• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Editorial 27 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Leta ya Tanzania irashinja Perezida Donald Trump wa leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’abasirikare 15 ba Tanzania, baguye mu ntara ya Beni muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).

Mu kiganiro yaraye agiranye na BBC mu rulimi rw’igiswahili Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustin Mahiga, yavuze yuko abo basirikare ba Tanzania bari mu mutwe w’ingabo za LONI zibungabunga amahoro muri DRC  (MONUSCO) batakaje ubuzima tariki 07/12/2017 ngo kubera yuko nta ntwaro zikomeye bari bafite ngo babe barashoboye guhashya umwanzi. Mahiga akavuga yuko ibyo bya MONUSCO  kubura intwaro zikomeye  byatewe na Perezida Trump wimye LONI amafaranga yo kuzigura kandi Amerika ariyo yagombaga kuyatanga !

Ayo magambo ya Mahiga aje nk’igisubizo ku cyifuzo cya Minisitiri w’intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa, yagejeje kuri LONI tariki 14 z’uku kwezi ubwo yari ayoboye imihango yo gushyingura abo basirikare mu murwa mukuru Dar Es Salaam.

Mu magambo akarishye kandi yuzuye akababaro Majaliwa yasabye LONI gukora iperereza ryimbitse ngo hamenyekane impamvu nyazo zatumye abo basirikare ba Tanzania bicirwa muri ubwo butumwa bwa LONI. Mbere gato ariko akimara kumva iby’iryo yicwa ry’abo basirikare umunyamabanga mukuru wa LONI, Antonio Guterres, yasabye ubutegetsi bwa Kabila guhita bukora iperereza  ngo impamvu nyakuri zatumye abo basirikare bicwa zimenyekane. Ugendeye ku magambo ya Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania rero, impamvu zatumye abo basirikare ba Tanzania bicwa n’uko Perezida Trump yimanye amafaranga yo kubagurira intwaro zikomeye.

LONI itangaza yuko icyo gitero cyagabwe ku basirikare bayo hakagwamo 15 bakomoka muri Tanzania aricyo kibi kurusha ibindi, ukuyemo icyo muri Somalia mu 1993, aho abasirikare bayo 24 bakomokaga mu gihugu cya Pakistani bicwagwa !

Icyo gitero cyaguyemo abo batanzania 15 cyanahitanye n’abasirikare ba Congo batanu, hanakomerekeramo abandi 53. MONUSCO itangaza yuko icyo gitero cyagambwe n’abarwanyi bo mu mutwe wa Allied Democratic Forces (ADF). Uyu mutwe ukambitse ku butaka bwa Congo, urwanya ubutegetsi bwa Uganda. Guhera ejo igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangiye kugaba ibitero bikomeye kuri uyu mutwe uvuga yuko ufite amatwara ya kiislamu.

Uretse muri DRC, Tanzania inafite ingabo zibungabunga amahoro muri Lebanon no muri Darfur ho muri Sudan ya ruguru.

Casmiry Kayumba

2017-12-27
Editorial

IZINDI NKURU

Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.

Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.

Editorial 23 Nov 2020
Sankara Arahigwa Bukware Na RNC ya Kayumba : impamvu  ngo ni uko yagurishije Stratégie Za RNC Mu Burundi [ Ibihumbi 20 USD ]

Sankara Arahigwa Bukware Na RNC ya Kayumba : impamvu ngo ni uko yagurishije Stratégie Za RNC Mu Burundi [ Ibihumbi 20 USD ]

Editorial 30 Aug 2018
Umunyarwanda yiciwe muri Uganda hafi y’umupaka n’u Rwanda

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda hafi y’umupaka n’u Rwanda

Editorial 08 Aug 2019
Ese umutwe w’iterabwoba wa RNC muri Uganda nturebwa n’amabwiriza yo kurwanya Virusi ya Corona yashyizweho na Museveni ubwe? 

Ese umutwe w’iterabwoba wa RNC muri Uganda nturebwa n’amabwiriza yo kurwanya Virusi ya Corona yashyizweho na Museveni ubwe? 

Editorial 19 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatwara ibinyabiziga bijya mu bikorwa byo kwiyamamaza baributswa kubahiriza amategeko y’umuhanda
Mu Rwanda

Abatwara ibinyabiziga bijya mu bikorwa byo kwiyamamaza baributswa kubahiriza amategeko y’umuhanda

Editorial 23 Jul 2017
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya
HIRYA NO HINO

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Editorial 22 Jul 2020
Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!
Amakuru

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Editorial 17 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru