• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Ubwanditsi 06 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda, Sam Kutesa,  yari hano mu Rwanda ejo akaba yarashyikirije Perezida Kagame ubutumwa yari yahawe na Perezida Museveni.

Nubwo Sam Kutesa kuza hano mu Rwanda akabonana na Perezida Kagame byaje bitunguye benshi ariko Minisiteri z’Ububanyi n’Amahanga z’ibihugu byombi zirabyemeza kandi bishobora kugira umusaruro byatanga kuko umubano hagati y’u Rwanda na Uganda wari umaze kuzamo agatotsi n’ubwo byari bitaragera ku bushyamirane bukomeye cyane, ariko byigaragaza yuko ariho byaganishaga !

Amakuru dukesha ChimpReports yandikirwa muri Uganda, nayo iyakesha Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’icyo gihugu, avuga yuko ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Minisitiri Sam Kutesa byari mu muhezo ukomeye ku buryo ntawundi muntu wabyitabiriye uretse Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo.

Ibyo biganiro hagati ya Kagame na Kutesa byabereye muri Village Urugwiro bimara amasaha abiri, ngo ahanini Kutesa asobanurira Perezida Kagame yuko nta cyatera u Rwanda giturutse Uganda !

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa

Hamaze iminsi havugwa umwuka mubi hati y’u Rwanda na Uganda aho ikinyamakuru Red Papper m’Ugushyingo umwaka ushize cyasohoye inkuru igaragaza ukuntu ubutegetsi muri Uganda bwari mu bikorwa byo gushaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Amakuru atugeraho avuga yuko iyo nkuru yarakaje cyane Perezida Museveni bituma abayobozi bose b’icyo kinyamakuru bafungwa nacyo kirahagarikwa.

Nta wamenya neza yuko uko kurakara kwa Museveni kwatewe n’uko ibyo Red Papper yari yanditse byari ibinyoma cyangwa ari uko yari yamennye amabanga Museveni atifuzaga yuko yamenyekana. Ariko amakuru kuva ahantu hatandukanye yakomeje kugaragaza yuko ku butaka bwa Uganda hari abarwanyi bo muri RNC ya ba Kayumba Nyamwasa bahakoreraga imyitozo ya gisirikare babifashijwemo n’urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda (CMI).

Ikindi cyakomeje kwigaragaza n’uko iyo CMI yakomeje gufunga no gukorera iyica rubozo Abanyarwanda yitaga yuko bari muri Uganda kunekera leta y’u Rwanda. Ibyo byaje gutuma u Rwanda rusaba ibisobanuro, Kutesa akaba aribyo yari yaje guha Perezida Kagame.

Icyo ariko bitoroshye umuntu kuba yahita asobanukirwa ni impamvu Minisitiri Kutesa yaje hano mu Rwanda aturutse muri Tanzania aho naho yari ashyiriye Perezida John Pombe Magufuli ubundi butumwa kuva kuri Perezida Museveni. Amakuru avuga yuko Kutesa yamaranye  na Magufuri amasaha angana nk’ayo yamaranye na Kagame !

2018-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi mu mirimo inyuranye muri RDF

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi mu mirimo inyuranye muri RDF

Ubwanditsi 04 Feb 2020
Umunyamategeko Bernard Maingain yiteguye kuvuga n’akarimurori ibyagizwe ubwiru mu rubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana, kuko asanga ari ingenzi mu kunga Abanyarwanda.

Umunyamategeko Bernard Maingain yiteguye kuvuga n’akarimurori ibyagizwe ubwiru mu rubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana, kuko asanga ari ingenzi mu kunga Abanyarwanda.

Ubwanditsi 20 Feb 2022
Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Abahoze ari abarwanyi ba Rusesabagina Paul bafatiwe ku rugamba muri Kongo bakomeje kugaragaza uruhare rwe mu bikorwa by’iterabwoba mu Rwanda no mu burasizarazuba bwa Kongo

Abahoze ari abarwanyi ba Rusesabagina Paul bafatiwe ku rugamba muri Kongo bakomeje kugaragaza uruhare rwe mu bikorwa by’iterabwoba mu Rwanda no mu burasizarazuba bwa Kongo

Ubwanditsi 17 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Handball 2017 : Police yatsinze Nyakabanda 37- 18
IMIKINO

Handball 2017 : Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League
Amakuru

Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

RUSHYASHYA 05 May 2026
Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre
Mu Rwanda

Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 29 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru