• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza

Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 30 Nov 2017 POLITIKI

Abanyarwandakazi bafite ishimwe ryo kuba bari mu gihugu kiza, gifite Imiyoborere myiza yabasubije ijambo  kuva aho FPR –Inkotanyi,  ibohoreje igihugu, umugore wafatwaga ukundi yabonye ijambo,  aho  wasangaga yarasigaye inyuma cyane ndetse hari n’uburenganzira bumwe na bumwe yabaga adafite bitewe n’uko yabaga ari igitsina gore  nko kuzungura, kubona umunani mu muryango n’ibindi yari yaravukujwe.

Ubu siko bikimeze,  imiyoborere myiza  ya FPR-Inkotanyi irangajwe imbere na Chairman  Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasubije umugore agaciro none   arakataje mu kwiteza imbere.

Hafashwe ingamba zikakaye

Nyuma y’urugamba rukomeye rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994  no kubohora igihugu,  Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda yafashe iya mbere mu gukangurira abagore kugira uruhare n’umusanzu batanga mu iterambere ry’Igihugu  cyari gitangiye kwiyubaka no guhangana n’ingaruka za Jenoside.

 Umugore, inkingi ikomeye mu iterambere  ry’Igihugu

Uko imyaka yagiye ishira abagore bahawe ijambo muri byose ndetse bagenda bagira ibikorwa by’iterambere bakora bitandukanye bibateza imbere kandi bizamura ubukungu bw’igihugu muri rusange.

Ingabire Marie Immaculee umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi

Bamwe mu bagore bo mu karere ka Rulindo bagaragaza ko bazi uburenganzira bwabo bwo kuba bwarapfukiranwaga atari uko ntacyo bari bashoboye ahubwo ko kwari ukubura gushyigikirwa.

Bamwe muri aba bagore, bavuga ko  FPR, yatumye bakura  amaboko mu mifuka bagakora bakiteza imbere ku buryo bufatika.

Banavuga ko bitewe n’uko bagiye bajijuka barwanije indwara y’imirire mibi yari yibasiye aka karere babinyujije mu guhinga uturima tw’igikoni, bakifashisha imigoroba y’ababyeyi ndetse no muri gahunda ya girinka munyarwanda.

Aba bagore kandi bavuga ko baciye indwara ya bwaki mu duce batuyemo babikesha kureka imyumvire ikiri hasi bari bafite bagakora bateza imbere ingo zabo.

Mukamanzi Yvette ni umwe muri abo bagore ubwo twamusuraga yadutangarje ko ubundi muri uyu murenge bari barwaje bwaki, bakennye cyane ariko kubufatanye  n’umuryango wabo FPR-Inkotanyi,  umugore yigishijwe uko yaca indwara y’imirire mibi kandi bitamugoye.

Aba bagore kandi banavuga ko guhabwa inka muri gahunda ya Leata “Girinka munyarwanda” byatumye bwaki icika  cyane ko mbere  bumvaga ko amata anyobwa n’abifite gusa, ibi bikaba byaraterwaga n’imyumvire yo hasi ariyo yatumaga badindira ngo ariko uko iminsi igenda ishira umugore aratinyuka akamenya gahunda zimugenerwa.

Abagore bibumbiye muri Koperative “TUGANE HEZA” biteje imbere babikesha FPR yabigishije kuboha imitako n’uduseke

Abagore bibumbiye muri Koperative “Tugane heza” bo mu kagari ka Bugera,  mu Murenge wa Remera  ho mu Karere ka Ngoma mu ntara y’Iburasirazuba bavuga ko bamaze kwiteza imbere babikesha  FPR n’umwuga bihangiye wo kuboha imitako n’uduseke.

Agaseke

Aba bagore bavuga ko nyuma yo kwibumbira hamwe muri koperative iboha imitako n’uduseke, babashije kubona isoko mu gihugu cya Leta z’Unze ubumwe z’Amerika  aho ubu babasha kubona amafaranga menshi kandi bakemeza ko bamaze kwiteza imbere.

Gatabazi Christine, umwe mu banyamuryango b’iyi koperative “Tugane heza”, avuga  ko nyuma yo gutinyuka bagashaka icyabateza imbere, ubu bageze kure batagisabiriza ibitenge n’umunyu ku bagabo babo kuko babyigurira.

Yagize ati “ FPR irakabya, ubu Konti yanjye kuri banki  irabogaboga, ubundi nta kintu cyabagaho ariko aho ntangiriye ubu bukorikori,  ubu konti irabyibushye, ntitugisabiriza kubagabo bacu ibitenge, twibohoye ubukene n’imyumvire.”

Mugenzi we babana muri Koperative “Tugane heza”, Mukarubuga Médiatrice, nawe avuga  ko aho amenyeye FPR- Inkotanyi, amaze gukuramo byinshi birimo n’imidari y’ishimwe.

Ikiyongeraho  yishimira  ngo ni uko uwo mwuga watumye abonana na Perezida wa Repubulika Paul Kagame amaso ku maso.

Byongeye kandi ngo ububukorikori bwamugejeje ku nka y’inzungu y’ibihumbi bigera kuri 400, yaguze kubera agaseke aboha.

Yagize ati “ Nari umugore w’umupfakazi, ubabaye cyane, ariko nyuma yo gutinyuka, nkahaguruka,  ubu abana banjye bariga ntakibazo byose mbikesha ubu buboshyi bwa FPR.”

Uretse aba bagore bo mu Murenge wa Remera, Akarere ka Ngoma bavuga ko bishyize hamwe bakabasha kwiteza imbere, hirya no hino mu gihugu uhasanga abagore biteje imbere bari mu bikorwa bitandukanye by’ubucuruzi abandi bari mu makoperative.

Kwihangira imirimo bikomeje gutuma Uwamariya yegukana ibihembo byinshi aho atunze arenga miliyoni 35

Uwamariya Assoumpta ni umukobwa w’imyaka 28 ukomoka mu Karere ka Rubavu aho kuri ubu atunganya imivinyo akoresheje beterave, yemeza ko kwihangira umurimo bikomeje kumufasha kwegukana amarushanwa atandukanye mu gihugu aho ahamya ko mu minsi iza kuza azubaka uruganda.

Abanyamuryango ba FPR -Inkotanyi

Amwe mu marushanwa amaze kwegukana abikesha gukora imivinyo harimo kuba yarabaye uwa mbere mu rubyiruko rw’u Rwanda rwihangiye imirimo mu mwaka wa 2016 (1st best innovator) mu guhanga udushya, aho yatsindiye amafaranga agera kuri miliyoni 5, yegukanye amarushanwa yateguwe n’ikigega cy’ingwate  BDF ku bufatanye na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi.

Uko yahuye n’abamutoje  gukora divayi

Uwamariya avuga ko yatangiye  akorera abazungu  mu mujyi wa Musanze  ibinyobwa bidasembuye abikuye mu mbuto, bakishimira ibyo yabakoreye, kabiratira abandi ari nako bamubaza ibyo akunda niko kubabwira divayi. Ati “ Niko batangiye kunyigisha uko bayikora kuri Skype ndabimenya ntangira kubigerageza mbikunda kurushaho nkomeza mbikora.”

Avuga ko kuba mu karere ka Rubavu hera neza  ubu bwoko bw’imboga ku bwinshi ko yabonaga zipfa ubusa agahitamo kurenga urwego rwo kuzigurisha agatangira kuzikoramo umuvinyo yatekereje nyuma y’uko yazikoragamo umutobe. Ibibyose abikesha ubuyobozi bwiza.

Uyu munyamuryango wa FPR-Inkotanyi avuga ko ubu bucuruzi ngo bumaze kumufasha muri byinshi harimo no kuba yariguriye inzu y’agaciro ka miliyoni 18 mu mujyi wa Kigali i Nyamirambo n’ikibanza yaguze mu murenge wa Nyundo aho ateganya kwagurira ibikorwa yubaka uruganda.

Uyu mukobwa avuga ko agurisha imivinyo muri Rubavu ndetse no mu gihugu cya Kongo gituranye n’aka karere ndetse n’abava mu bihugu bya kure baza gukorera ubukwe mu Rwanda nabo baramugurira kandi nyuma yo kwitabira amarushanwa menshi yahise abona abazungu bamufasha kumenyekanisha ibicuruzwa bye ku rwego mpuzamahanga.

Kugeza ubu avuga ko afite abakozi 80 b’abakobwa n’abagore, impamvu ngo abibandaho cyane  ngo  ni uko abana b’abakobwa usanga bahura n’ibibazo byinshi bitandukanye.

Mu mafaranga yatsindiye ubwo yahembwaga nka rwiyemezamirimo ukiri muto wa mbere mu gihugu mu guhanga udushya amafaranga agera kuri miliyoni 5 yemeza ko yaguzemo ikibanza azubakamo uruganda ndetse aguramo ibindi bicuruzwa bitandukanye.

Akomeza avuga ko yanafashije na bamwe mu rubyiruko bakoraga umwuga w’uburaya ubu bakaba baratangiye kwishyira hamwe aho batunganya imisatsi.

Mu gihe kitageze ku mwaka amaze akora, ngo  amaze  kwigurira imodoka ya miliyoni 6. Uyu mukobwa avuga ko yumva afite indoto zo kugera ku rwego rw’Isi ku buryo iyi divayi akora imenyekana ndetse mu gihe kizaza ikajya ihatana ku isoko mpuzamahanga ikaba iya mbere.

Ikerekezo FPR  ifitiye umugore ni ntagereranywa

Nyirasafari Esperance, Minisitiri w’Umuryango

Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Nyirasafari Espérance avuga ko abagore bateganyirizwa byinshi muri gahunda zisanzwe za Leta hagamijwe ko badasigara inyuma. nkuko Chairman wa FPR -Inkotanyi akaba na Perezida wa Repubulika ahora abibakangurira.

Asaba abagore   gukorana bya hafi n’inama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’umudugudu, mu kagari ndetse no kwitabira inama zose ziba zihari  kugira ngo bahorane amakuru  mashya  y’amahirwe  ahari.

Ubwanditsi

 

 

2017-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Abanya-Israel n’abahagarariye Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano ‘The Security Summit’.

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Ubwanditsi 24 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania
INKURU NYAMUKURU

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri
Mu Mahanga

Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Uganda: umusirikare wa CMI imaze igihe ihohotera abanyarwanda yahunze
INKURU NYAMUKURU

Uganda: umusirikare wa CMI imaze igihe ihohotera abanyarwanda yahunze

Ubwanditsi 16 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru