• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

Ubwanditsi 08 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Joseph Kabila n’ubutegetsi bwe muri DRC ubu buragendera ku mibare y’umunsi, bukiruhutsa bubonye uciyeho, none LONI na Kiliziya gatulika birasaba uwo Kabila n’ubutegetsi bwe gutanga ibyo bitatanga n’iyo byagenda bite !

Tariki 31 z’ukwezi gushize muri Kinshasa n’ahandi mu duce dutandukanye twa DRC abadashyigikiye yuko Kabila aguma ku butegetsi bakoze imyigaragambyo isaba yuko Kabila agomba kurekura ubutegetsi umwaka utarashira, abashinzwe umutekano babereka yuko nta mikino bafitanye nabo nk’uko bari barabitangarijwe mbere.

Ubusanzwe imyigaragambyo yo gushaka yuko Kabila arekura ubutegetsi itegurwa n’amashyaka atavuga rumwe na leta ariko iyo mu mpera z’umwaka ushize yari yahawe umugisha na kiliziya Gatulika.

Perezida Kabila yari kurangiza manda ye ya kabiri ari nayo ya nyuma mu mpera z’umwaka ushize ariko amatora yo guhitamo uwamusimbura ntiyakorwa. Haza kubaho imishyikirano yayobowe na kiliziya Gatulika, Kabila n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bemeranya yuko yakomeza kuyobora kugeza muri Kamena umwaka ushize aho hari kubaho amatora ariko Kabila atemerewe kuzongera kwiyamamaza. 

Ayo matariki y’amatora yegereje leta iza gutangaza yuko bitashoboka ahubwo amatora azaba mu mpera za 2018, bitanavuzwe yuko Kabila azaba yemerewe kuzongera cyangwa kutazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika.

Abo muri opozisiyo ibyo by’amatora kuzaba mu mpera z’uyu mwaka dutangiye ntabwo bigeze babyemera ahubwo bakomeza kuvuga yuko 2017 igomba kuzajyana na Kabila ! Uko niko Kiliziya Gatolika yari umuhuza mu biganiro byatumye mu mpera za 2016 hataduka imirwano muri DRC yabonye yuko Kabila akomeje gukinisha igihugu ahamagarira abayoboke bayo kuzakora imyigaragambyo mu ituze inahamagarira Kabila kuba yarekuye ubutegetsi mbere yuko umwaka wa 2017 urangira. Uko ni nako hakozwe imyigaragambyo tariki 31 z’ugushize aho bivugwa yuko leta yayakiranye ubugome bukomeye, cyane yuko yari yarihanangirije ko nta myigaragambyo nk’iyo yemewe !

LONI yamaganye ubutegetsi bwa Kabila kuba bwaraburijemo iyo myigaragambyo n’uburyo bwabikozemo. Umuvugizi w’ishami rya LONI rishinzwe uburenganzira bwa kiremwamuntu, Liz Throssell ejo yavugiye Geneva yuko ubutegetsi bwa Kabila bugomba kureka abantu bakikorera imyigaragambyo ngo kuko babifitiye uburenganzira. Madamu Liz akavuga yuko n’ubwo ubwo butegetsi bwa Kabila budafite uburenganzira bwo kubuza abantu kwigaragambya, ngo bwanakoresheje n’imbaraga za kinyamaswa mu kuyihagarika. Ngo bwakoresheje ibisasu by’imyotsi (tear gas), iby’imipira n’amasasu nya masasu yica. 

LONI ikavuga yuko muri uko kuburizamo iyo myigaragambyo muri Kinshasa honyine harashwe hanicwa abantu batanu, hakomeretswa 92 naho abagera ku 180 batabwa muri yombi. LONI igasaba ubutegetsi bwa Kabila yuko bwareka ubwo bukana abantu bakazajya bigaragambya ngo kuko ari uberenganzira bwabo !

Kiliziya gatulika muri DRC yo imibare y’abishwe, abakomerekejwe cyangwa abafashwe bagafungwa uwugira minini kurusha uwo utangwa na LONI, ikanababazwa n’uko ibyo byakozwe ingabo z’iyo LONI muri Congo (MUNUSCO) zirebera.

Umushumba mukuru wa Diyosezi ya Kinshasa, Musenyeri Jea Pierre Kwamba Masi, avuga yuko abashinzwe umutekano muri icyo gihugu barashe banica abantu benshi kurusha n’abo LONI ivuga. Ngo bibi kurushaho n’uko banarasirwagwa bakicirwa no mu biliziya nk’uko banahatererwaga ibyo bisasu by’imyotsi. Musenyeri Kwamba Masi nawe agasaba yuko leta ya Kabila yareka abantu bakigaragambya ngo kuko ari uburenganzira bahabwa n’amategeko.

Ibyo ariko ni ugusaba Kabila ibyo adashobora gutanga. Abigaragambya baba bamusaba yuko ava ku butegetsi kandi we adashaka kubuvaho. No kuvuga kandi ngo abamurwanya baba bigaragambya mu mutuzo ntabwo aribyo kuko imyigaragambyo yabo kenshi irangwa n’ubusahuzi harimo no guhohotera abatifuza kwifatanya nabo mu kwamagana Kabila !

Casmiry Kayumba 

2018-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburundi bwahagaritse imiryango isaga 100 buyishinja kwigisha ubutinganyi

Uburundi bwahagaritse imiryango isaga 100 buyishinja kwigisha ubutinganyi

Ubwanditsi 01 Oct 2018
Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni  na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Ubwanditsi 23 Jun 2019
Perezida Kagame yerekanye ko urubyiruko ari rwo mizero y’ahazaza h’Afurika

Perezida Kagame yerekanye ko urubyiruko ari rwo mizero y’ahazaza h’Afurika

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Bombori Bombori muri RNC: Umwiryane mu bigarasha  bya RNC urakomeje, Benoit Umuhoza yasezerewe, Deo Nyiligira niwe utahiwe

Bombori Bombori muri RNC: Umwiryane mu bigarasha  bya RNC urakomeje, Benoit Umuhoza yasezerewe, Deo Nyiligira niwe utahiwe

Ubwanditsi 29 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8
IMIKINO

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo  ibirindiro  mbere yo kubohora Igihugu
Mu Rwanda

Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo ibirindiro mbere yo kubohora Igihugu

Ubwanditsi 01 Aug 2017
Ntayima nyina akabara: Kabuga Félicien ukurikiranyweho Jenoside yaribyaye
Amakuru

Ntayima nyina akabara: Kabuga Félicien ukurikiranyweho Jenoside yaribyaye

Ubwanditsi 24 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru