• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Ubwanditsi 06 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda, Sam Kutesa,  yari hano mu Rwanda ejo akaba yarashyikirije Perezida Kagame ubutumwa yari yahawe na Perezida Museveni.

Nubwo Sam Kutesa kuza hano mu Rwanda akabonana na Perezida Kagame byaje bitunguye benshi ariko Minisiteri z’Ububanyi n’Amahanga z’ibihugu byombi zirabyemeza kandi bishobora kugira umusaruro byatanga kuko umubano hagati y’u Rwanda na Uganda wari umaze kuzamo agatotsi n’ubwo byari bitaragera ku bushyamirane bukomeye cyane, ariko byigaragaza yuko ariho byaganishaga !

Amakuru dukesha ChimpReports yandikirwa muri Uganda, nayo iyakesha Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’icyo gihugu, avuga yuko ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Minisitiri Sam Kutesa byari mu muhezo ukomeye ku buryo ntawundi muntu wabyitabiriye uretse Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo.

Ibyo biganiro hagati ya Kagame na Kutesa byabereye muri Village Urugwiro bimara amasaha abiri, ngo ahanini Kutesa asobanurira Perezida Kagame yuko nta cyatera u Rwanda giturutse Uganda !

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa

Hamaze iminsi havugwa umwuka mubi hati y’u Rwanda na Uganda aho ikinyamakuru Red Papper m’Ugushyingo umwaka ushize cyasohoye inkuru igaragaza ukuntu ubutegetsi muri Uganda bwari mu bikorwa byo gushaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Amakuru atugeraho avuga yuko iyo nkuru yarakaje cyane Perezida Museveni bituma abayobozi bose b’icyo kinyamakuru bafungwa nacyo kirahagarikwa.

Nta wamenya neza yuko uko kurakara kwa Museveni kwatewe n’uko ibyo Red Papper yari yanditse byari ibinyoma cyangwa ari uko yari yamennye amabanga Museveni atifuzaga yuko yamenyekana. Ariko amakuru kuva ahantu hatandukanye yakomeje kugaragaza yuko ku butaka bwa Uganda hari abarwanyi bo muri RNC ya ba Kayumba Nyamwasa bahakoreraga imyitozo ya gisirikare babifashijwemo n’urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda (CMI).

Ikindi cyakomeje kwigaragaza n’uko iyo CMI yakomeje gufunga no gukorera iyica rubozo Abanyarwanda yitaga yuko bari muri Uganda kunekera leta y’u Rwanda. Ibyo byaje gutuma u Rwanda rusaba ibisobanuro, Kutesa akaba aribyo yari yaje guha Perezida Kagame.

Icyo ariko bitoroshye umuntu kuba yahita asobanukirwa ni impamvu Minisitiri Kutesa yaje hano mu Rwanda aturutse muri Tanzania aho naho yari ashyiriye Perezida John Pombe Magufuli ubundi butumwa kuva kuri Perezida Museveni. Amakuru avuga yuko Kutesa yamaranye  na Magufuri amasaha angana nk’ayo yamaranye na Kagame !

2018-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Niyamye nkomeje abansanisha n’ibyihebe byo muri RNC na data Nkerinka wayibayemo yataye igihe” Gladys Nkerinka.

“Niyamye nkomeje abansanisha n’ibyihebe byo muri RNC na data Nkerinka wayibayemo yataye igihe” Gladys Nkerinka.

Ubwanditsi 11 Feb 2024
Minisitiri Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida Kabila wa Congo

Minisitiri Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida Kabila wa Congo

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Ubwanditsi 30 Apr 2022
Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Ubwanditsi 30 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda
UBUKUNGU

Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2019
Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize akanama k’ubuyobozi bwa Smart Africa
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize akanama k’ubuyobozi bwa Smart Africa

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017
UBUKUNGU

Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017

Ubwanditsi 27 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru