• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yigobotoye Musanze FC bigoranye ica kuri APR FC

Rayon Sports yigobotoye Musanze FC bigoranye ica kuri APR FC

Editorial 15 Feb 2018 IMIKINO

Mu mukino waguyemo imvura nyinshi, Rayon Sports yatsinze Musanze FC ibitego bitatu kuri bibiri kuri Stade ya Kigali, ihita ica kuri APR FC ku rutonde rusange ifata umwanya wa kabiri.

Iyi kipe yegukanye igikombe cya shampiyona umwaka ushize itsinzwe umukino umwe gusa, ntabwo yorohewe n’uyu mukino wari ikirarane cy’umunsi wa munani wa shampiyona kuko Musanze FC yafunguye amazamu hakiri kare ku munota wa gatanu gitsinzwe na Kamana Bokota Labama.

Umutoza Olivier Karekezi uri ku gitutu kubera umusaruro muke ari gutanga muri iyi minsi, yasabye abakinnyi be kongera imbaraga mu gusatira, birabahira nyuma y’iminota ine bahita bacyishyura binyuze kuri Manishimwe Djabel ku mupira wari uvuye kuri Ismaila Diarra.

Musanze FC na yo ntiyacitse intege yakomeje gukina neza by’umwihariko Peter Otema na Bokota bazonze ubwugarizi bwa Rayon Sports, ibona na coup franc ebyiri ntizagira icyo zibyara, ubundi buryo bumwe Rayon Sports yabonye ku munota wa 22 Kwizera Pierrot ahita abubyaza umusaruro atsinda igitego cya kabiri.

Igice cya mbere cyarangiye ari ibitego 2-1, mu cya kabiri Rayon Sports yakinaga umukino wa nyuma mbere yo kwerekeza i Burundi aho ifite akazi gakomeye ko gutsinda Lydia Ludic muri CAF Champions League.

Yagerageje uburyo butandukanye harimo n’ubwo Ismaila Diarra uri mu bihe bibi yasigaranye n’umunyezamu Mazimpaka André ananirwa gutsinda.

Musanze FC iri ku mwanya wa 14 n’amanota icyenda gusa mu mikino umunani yari imaze gukina, yaje kubona igitego cyo kunganya ku munota wa 58 gitsinzwe na Barirengako Frank wari winjiye asimbuye Ramadhan.

Iki gitego cyakurikiwe n’imvura nyinshi yaguye kuri Stade ya Kigali, abafana bose bajya kugama ariko abakinnyi bo bakomeza guhangana buri kipe ishaka igitego cya gatatu ari na ko abatoza ku mpande zombi bakora impinduka zitandukanye.

Umusifuzi amaze kwerekana iminota ine y’inyongera, Rayon Sports yarushwaga bigaragara ndetse yanahushijwe igitego ku mupira Nyandwi Saddam yateye nabi usanga Barirengako Frank atera ishoti rya kure uragenda ukubita umutambiko ujya hanze.

Rutahizamu Diarra yahererekanyije umupira na Kwizera Pierrot wahise areba uko ba myugariro ba Musanze FC bahagaze awutera mu izamu Mazimpaka ntiyabasha kuwukurikira.

Umukino warangiye ari ibitego 3-2 ariko mu buryo bugoranye ndetse bamwe mu bakunzi ba rayon Sports bataha bivovota ko mu bigaragara ikipe yabo yasubiye inyuma cyane bagereranyije n’iyo bari bafite umwaka ushize nubwo bashoye akayabo bagura abakinnyi.

Iyi kipe yahise ifata umwanya wa gatatu ku rutonde rwa shampiyona rw’agateganyo iwukuyeho APR FC ikaba irushwa amanota abiri na Kiyovu Sports iyoboye ikanganya na AS Kigali amanota 18 naho Musanze FC ikomeje kujya habi kuko ari iya 14 n’amanota 9 irusha rimwe gusa, Miroplast FC na Espoir FC ziri mu murongo utukura.

2018-02-15
Editorial

IZINDI NKURU

Amavubi yasesekaye i Kigali avuye muri Benin aho aje kwitegura umukino bafitanye mu minsi itatu

Amavubi yasesekaye i Kigali avuye muri Benin aho aje kwitegura umukino bafitanye mu minsi itatu

Editorial 24 Mar 2023
Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri  Slovakia

Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Editorial 07 Jul 2016
Muri gahunda yiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’, Rayon Sports irakina na APR FC basogongera Sitade Amahoro

Muri gahunda yiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’, Rayon Sports irakina na APR FC basogongera Sitade Amahoro

Editorial 11 Jun 2024
Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune

Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune

Editorial 18 Nov 2017
Amavubi yasesekaye i Kigali avuye muri Benin aho aje kwitegura umukino bafitanye mu minsi itatu

Amavubi yasesekaye i Kigali avuye muri Benin aho aje kwitegura umukino bafitanye mu minsi itatu

Editorial 24 Mar 2023
Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri  Slovakia

Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Editorial 07 Jul 2016
Muri gahunda yiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’, Rayon Sports irakina na APR FC basogongera Sitade Amahoro

Muri gahunda yiswe ‘Umuhuro mu Amahoro’, Rayon Sports irakina na APR FC basogongera Sitade Amahoro

Editorial 11 Jun 2024
Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune

Eyob Metkel yongeye kwegukana agace ka tour du Rwanda Areruya Joseph agumana Maillot jaune

Editorial 18 Nov 2017
Amavubi yasesekaye i Kigali avuye muri Benin aho aje kwitegura umukino bafitanye mu minsi itatu

Amavubi yasesekaye i Kigali avuye muri Benin aho aje kwitegura umukino bafitanye mu minsi itatu

Editorial 24 Mar 2023
Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri  Slovakia

Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Editorial 07 Jul 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru