• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Umukuru wa Polisi wungirije Jenerali de Brig. Sabiti Mzee Mugyenyi ashobora kwicwa na Jeannette Museveni

Uganda: Umukuru wa Polisi wungirije Jenerali de Brig. Sabiti Mzee Mugyenyi ashobora kwicwa na Jeannette Museveni

Ubwanditsi 20 Mar 2018 ITOHOZA

Dukomeje kubacukumburira amakuru y’ibibera mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda, muri uyu mwanya turabagezeho itohoza ku mubano wa madamu Jeannette Museveni n’uwagizwe komiseri wungirije wa Polisi Brig Sabiti Mzee Mugyenyi.

Ubwo yahabwaga amabanga yo kuyobora ingabo zidasanzwe, Jenerali de Burigade Nabaasa, yavuze ko Sabiiti wari warashyizweho umwitangirizwa mu kwesa imihigo, mu rwego rw’ikinyabupfura, no gukora atikoresheje ku buryo buhanitse cyane, ashimangira ko igisirikare cyigomba kudateshuka kuri uru rugero.

Yashimagije Sabiiti nk’umuntu w’igicumbi cy’ikinyabupfura, urangwa no kubahiriza igihe, yongeraho ko ngo ” Ngo kamere ye yo kubahiriza igihe, gukora yivuye inyuma, no kuba ari ntamakemwa, ubwitange bwe mu ngabo bidasanzwe.”Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru nyuma yo gushingwa amabanga mashyashya, Sabiiti yagize ati, ” Nzakumbura Military Police” ariko ngo yiteguye gufata umwanya we mushyashya, kandi nzakora ntikoresheje.”

 Uko yayoboye batayo idasanzwe yasubije Perezida Nkurunzi i Burundi yakorewe coup d’etat.

Sabiti azwiho kurangwa n’ikinyabupfura, ubwo yari akiri umuyobozi w’ingabo zidasanzwe. Ubwo igisa nka kudeta yari igiye gukorwa mu gihugu cy’uBurundi, Perexida Museveni wari hamwe na Perezida Nkurunziza w’uBurundi mu ndege ye ya Perezidansi yo mu bwoko bwa Gulf Stream, yahise ahamagaza bamwe mu bayobozi b’ingabo zidasanzwe barimo na Sabiiti, abategeka gushyiraho batayo yazobereye mu bikorwa by’intambara, kuko bagombaga kujya iBurundi bajyanye Nkurunziza, bityo bakamusubiza ku ntebe nka Perezida.

Résultat de recherche d'images pour "Brig. Sabiti Mzee"

Akaba yarahaye Sabiiti inshingano zo kubakurira, amubwira ko agiye kujyana na Nkurunziza iBujumbura. Aba basirikare bari barashiririjwe n’intambara barateguwe, dore ko bamwe bari bagikubuka muri Somalia, mu gihe abandi batumijwe kuva mu itsinda ry’abakomando bazwi nka ” Elite Commando 2, bari barateguriwe mu mashyamba y’ahitwa Lira, aho kandi Sabiiti yaramaze iminsi mike avuye kwitoreza. Iri tsinda rikaba ryarakoze inshingano ryari ryahawe ku buryo bunoze, ndetse bamwe mur’izo ngabo zasigaye I Burundi, kugeza magingo aya. Biyoberanya mu mpuzankano z’igisilikare cy’uburundi.

Ubwumvikane buke na Janet Museveni

Amakuru aturuka muri SFC yabwiye uyu munyamakuru ko Sabiiti yihishahishaga Janet Museveni [ Umugore wa Perezida Museveni ], nkuko n’abandi basirikare benshi bamerewe. Aya makuru  y’ibanga yahishuwe na Rushyashya.net yifashishije intasi za Museveni avuga ko Janet yatekerezaga ko yari kuzasimbura Muhoozi Kainerugaba umuhungu we w’imfura, kuberako yari yarahindutse inshuti magara y’ingabo nyinshi muri iryo tsinda ry’ingabo zidasanzwe, akizerwa na Perezida Museveni[ Bivugwa ko yaba ari n’umuhunguwe yabyaye hanze], kandi bikaba bivugwa ko ariwe wagiriye Museveni inama yo gukura abasirikare badasanzwe barindaga Janet, akabasimbuza abapolisi. Ibi byaje kuba nyuma yuko abasirikare bakomeje kujya bitotomba ngo kuko Janet yabafataga nabi, aho benshi muri bo bataga akazi mu gihe babaga batahiwe kujya kumurinda.

Tuzakomeza kubacukumburira aya makuru……

2018-03-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views

Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views

Ubwanditsi 06 Sep 2023
Ni iki Bibiliya ivuga ku birebana na Noheli?

Ni iki Bibiliya ivuga ku birebana na Noheli?

Ubwanditsi 23 Dec 2016
Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Ubwanditsi 11 Oct 2021
Impamvu umuhuro wa Gatuna atari uwo gufungura umupaka

Impamvu umuhuro wa Gatuna atari uwo gufungura umupaka

Ubwanditsi 14 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Enyimba FC irimo  yageze i Kigali itari kumwe na kapiteni wayo
IMIKINO

Enyimba FC irimo yageze i Kigali itari kumwe na kapiteni wayo

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.
Amakuru

Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.

Ubwanditsi 11 May 2024
Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar
POLITIKI

Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Ubwanditsi 26 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru