• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Ubwanditsi 01 Jan 2018 Mu Mahanga

Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye guverinoma y’icyo gihugu mu rukiko basaba  yuko icyemezo iherutse gufata cyo guca iryo tabi nta shingiro gifite.

Abo bacuruzi 14, batumiza bakanaranguza iryo tabi rya Shisha, bavuga yuko Minisiteri y’ubuzima muri icyo gihugu cya Kenya tariki 28 uku kwezi yaciye Shisha ariko uko kuyica ikaba yarakozemo amakosa abiri akomeye cyane.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru The Standard cyandikirwa muri Kenya, umwe muri abo bacuruzi ba Shisha bakomeye cyane muri icyo gihugu ni uwitwa Kennedy Langat, ufite akabari na resitora ahitwa Westland muri Nairobi, byanditsweho Shisha Bar and Restaurent. Langat ni umwe muri abo bantu batanze ikirego mu rukiko rw’ikirenga bavuga yuko guverinoma yaciye shisha ku karengane kandi binyuranijwe n’amategeko !

Asobanura iby’ikirego cyabo avuga yuko umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ubuzima, Cleopha Mailu, tariki 28/12/2017 yatangaje yuko Shisha iciwe atabanje kubiganirizaho abo icyo cyemezo kizagiraho ingaruka kandi ngo itegeko ariko ribiteganya. Ikindi kandi ngo ntabwo yigeze agaragaza ingaruka mbi zishobora kuba zaterwa no gukoresha Shisha, abantu muri Kenya bari basigaye bikundira cyane.

Iryo tangazo rya Minisiteri y’ubuzima muri Kenya rivuga yuko bibujijwe gukora Shisha, kuyitumiza kuva hanze, kuyicuruza no kuyinywera ku butaka bwa Kenya. Iryo tangazo rikavuga kandi yuko uzayifatanywa azacibwa amande y’amashilingi ibihumbi 50 cyangwa agahanishwa igifungo cy’amezi atandatu cyangwa byombi !

Ikirego cy’abo bacuruzi ba Shisha tariki 29/12/2017 nibwo cyashyikirijwe urukiko rw’ikirenga ruracyakira, rutangaza yuko urubanza ruzatangira kuburanishwa  nyuma y’iminsi itatu. Kenya nicyo gihugu cya mbere muri Afurika aho urukiko rw’ikirenga rwaregewe yuko Perezida uriho yatangajwe ko yatsinze amatora kandi harimo uburiganya, rugategeka yuko amatora asubirwamo ! Ntabwo rero byatungurana cyane urwo rukiko rutegetse yuko Shisha ikomeza kunyobwa no gucuruza kugeza aho Minisiteri y’ubuzima izagaragariza ububi bwayo ku buryo bufatika !

Kenya iciye ikoreshwa rya Shisha nyuma gato u Rwanda narwo ruyiciye. Tariki 15/12/2017  Minisitiri w’ubuzima, Diane Gashumba, yatangaje yuko kubera ko itabi rya shisha ari ribi cyane ku buzima bw’abantu riciwe burundu mu Rwanda. Gashumba yasobanuye yuko kumywa shisha bitera kanseri, indwara z’umutima n’izindi. Bivugwa yuko ububi bwa shisha bukubye incuro zirindwi ububi bw’itabi risanzwe, kandi naryo abantu bakangurirwa kurireka !

Casmiry Kayumba

2018-01-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 01 Feb 2022
Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Happy Independence Day

Happy Independence Day

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Ngo akabi gasekwa nk’akeza !!!!

Ngo akabi gasekwa nk’akeza !!!!

Ubwanditsi 24 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Abantu 25 biganjemo inyeshyamba za FDLR baguye mu mirwano na Mai-Mai
HIRYA NO HINO

RDC: Abantu 25 biganjemo inyeshyamba za FDLR baguye mu mirwano na Mai-Mai

Ubwanditsi 07 Jan 2020
Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo
ITOHOZA

Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Ubwanditsi 27 Feb 2017
ShaddyBoo yinjiye mu bantu 5 bagizwe ibimenyabose n’amagambo bavuze agatizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga kubera ijambo  ‘Odeur ya Ocean’
SHOWBIZ

ShaddyBoo yinjiye mu bantu 5 bagizwe ibimenyabose n’amagambo bavuze agatizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga kubera ijambo ‘Odeur ya Ocean’

Ubwanditsi 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru