• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

Ubwanditsi 15 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Umuryango Mpuzamahanga Uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Human Rights Watch, uheruka gushinja abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kwinjizamo abagera kuri 200 bahoze mu nyeshyamba za M23, ngo bafashe mu guhangana n’imyigaragambyo y’abadashaka ko Perezida Joseph Kabila aguma ku butegetsi.

Iyo myigaragambyo yatangiye umwaka ushize ubwo manda ya Kabila yarangiraga, ariko amatora ntakorwe ku mpamvu zavuzwe ko hari byinshi bitarajya mu buryo. Ni ibintu byakuruye imyigaragambyo, abenshi basaba Kabila kuva ku butegetsi cyane ko manda ye yari irangiye kandi atemerewe kongera kwiyamamaza.

Kwinjiza abahoze muri M23 ni ibintu Minisitiri Ushinzwe Uburenganzira bwa muntu muri RDC, Mushobekwa Marie-Ange, yahakanye avuga ko bitumvikana uburyo leta yakenera abahoze muri M23 kandi ifite igipolisi n’igisirikare, bityo ngo ibivugwa ni ibihimbano.

Nk’uko Radio Okapi yabitangaje, Perezida w’Ihuriro Ritavuga rumwe n’Ubutegetsi riharanira Impinduka (MSC), Laurent Batumona, yamaganye kwinjiza abacanshuro mu guhangana n’abigaragambya mu mahoro, avuga ko ari ubugambanyi.

Yagize ati “Twe tubibona nk’ubugambanyi bukomeye ku mukuru wa guverinoma yacu. Ni gute mwasobanura kubona guverinoma iriho yica abaturage bayo? Ni ikintu kibabaje ku gihugu.”

HRW yo yavugaga ko ubutegetsi bwa Kabila bwinjije mu ngabo abagera kuri 200 bari abarwanyi, bari barahungiye mu Rwanda na Uganda nyuma yo gutsindwa intambara mu Burasirazuba bwa Congo, ahagana mu Ugushyingo 2013.

Abo bahoze ari abarwanyi bivugwa ko binjijwe mu ngabo za leta ngo bahangane n’imyigaragambyo yamaganaga ubutegetsi, yabaye hagati ya tariki 19 na 20 Ukuboza 2016, mu Murwa Mukuru Kinshasa. Imiryango itandukanye ivuga ko iyi myigaragambyo yahitanye abagera kuri 62.

Minisitiri Mushobekwa yakomeje agira ati “Natunguwe cyane n’ibirego bya HRW. Navuganye n’abayobozi bose bireba. Twe tuzi ko abahoze muri M23 bose bari mu nkambi z’impunzi kandi Monusco ishobora gukurikirana neza uko abo bantu bambuwe intwaro kandi ko guverinoma ya Congo itagikeneye kubakurikirana.”

Mu gihe uyu muyobozi avuga ko bambuwe intwaro, HRW yo ivuga ko bongeye bakazihabwa, ariko leta ya Congo ikabihakana. Inavuga ko amakuru yayo yayashingiye ku buhamya bw’abantu 120 barimo abagera kuri 13 barwanye muri M23 bahawe ako kazi n’abofisiye icyenda bo mu nzego z’umutekano za Congo.

Perezida w’Ihuriro Ritavuga rumwe n’Ubutegetsi riharanira Impinduka (MSC), Laurent Batumona, yamaganye kwinjiza abacanshuro mu guhangana n’abigaragambya mu mahoro

2017-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Gen Kayihura Yabajijwe Inkomoko Y’imbunda Zisaga 20000 N’uko Yazihaye Abasivili Basaga 7,000

Uganda: Gen Kayihura Yabajijwe Inkomoko Y’imbunda Zisaga 20000 N’uko Yazihaye Abasivili Basaga 7,000

Ubwanditsi 07 Jul 2018
Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Ubwanditsi 24 Dec 2020
 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

Ubwanditsi 06 Jan 2021
Mu Banyarwanda bajya n’abava muri Uganda ngo harimo abayoboke ba RNC

Mu Banyarwanda bajya n’abava muri Uganda ngo harimo abayoboke ba RNC

Ubwanditsi 10 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana
ITOHOZA

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma
Amakuru

Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 11 Jul 2021
Perezida Museveni Yaburiwe Ko Nadafungura Gen Kayihura Bizamugiraho Ingaruka Zikomeye
ITOHOZA

Perezida Museveni Yaburiwe Ko Nadafungura Gen Kayihura Bizamugiraho Ingaruka Zikomeye

Ubwanditsi 30 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru