• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Burera: Abaturage baragurisha amasambu kugira ngo babone amashilingi yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda

Burera: Abaturage baragurisha amasambu kugira ngo babone amashilingi yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda

Editorial 10 Jan 2018 HIRYA NO HINO

Abaturage bo mu mirenge ya Cyanika na Kagogo ihana imbibi na Uganda, bavuga ko ubuyobozi bwo hakurya busigaye bufata abanyamahanga batagira ibyangombwa, ngo hakaba hari ababo bafatiweyo bagafungwa; ngo kugira ngo barekurwe bibasaba kugurisha umurima ngo babone amande ya miliyoni ebyiri z’Amashillingi ya Uganda (Frw 500 000).

Bamwe muri aba baturage bavuga ko hashize igihe aba baturage bafatwa dore ko bari basanzwe bafite ibikorwa binyuranye muri iki gihugu haba abajya gushakayo imirimo (gupakaza), ndetse n’abasanzwe bafiteyo imyaka bahinze bagenda bagiye gusarura bagahita bafatwa bagatabwa muri yombi bitwa intasi.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Muri uyu murenge hari abanyarwanda bajyaga gupakazayo (gushakayo akazi), bagera muri 48 bafunzwe, ni ibintu bihindutse vuba mu gihe kitarenze icyumweru. Bari bafite ibyangombwa bisanzwe barasinyishije ndetse n’ikimenyimenyi hari n’abajyayo bagiye kubasura nabo bagafatwa”

Undi yagize ati “Nkiziho kuko hariyo n’umwana wa muramukazi wanjye nawe wagiyeyo agiye gupakaza bahita bamufata baramufunga ubu hashize igihe kingana n’ukwezi afungiyeyo, ntituzi ngo azaza ari muzima ntituzi ngo amerewe ate”

Yakomeje agira ati “Ubwo tukagenda twumva n’amakuru ko bashobora kuzabajyana ahantu hitwa i Ruzira (muri Uganda), ngo ho haba hafite ubuzima bubi, umuntu wawe ugiyeyo kugirango uzamubone ni amahirwe Imana iba yamuteguriye”

Hari undi muturage wabwiye TV1 ko ari umwe mu bari bari muri Uganda ubwo aba baturage bafatwaga aho yavuze ko aba baturage bafatwa bagahabwa igihano cyo gufungwa amezi 18 ndetse bakanacibwa amashilingi miliyoni n’igice y’amafaranga akoreshwa muri Uganda.

Umuyobozi w’akarere ka Burera, Madamu Uwambajemariya Florence yabwiye Ukwezi dukesha iyi nkuru  ko aka Karere kari ku mupaka kandi ibijyanye n’urujya n’uruza hanyuraho abaturage baba abambuka bajya muri Uganda ndetse n’abava muri Uganda baza mu Rwanda aho nk’ubuyobozi bagerageza gukora inama zihoraho ari nazo bifashisha gukangurira abaturage uburyo bwo kwirinda ibibazo nk’ibi

Yagize ati “Nk’uko akarere ka Burera kari ku mupaka, mu bijyanye n’urujya n’uruza rw’abantu hanyura abo mu karere ka Burera no mu turere dutandukanye twebwe rero ku ruhande rwacu nk’akarere ka Burera, buri gihugu kigira uburyo gikora icyo dukora ni ubukangurambaga tukigisha abaturage bacu uburyo bashobora kwitwara ibyangombwa bagomba kwitwaza bakubahiriza ibisabwa ku buryo bwose bushoboka”

Yakomeje agira ati “Hari n’inama zambukiranya imipaka zijya ziba (Cross Boarder Meeting) tukagenda tugira kugirango turebere hamwe ibi bibazo byambukiranya imipaka bijya bigaragara ngira ngo ubwo buryo rero nibwo bujya budufasha kugerageza gukemura ibyo bibazo biba byagaragaye”

Meya Florence kandi yakomeje avuga ko hari amahirwe menshi mu gihugu cy’u Rwanda bityo abaturage bakangurirwa kuyabyaza umusaruro aho kugira ngo bajye kwiteza ibibazo mu bindi bihugu cyane mu bihe nk’ibi haba havugwa umwuka uteri mwiza hagati y’ibyo bihugu n’u Rwanda.

Umva hano Meya wa Burera asobanura icyo bari gukora kuri iki kibazo

Kuva muri Nzeri 2017, abanyarwanda bafungwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko bigizwemo uruhare n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI, bagakorerwa iyicarubozo basabwa kwemera ku gahato ko ari intasi z’u Rwanda. Bivugwa ko abakorana na Kayumba Nyamwasa aribo batungira agatoki inzego za gisirikare muri Uganda uwo zigomba guta muri yombi.

Mu gihe uyu mwuka wo gushimuta ukomeje gufata indi ntera, ubwoba ni bwose ku banyarwanda bajya muri Uganda umunsi ku wundi. Benshi barashaka kumenyesha imiryango yabo, inshuti n’abayobozi igihe cyose baba bagiye kugenda, ko bagomba gusigara bari maso bakamenya icyababayeho mu gihe baburiwe irengero mu buryo nk’ubu budasobanutse.

Kuwa Gatanu tariki 5 Mutarama 2018,nibwo intumwa ya Perezida Museveni ari nawe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Uganda, Sam Kutesa yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame w’u Rwanda aho bivugwa ko ibi biganiro byari bigamije gushakira hamwe umuti w’ibi ibibazo bimaze iminsi bivugwa hagati y’ibihugu byombi harimo iri tabwa muri yombi rya hato na hato ry’abanyarwanda

 

2018-01-10
Editorial

IZINDI NKURU

CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$

CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$

Editorial 02 Apr 2019
Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Editorial 12 Mar 2018
Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Editorial 03 Apr 2019
Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Editorial 20 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere
Mu Mahanga

Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere

Editorial 08 May 2016
APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere
Amakuru

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Editorial 29 Jan 2022
RDC: Igisirikare cya Congo kiravuga ko kivuganye inyeshyamba 10 za ADF
ITOHOZA

RDC: Igisirikare cya Congo kiravuga ko kivuganye inyeshyamba 10 za ADF

Editorial 25 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru