Guardian ko umugabo we ari we mukuru w’igihugu ukennye cyane ku isi, mbere yo kongeraho ariko ko nta muntu yigeze abona asaba amafaranga.

Uyu muryango unavugwaho kuba utemera ko ibyo utunze bifotorwa

Bivugwa ko ubwo umukobwa wa perezida Mugabe, Bona Mugabe yarongorwaga, abanyamakuru babujijwe kwerekana imiterere y’urugo rwabo I Harare bakabuzwa gufata amafoto.

Nubwo bimeze gutyo, abana ba perezida Mugabe bo ntibahishira ubutunzi bw’umuryango wabo, nk’aho umwe mu bahungu be aherutse kugaragara kuri snapchat ari gusuka champagne yambaye isaha y’agaciro.

Muri uyu mwaka wa 2017 utangira, urubuga rwo muri Australia, news.com.au, rwavuze ko umuhungu w’umuhererezi wa Mugabe witwa Bellarmine Chatunga Mugabe, yashyize kuri instagram ifoto y’isaha ye ayikurikiza amagambo agira ati: “60,000$ ku kaboko iyo so ayoboye igihugu cyose murabizi!!!”

Iyi foto ngo yarasibwe ariko ushobora kubona imibereho y’abana ba Mugabe unarebeye ku zindi posts yasizeho bikaguha n’ishusho y’ubutunzi uyu muryango ufite.

2017-11-22
Editorial

IZINDI NKURU

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yo kuwa Kabiri tariki ya 13 Nzeri 2016

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yo kuwa Kabiri tariki ya 13 Nzeri 2016

Editorial 14 Sep 2016
Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Editorial 23 May 2019
Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Editorial 16 Jan 2017
Gushyirahamwe kw’abagore nibyo bizazana impinduka -Graça Machel

Gushyirahamwe kw’abagore nibyo bizazana impinduka -Graça Machel

Editorial 13 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mwaka ushize hakozwe ubukangurambaga butandukanye mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Mu mwaka ushize hakozwe ubukangurambaga butandukanye mu gukumira ibyaha

Editorial 09 Jan 2016
Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma
ITOHOZA

Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Editorial 21 Aug 2017
Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club
Amakuru

Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Editorial 17 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru