• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ubushake bwa politiki ku isonga mu gutuma umugore afite aho ageze mu ikoranabuhanga

Ubushake bwa politiki ku isonga mu gutuma umugore afite aho ageze mu ikoranabuhanga

Editorial 29 Nov 2017 IKORANABUHANGA

Imyuvire yo gukoresha ikoranabuhanga no guhanga udushya yahinduye ubuzima, ubukungu n’imibereho y’abaturage n’iterambere ry’u Rwanda ririhuta.

Nyuma yo kwimakaza ikoranabuhanga mu nzego zose, u Rwanda rwatangiye kuba intangarugero mu ruhando mpuzamahanga ku bijyanye n’imitangire ya serivisi inoze mu nzego za Leta ndetse n’iz’abikorera.

Kuva ku muturage wo hasi, buri wese agerwaho n’ibyiza by’ikoranabuhanga binyuze ahanini mu itumanaho, mu gushaka ibyangombwa bitandukanye mu nzego za Leta, kohererezanya no kwakira amafaranga n’ibindi.

Umunyarwandakazi ntiyasigaye inyuma kuko afite aho ava, aho ageze naho yerekeza mu gufatanya na musaza we kwiyubakira igihugu cyamubyaye, byose kubera imiyoborere myiza n’ubushake bwa politiki ya Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda ku isonga mu gutuma umugore adaheranwa n’amateka yari yaramubayeho akarande mu kumukandamiza none ubu arakataje no mu ikoranabuhanga.

Mu kiganiro na Rushyashya, Ingabire Marie Immaculée, Umuyobozi wa Transparency International Rwanda (TIR), umuryango urwanya ruswa,  nk’umwe mu bagize uruhare rwo guharanira ko  Umunyarwandakazi adaheranwa n’amateka mabi yari yaramubayeho akarande yagize  icyo avuga ku ntambwe umugore w’u Rwanda agezeho afatanya na musaza we kwiyubakira igihugu.  

Yishimira ko habayeho ubushake bwa politiki bukomeye bw’uko Abanyarwanda bose bagomba  gufatanya ngo biyubakire  igihugu kuko cyari cyarasenyutse  nyuma y’uko kibayemo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuyobozi w’umuryango Transaparency International Rwanda Ingabire Marie Immaculee

Kuba ibi bihe byaratumye umugore agaragaza ubushobozi ngo ntibyakuyeho ko ubushobozi yagaragaje hagumyemo gukomeza yitinya kuko   atari yarabitojwe.

Uretse ibi, ngo   n’uburyo umugore yari yarahawe bw’uko yagira icyo amara bwari buke cyane.

Ingabire ati “ Ntabwo byari umuco wo kwigisha abakobwa mu Rwanda, ariko n’amashuri yari make, kubera ko  nta muco wabayeho wo kwigisha abantu bose, byiyongeraho kuba  amashuri yari make .”

Nyuma y’ibi nkuko Ingabire akomeza abishimangira ngo nibwo hatangiye urugamba  rwo gushaka uko abagore bakwiga amasomo yose harimo ubumenyi n’ikoranabuhanga kandi ubu umusaruro watangiye kugaragara.

Ahantu umugore ageze mu Rwanda harashimishije

Ingabire yemeza ko uyu munsi ahantu umugore ageze mu Rwanda hashimishije nubwo ibyo gukora bigihari,  agira ati “ Umugore amaze gutera intambwe igaragara mu iterambere ry’ikoranabuhanga.”

Aha, atanga urugero rugira ruti “ Iyo urebye uko abakobwa bakoresha ikoranabuhanga mu ishuri kuri ubu bimeze neza ugereranyije naho bava. Iyo ugeze mu duce tw’icyaro naho uhasanga abagore bakoresha mobile money cyangwa tigo cash, batunze telefoni ngendanwa, ndetse bakabikoresha mu bikorwa byabo by’ubucuruzi, benshi muri bagore bitabira kugira email cyangwa gukoresha imbuga nkoranyambaga n’ibindi.”

Gusa, nubwo bimeze bitya, Ingabire asanga  nubwo Umunyarwandakazi afite aho ageze mu iterambere ariko agifite urugendo rukomeye, ko  hakwiye kongerwamo ingufu kuko nk’uko abishimangira ngo abagore bakoresha ikoranabuhanga baracyari bake ugereranyije n’uburyo abahungu baryitabira.

Yagize ati “ Ibyo gukora biracyahari. Niyo mpamvu ubona hatangijwe iyi gahunda ya He For She kuko  umugore aracyakeneye n’ubundi guhabwa umwanya uhagije no kugira ngo ibyo yagezeho tubyubake bikomere bitazaseyuka”. Akomeza yungamo ati “ Icyo nifuriza abagore n’abakobwa bo mu Rwanda ni uko system  turimo yemera ko afite agaciro yashyizeho ingamba zo kugira ngo inamufashe kuzamuka no gutera imbere muri byose. Turashimira ubuyobozi bwiza   kuko byose bishingira ku buyobozi.”

Ingabire yifuriza Umunyarwandakazi  kumenya aho yavuye, akirinda kwibagirwa,  akirinda kwirara, akamenya ko agomba guharanira kuba umugore utazasubira inyuma.

Nyuma yo gukora akazi ko mu rugo amaze kwiteza imbere abikesha gucuruza Tigo Cash

Undi mugore waganiriye  n’ ikinyamakuru Rushyashya  avuga ko ikoranabuhanga ryaziye igihe rikaba rimaze kumugeza kuri byinshi.

Mutuyimana Theopisita ni umukobwa ukoresha ikoranabuhanga mu kohereza no kwakira amafaranga ya ‘Tigo Cash’, ubwo twamusuraga aho akorera i Remera yatubwiye ko akazi ke ka buri munsi mu ikorabuhanga  kamaze kumugeza  kuri byinshi.

Yagize ati “ Ubusanzwe nakoraga akazi ko mu rugo ariko nahembwaga amafaranga make cyane  simbashe kubona ibyo nkenera, nyuma nibwo mu 2016 naje  gucuruza Tigo Cash ariko mu mwaka umwe maze mbikora maze kugera kuri byinshi.”

Mutuyimana kandi avuga ko gucuruza ‘Tigo Cash’ ari ubucuruzi nk’ubundi abantu badakwiye kubisuzugura kuko ari akazi gatunze abantu benshi kandi gatanga amafaranga nk’indi mirimo yose.

Akomeza agira ati “  Ubu niyishyurira inzu n’ibindi byose nkenera mu buzima byose ndabikora kandi nkanafasha umuryango wanjye mu buzima bwa buri munsi, ikindi kandi nkanagira ayo nizigamira kuri konti.  Ubwo rero urumva ko mbayeho nk’abandi bakozi.”

Yakomeje avuga ko abantu bagomba gutinyuka cyane cyane abakobwa bagenzi be abashishikariza guhaguruka bagora ibyo bashoboye byose kuko ngo  iyo wihaye intego kandi ugatinyuka ntacyo utageraho.

Ikoranabuhanga umusingi w’iterambere ry’isi ya none

Minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho Jean Philbert Nsengimana avuga  ko igihugu cyashyize  imbaraga mu gutuma ikoranabuhanga  riba ishingiro ry’ ubukungu cyane ko ubu ikoranabuhanga  nta kintu na kimwe ridashobora gukoreshwamo haba mu burezi, haba mu bucuruzi, haba mu buzima n’ibindi bityo, ikoranabuhanga rifungura amarembo ntibabone isoko hafi  gusa,  ahubwo  rikanaboneka  mu buryo bwagutse kandi bugera ku rwego rw’isi.

Uwumukiza Françoise, Umuyobozi wa Komite y’Inama y’Igihugu y’Abagore

Ku bw’ibi, Hon. Uwumukiza Françoise, Perezidante w’Inama y’igihugu y’abagore  agaragaza ko kuri ubu umugore  mu Rwanda  afite agaciro, ibyagiye bimubangamira birimo kumubuza uburenganzira bwe mu birebana no kwiga, kuzungura, byagiye bikurwaho ndetse ngo amategeko yose yagaragazaga ubusumbane hagati y’ umugabo n’ umugore kugeza ubu yose yamaze kuvugururwa bityo, ngo nta mpamvu n’imwe yazitira umugore gukataza mu birebana n’iterambere mu ikoranabuhanga.

Icyegeranyo cy’umuryango mpuzazamahanga w’ubukungu ku isi World Economic forum cy’umwaka ushize cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere ku isi mu guteza imbere ikoranabuhanga ruba  urwa 32 ku isi n’urwa mbere muri Afurika mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage hifashishijwe ikoranabuhanga.

Norbert Nyuzahayo

2017-11-29
Editorial

IZINDI NKURU

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Editorial 24 Jun 2019
Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Editorial 24 Apr 2018
Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Editorial 03 Jun 2019
Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Editorial 20 Jun 2019
Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Editorial 24 Jun 2019
Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Editorial 24 Apr 2018
Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Editorial 03 Jun 2019
Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Editorial 20 Jun 2019
Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Editorial 24 Jun 2019
Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Editorial 24 Apr 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru