• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje

RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje

Ubwanditsi 27 Feb 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, yokejwe igitutu n’abakoresha Twitter nyuma y’inkuru yatangaje igaragaza itsinda ry’abapolisi bo muri Ghana bahamagajwe kubera ibirego bakekwaho byo gusambanya impunzi, ariko igakoresha ifoto iriho abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro.

Ejo ku Cyumweru nibwo ubuyobozi bushinzwe ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) bwategetse itsinda ry’abapolisi bo muri Ghana 46 bari muri ubwo butumwa gusubira mu murwa mukuru Juba, rivuye mu gace ka Wau gaherereye mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Juba.

Itangazo rya UNMISS, ryavugaga ko hari amakuru y’uko bamwe mu bagize itsinda ry’abapolisi bishoye mu busambanyi, ibi bikaba bihabanye n’amahame ya Loni na UNMISS abuza imibonano mpuzabitsina n’abantu b’inzirakarengane harimo n’abo ushinzwe kwitaho.

Kuri uyu wa Mbere ubwo ishami rya RFI muri Afurika ryandikaga iyi nkuru, ryakoresheje ifoto iriho abasirikare babiri ba RDF bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni. Abakoresha Twitter barimo n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Olivier Nduhungirehe, banenze ubunyamwuga bw’iki gitangazamakuru ndetse banerekana ko atari ubwa mbere amakosa nk’aya abaho.

Nduhungirehe abinyujije kuri Twitter yagize ati “Vuga @RFI, abirabura barasa bose, nibyo? Ibi ni nk’ubwa gatatu mukoresha amafoto y’abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mu bikorwa by’ubusambanyi byakozwe n’abandi basirikare.”

Uwitwa Jules Rutalihire yagize ati “Gukoresha abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu nkuru ishinja abanya-Ghana, iri tangazamakuru baryita ngo iki? Ni ukutagira amahame ngengamyitwarire…ni iki? Itangazamakuru ry’u Bufaransa mwateye imbere mukareka politiki, muritesha agaciro ubwanyu.”

Si ubwa mbere igitangazamakuru cyo mu Bufaransa cyokejwe igitutu kubera ibintu nk’ibi. Umwaka ushize France 24, yamaganiwe kure nyuma y’inkuru yatangaje igaragaza abasirikare b’Abafaransa bakurikiranywe n’ubutabera ku byaha byo gufata abana ku ngufu muri Centrafrique ubwo bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri iki gihugu, ariko kigakoresha ifoto iriho umupolisi w’u Rwanda.


2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Ubwanditsi 21 Apr 2023
Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa

Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa

Ubwanditsi 22 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika  ibiganiro mu Rwanda
Mu Rwanda

Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika ibiganiro mu Rwanda

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.
Amakuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Ubwanditsi 11 Mar 2024
Gen Kabarebe yihanganishije Malawi ku mpanuka yahitanye abagore babiri ba b’ofisiye b’icyo gihugu
Mu Mahanga

Gen Kabarebe yihanganishije Malawi ku mpanuka yahitanye abagore babiri ba b’ofisiye b’icyo gihugu

Ubwanditsi 04 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru