• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Abakozi ba ISO bashimuta impunzi bazikangisha kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga

Uganda: Abakozi ba ISO bashimuta impunzi bazikangisha kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga

Ubwanditsi 22 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu muri Uganda (ISO) rwashyizwe mu majwi rushinjwa gushimuta impunzi z’Abanyarwanda rugamije kuzikuramo amafaranga ngo rubone kuzireka.

Ibi bikaba byashyizwe ahagaragara nyuma y’itabwa muri yombi ry’uwitwa Jean Paul Cyubahiro, Umugande ufite inkomoko mu Rwanda, washimuswe kuwa 27 Ukwakira 2017 n’abakozi b’uru rwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu bamusanze ahitwa Nasser Road aho akorera nka Graphics Designer.

Nyuma y’itabwa muri yombi rya Cyubahiro, Umuyobozi Mukuru wa ISO, Col. Kaka Bagyenda mu itangazo yashyize ahagaragara yavuze ko Cyubahiro akurikiranweho guhimba inyandiko zahuje Gen Salim Saleh (umuvandimwe wa perezida Museveni) n’umunyemari w’Umunyarwanda, Rujugiro Ayabatwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda.

Izo nyandiko bivugwa ko zahimbwe na Cyubahiro zivuga ko Gen Salim Saleh afite imigabane mu ruganda M/S Leaf Tobacco and Commodities Ltd rwa Rujugiro, akaba yarashyize umukono ku masezerano kuwa 13 Kamena, amuha 15% by’uru ruganda, nawe akaba ngo yarijeje umutekano w’iyi business.

Ibi ngo bikaba byarabaye nyuma y’uko Rujugiro atangarije ko agiye gushinga uruganda rw’itabi rufite agaciro ka miliyoni 20$ mu majyaruguru ya Uganda.

Iyi nkuru dukesha urubuga Spyreports rwo muri Uganda irakomeza ivuga ko Col Bagyenda wari kumwe n’igisambo gikaze muri Kampala cyitwa Paddy Serunjogi bakunda kwita Sobi, kuri ubu ngo gikorana n’abashinzwe umutekano, yongeyeho ko Cyubahiro yanahimbaga ibyangombwa byo gufasha impunzi zo muri Congo, mu Burundi no mu Rwanda kubona passports za Uganda.

Ibi byose ariko Cyubahiro arabihakana akavuga ko ntaho ahuriye n’izo nyandiko

Amakuru yizewe uru rubuga ruvuga ko rufite, avuga ko itabwa muri yombi rya Cyubahiro ryagizwemo uruhare n’umuntu uha amakuru ISO kuri Nasser Road bita Alex Kagame, amushinja kuba umukozi w’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cy’u Rwanda (DMI).

Jean Paul Cyubahiro ngo akaba yaravuzweho gukorana na Col Baguma Ismael wo muri ambasade y’u Rwanda I Kampala, kandi ko bombi bakunze kugaragara bari kumwe kuri Nasser Road.

Uru rubuga rukaba rukomeza ruvuga ko rwamenye ko nyuma yo guta Cyubahiro muri yombi, abakozi ba ISO bahamagaye umwe muri bene wabo witwa Innocent Nyandebwe bakamusaba kwishyura 500,000 by’Amashilingi ngo Cyubahiro arekurwe.

Bivugwa ko nyuma yo kwishyura aya mafaranga Cyubahiro atarekuwe, maze uyu Nyandebwe akitabaza polisi igatangira gushakisha maze yakurikirana telephone yamuhagaye bagasanga ibaruye kuri uyu witwa Alex Kagame ari nabwo hamenyekanye ko yari umuntu uha amakuru(informant) ISO kuri Nasser Road.

Nyuma Cyubahiro yajyanywe gufungirwa kuri imwe mu nzu zizewe za ISO muri kampala, aho muri cyumba yafungiwemo yasanzemo uwitwa Deoden Mugarura bivugwa ko aba mu mutwe w’inyeshyamba z’Abanyarwanda.

Aha ngo Cyubahiro yabaga arinzwe n’umukozi wa ISO witwa Franco nawe waje kumwumvisha ko ashobora kumufasha gutoroka aramutse ahamagaye bene wabo bakishyura 1,000,000 y’amashilingi ya Uganda.

Ibi nabyo Cyubahiro yarabyemeye aha Franco numero za Nyandebwe aramuhamagara amusaba kwishyura ayo mashilingi kugirango mwene wabo afungurwe. Bivugwa ko Nyandebwe yemeye gushyira Franco ayo mafaranga, ariko akarya urwara igipolisi cyaje gufatira Franco mu cyuho yakira ayo mafaranga ahitwa City Square muri Kampala aho yari aje kuyafata.

Ubwumvikane bucye hagati y’abayobozi ba ISO na CMI

Hagati aho, haravugwa ubwumvikane bucye hagati y’abayobozi b’uru rwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu ndetse n’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) bitewe no kugonganira mu kazi bakomeje kugaragaza.

Amakuru avuga ko umuyobozi wa CMI, Col Abel Kandiho, ashinja ISO guta muri yombi abantu bitari ngombwa yarangiza akajya kubajugunya muri kasho za CMI.

Col Kandiho anashinja abakorera ISO kugerageza gushimuta ububasha bwa polisi ikora ibikorwa bitari mu nshingano zayo, nyuma yabura icyo ikoresha abo ikekaho ibyaha ikabajyana muri kasho za CMI.

2017-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Ubwanditsi 18 Dec 2017
Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza

Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Umugabo wa Yvonne Idamange yatangaje ko yagiriye inama umugore we inshuro nyinshi akamunanira atangaza ko umuryango we witandukanyije n’ibikorwa n’uyu mugore

Umugabo wa Yvonne Idamange yatangaje ko yagiriye inama umugore we inshuro nyinshi akamunanira atangaza ko umuryango we witandukanyije n’ibikorwa n’uyu mugore

Ubwanditsi 08 Feb 2021
Abayobozi b’u Burundi barashinja Abagande kutagira ibanga

Abayobozi b’u Burundi barashinja Abagande kutagira ibanga

Ubwanditsi 16 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol
INKURU NYAMUKURU

U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161
Amakuru

Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161

Ubwanditsi 25 Apr 2022
Tombola y’igikombe cy’Amahoro isize Rayon Sports izahura na Musanze FC naho APR FC izahura n’ikipe y’Amagaju
Amakuru

Tombola y’igikombe cy’Amahoro isize Rayon Sports izahura na Musanze FC naho APR FC izahura n’ikipe y’Amagaju

Ubwanditsi 01 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru