• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Editorial 23 Jan 2018 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yagize icyo itangaza ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu ryatangajwe na Leon Mugesera ufungiye muri Gereza ya Nyanza nyuma y’iperereza yakoze igasanga ibyo yavugaga ari ukubeshya.

Itangazo iyi komisiyo yashyize ahagaragara rikaba rivuga ko ibyo Dr Leon Mugesera yatangarije itangazamakuru ko afashwe nabi n’abacungagereza aho afungiye batuma atabonana n’umuryango we ndetse ntiyemererwe kuvurwa ari ibinyoma bidafite ishingiro.

Iri tangazo rikaba rigaragaza ko nyuma yo kumva ibyatangajwe na Mugesera mu itangazamakuru ku mpungenge z’uburenganzira bwe nk’umuntu, burimo kuvuzwa, kubonana n’abanyamategeko, kugaburirwa neza, gusurwa n’umuryango we n’ibindi, Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yakoze iperereza ryigenga ndetse igasura Gereza ya Nyanza kuwa 29 Ukuboza 2017 ngo ijye kwirebera ibyo Mugesera avuga.

Iyi komisiyo yanabonanye na Mugesera ubwe bagirana ikiganiro kuri buri kibazo cy’ihonyorwa ry’uburenganzira bwe yavugaga hari n’umunyamategeko we, Rudakemwa Felix.

Ibyavuye muri uru rugendo rwakozwe muri kasho zose z’iyi gereza icumbikiye Abanyarwanda n’abanyamahanga boherejwe kurangirizamo ibihano byabo, komisiyo yasanze uburenganzira n’imibereho myiza by’imfungwa byitabwaho nk’uko biteganywa ku rwego mpuzamhanga kandi isanga ibyo Mugesera yavugaga ahanini ari ibinyoma.

Iperereza rikaba ryarasanze ivuriro riri muri gereza rikurikirana ibibazo byose by’ubuzima ku mfungwa zose nta kuvangura kandi ibibazo ridashoboye rikaba rihita ribyohereza ku bitaro bikuru.

Ku bibazo byihariye byazamuwe na Dr Leon Mugesera, komisiyo ikaba ivuga ko binyuranye n’ibirego bya Mugesera by’uko yimwe ubuvuzi, harimo kuba yarasibye inshuro 8 kubonana n’abaganga b’amaso (ophthalmologists) ku Bitaro bya Faysal (hagati ya Werurwe 2016 kugeza ubu) no kutabonana n’umuganga we, ahubwo Mugesera yavuriwe mu Bitaro bya Faysal muri icyo gihe avuga.

Komisiyo ikaba ivuga ko yasanze Mugesera afatwa kimwe n’izindi mfungwa ku ivuriro, yarakiriwe inshuro 8 hagati ya kamena 2017 kugeza ubu nk’uko biteganywa ko ibibazo byose by’uburwayi biba bigomba kubanza kwitabwaho mu ivuriro ryo muri gereza byananirana akaba ari bwo byoherezwa mu bitaro byisumbuyeho.

Ku kibazo cyo kuba Mugesera yarangiwe kubonana n’umuryango we n’umunyamategeko we, komisiyo yasanze hagati ya Kamena, itariki 16 kugeza ku itariki 24 Ukuboza 2017, Mugesera yarasuwe inshuro 13 n’umuryango we n’inshuti nk’uko bigaragara mu gitabo cyandikwamo abasura imfungwa.

Icyo gitabo kigakomeza kigaragaza ko guhera kuwa 04 Gicurasi 2016 kugeza kuwa 29 Ukuboza 2017, Mugesera yagiranye inama inshhuro 28 n’umwunganizi we mu mategeko. Komisiyo ikaba ivuga ko yasanze ibigenderwaho mu gusura imfungwa aho iba yemerewe gusurwa rimwe mu cyumweru byarubahirije.

Mu gusoza, Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yasabye Urwego rw’Igihugu rushinzwe Amagereza (RCS) gushaka ahantu hiherereye imfungwa zajya ziganirira n’abanyamategeko bazo, ndetse igakora ubukangurambaga bwo kumenyesha imfungwa amategeko agenga gereza n’ibigenderwaho, harimo n’amabwiriza arebana no gusurwa.

Komisiyo kandi ikaba yasabiye Mugesera guhabwa ibyo kurya yandikiwe na muganga we no kumworohereza kubahiriza gahunda aba afitanye n’abaganga.

2018-01-23
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri Busingye yabwiye Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda ko ibikorwa byayo bikwiriye kujyana n’aho Ikoranabuhanga rigeze

Minisitiri Busingye yabwiye Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda ko ibikorwa byayo bikwiriye kujyana n’aho Ikoranabuhanga rigeze

Editorial 27 Mar 2017
Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo  kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi

Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi

Editorial 12 Jul 2017
Ikinyamakuru Rushyashya  ubu kiraboneka  kuri ‘ rushyashya.net na rushyashya.net ‘

Ikinyamakuru Rushyashya ubu kiraboneka kuri ‘ rushyashya.net na rushyashya.net ‘

Editorial 29 May 2017
Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya

Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya

Editorial 07 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko amakipe azahura mu gice cy’imikino yo kwishyura muri Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022
Amakuru

FERWAFA yashyize hanze ingengabihe y’uko amakipe azahura mu gice cy’imikino yo kwishyura muri Shampiyona y’u Rwanda 2021-2022

Editorial 08 Feb 2022
RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be
Mu Rwanda

RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be

Editorial 09 Nov 2017
Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa
POLITIKI

Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa

Editorial 01 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru