• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Ubwanditsi 27 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Leta ya Tanzania irashinja Perezida Donald Trump wa leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’abasirikare 15 ba Tanzania, baguye mu ntara ya Beni muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).

Mu kiganiro yaraye agiranye na BBC mu rulimi rw’igiswahili Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustin Mahiga, yavuze yuko abo basirikare ba Tanzania bari mu mutwe w’ingabo za LONI zibungabunga amahoro muri DRC  (MONUSCO) batakaje ubuzima tariki 07/12/2017 ngo kubera yuko nta ntwaro zikomeye bari bafite ngo babe barashoboye guhashya umwanzi. Mahiga akavuga yuko ibyo bya MONUSCO  kubura intwaro zikomeye  byatewe na Perezida Trump wimye LONI amafaranga yo kuzigura kandi Amerika ariyo yagombaga kuyatanga !

Ayo magambo ya Mahiga aje nk’igisubizo ku cyifuzo cya Minisitiri w’intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa, yagejeje kuri LONI tariki 14 z’uku kwezi ubwo yari ayoboye imihango yo gushyingura abo basirikare mu murwa mukuru Dar Es Salaam.

Mu magambo akarishye kandi yuzuye akababaro Majaliwa yasabye LONI gukora iperereza ryimbitse ngo hamenyekane impamvu nyazo zatumye abo basirikare ba Tanzania bicirwa muri ubwo butumwa bwa LONI. Mbere gato ariko akimara kumva iby’iryo yicwa ry’abo basirikare umunyamabanga mukuru wa LONI, Antonio Guterres, yasabye ubutegetsi bwa Kabila guhita bukora iperereza  ngo impamvu nyakuri zatumye abo basirikare bicwa zimenyekane. Ugendeye ku magambo ya Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania rero, impamvu zatumye abo basirikare ba Tanzania bicwa n’uko Perezida Trump yimanye amafaranga yo kubagurira intwaro zikomeye.

LONI itangaza yuko icyo gitero cyagabwe ku basirikare bayo hakagwamo 15 bakomoka muri Tanzania aricyo kibi kurusha ibindi, ukuyemo icyo muri Somalia mu 1993, aho abasirikare bayo 24 bakomokaga mu gihugu cya Pakistani bicwagwa !

Icyo gitero cyaguyemo abo batanzania 15 cyanahitanye n’abasirikare ba Congo batanu, hanakomerekeramo abandi 53. MONUSCO itangaza yuko icyo gitero cyagambwe n’abarwanyi bo mu mutwe wa Allied Democratic Forces (ADF). Uyu mutwe ukambitse ku butaka bwa Congo, urwanya ubutegetsi bwa Uganda. Guhera ejo igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangiye kugaba ibitero bikomeye kuri uyu mutwe uvuga yuko ufite amatwara ya kiislamu.

Uretse muri DRC, Tanzania inafite ingabo zibungabunga amahoro muri Lebanon no muri Darfur ho muri Sudan ya ruguru.

Casmiry Kayumba

2017-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamakurukazi wo mu Bufaransa, Natacha Polony, yashyikirijwe inkiko ngo aryozwe gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umunyamakurukazi wo mu Bufaransa, Natacha Polony, yashyikirijwe inkiko ngo aryozwe gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 17 Dec 2020
Uganda: UPDF irakataje mu guha ubushobozi igisirikare kirwanira ku butaka murwego rwo kwitegura intambara ishobora kwaduka mu karere

Uganda: UPDF irakataje mu guha ubushobozi igisirikare kirwanira ku butaka murwego rwo kwitegura intambara ishobora kwaduka mu karere

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23

Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23

RUSHYASHYA 01 Jun 2026
Dore umuti Perezida Kagame yatanze watuma Afurika isatira iterambere Aziya igezeho

Dore umuti Perezida Kagame yatanze watuma Afurika isatira iterambere Aziya igezeho

Ubwanditsi 28 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria
POLITIKI

Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye  Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi
Amakuru

Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Sena yemeje abakozi batatu basabiwe imirimo n’inama y’abaminisitiri
Mu Mahanga

Sena yemeje abakozi batatu basabiwe imirimo n’inama y’abaminisitiri

Ubwanditsi 19 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru