• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»DJ Ira yavuze ko mu kazi ke hari abamwibeshyaho bakamwitiranya n’indaya

DJ Ira yavuze ko mu kazi ke hari abamwibeshyaho bakamwitiranya n’indaya

Ubwanditsi 09 Mar 2018 SHOWBIZ

Umuvangamizikikazi ufite inkomoko mu Bururndi, DJ Ira n’umwe mu bakobwa bake batinyutse gukora uyu mwuga warumenyerewemo abahungu, avuga ko  mu kazi ke  ka buri munsi, ahura n’i mbogamizi z’abagabo baza kumutereta bamwitiranya n’indaya.

DJ Ira mu mazina yiswe n’ababyeyi  ni Iradukunda Grace Divine ni umwari w’umurundikazi ariko akorera mu Rwanda. Izina rye rimaze kumenyekana cyane biturutse ku bitaramo bikomeye agenda agaragaramo birimo nka Primus Guma Guma Super Star, Miss Rwanda, ikiganiro cyo kuri televiziyo y’u Rwanda cyitwa The Jam n’ibindi birori bitandukanye.

Kuri uyu wa 08 Werurwe 2018 u Rwanda rwifatanyije n’amahanga mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abari n’Abategarugori Eachamps yaganiriye na DJ nk’umwe mu bakobwa bake babashije gutinyuka akinjira mu kazi ko kuvangavanga imiziki ubundi kamenyerewe ku basore.

Ababyeyi be bumvaga ibyo arimo ari nka filime

DJ Ira avuga ko yakuze akunda kuvangavanga imziki, bikubitiraho no kuba mubyara we Dj Bisoso( uri mu DJ bakunzwe mu Rwanda) ari byo akora, amusaba kubimwigisha ariko arabyanga amusaba kubanza kurangiza amashuri yisumbuye.

Yagize ati “narabikundaga, ngira n’amahirwe yo kugira umuntu mu muryango ubikora (DJ Bisoso), ndabumusaba ko yabinyigisha arambwira ati ‘nta kibazo ariko banza urangize amashuri yisumbuye, ubone kuza mu Rwanda nkwigishe turi kumwe.”

DJ Ira akimara kurangiza amashuri yisumbuye muri 2015 mu ishami ry’Ikoranabuhanga yerekeje mu Rwanda aza kwiga umwuga yakunze kuva mu bwana bwe gusa ngo ababyeyi ntibiyumvishaga ko azabishobora.

Yagize ati “ Ababyeyi banjye, Bisoso akibabwira ko agiye kunzana ino kubinyigisha bumvaga ari filime turi gukina, bumvaga ntazabishobora ariko baravuga bati ubwo ari Bisoso untwaye ntacyo tuzagerageza nibyanga nzagaruke.”

N’ubwo ababyeyi be bumvaga ko atazabishobora, Dj Ira avuga ko yari yifitiye icyizere ko bitamunanira kuko ari ibintu yakunze kuva mu bwana bwe.

Dj Ira yageze mu Rwanda mu mpera za 2015 akajya yigira mu rugo mu gihe cy’amezi 2, ubundi atangira gucuranga mu bitaramo bitandukanye kugeza n’ubu ari ma bakobwa ba mbere bubashywe muri aka kazi.

Hari abamufata nk’indaya…

N’ubwo Dj Ira amaze kubaka izina muri uyu mwuga utisukirwa n’umukobwa ubonetse wese, avuga ko zimwe mu mbogazi ahura nazo, ari uko hari abagabo bamubona bagatekereza ko ari indaya ndetse bamwe bagatangira kumwanjama bamutereta.

Yagize ati “ hari abantu batarabyiyumvisha, bumva ko gukora akazi k’ijoro uri umukobwa uba waje kwigurisha, bagashaka kugutereta, bagusaba nomero za telefone… nyine usanga ari ibintu nk’ibyo, gusa maze kubimenyera mfite ukuntu mbatwara, nta mwanya mbaha keretse iyo hari umuntu uje gusaba indirimbo.”

Dj Ira avuga ko kandi hari abagabo batariyumvisha uburyo umukobwa aza kubacurangira mu kabari ku buryo hari n’abamwagana gusa avuga ko bakwiye guhindura iyo myumvire kuko n’abakobwa bashoboye gukora imirimo ukunzwe kwitirwa abagabo.

DJ Ira umukobwa wifashije…

Nta gihe kinini uyu mwana w’umukobwa amaze muri aka kazi ariko avuga ko kamwinjiriza amafaranga atari make atuma abasha kwibeshaho ndetse agafasha n’umuryango we yasize mu gihugu cy’u Burundi.

Yagize ati “ aka kazi karantunze, nigurira ikintu cyose nshaka, nk’ubu ndashaka gutangira kaminuza nkaba ari njye uzayirihira, ntabwo nsubira inyuma ngo njye gusaba ababyeyi ahubwo ni njye uboherereza bakigurira nabo ikintu bashatse, navuga ko ari ibintu bintunze.”

Avuga ko mu ashaka kuzaba umu-DJ ukomeye ku buryo agize amahirwe akabona kaminuza yigisha ibijyanye n’uyu mwuga ari yo yajyagamo

DJ Ira agira inama abandi bakobwa ko bakwitinyuka iyi mirimo ikunzwe kwitirirwa ko ikora n’abagabo, gusa na none ngo bakwiye kujya mu bintu babanje kubitekerezaho neza, bategendeye k’uko babona abandi.

DJ Ira avuga ko hari abajya bamuyoberaho bakamwitiranya n'indaya

 

 

 

2018-03-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Nyampinga wa Iraq wirukanwe mu gihugu n’umuryango we kubera selfie yifotoje ari kumwe na nyampinga wa Israel,yongeye kwifotozanya nawe

Nyampinga wa Iraq wirukanwe mu gihugu n’umuryango we kubera selfie yifotoje ari kumwe na nyampinga wa Israel,yongeye kwifotozanya nawe

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Urban Boys irakomeza ari babiri cyangwa barahitamo kuyisenya burundu?

Urban Boys irakomeza ari babiri cyangwa barahitamo kuyisenya burundu?

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Marina yakoze indirimbo ya mbere iri mu njyana ya Zouk

Marina yakoze indirimbo ya mbere iri mu njyana ya Zouk

Ubwanditsi 16 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite
INKURU NYAMUKURU

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Ubwanditsi 27 Sep 2019
Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we
INKURU NYAMUKURU

Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we

Ubwanditsi 04 Aug 2020
Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Ubwanditsi 11 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru