• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Ubwanditsi 24 Mar 2018 UBUKUNGU

BK Group PLC yatangaje ko kugeza mu Ukuboza 2017 yagize inyungu ya miliyari 23.3 Frw, ikaba yarazamutse ugereranyije n’umwaka wabanje kuko yazamutseho 12.5%.

Umwaka ushize nibwo byemejwe ku mugaragaro ko BK ibaye ikigo kibumbye ibindi birimo Banki ya Kigali, BK General insurance, BK TecHouse na BK Capital yahoze ari BK Securities.

Mu mibare yatangajwe kuri uyu wa Gatanu ku cyicaro gikuru cy’iki kigo, Umuyobozi Mukuru wa BK Group PLC, Dr Diane Karusisi, yavuze ko cyishimiye uko cyakoze mu mwaka ushize arebye inyungu yabonetse n’inguzanyo zatanzwe zazamutseho 22.3% zikagera kuri miliyari 471.7 Frw.

Yagize ati “Twumva ko abakiliya bacu banezerewe kuko babona ko banki yabo ikomeje kubashyigikira mu byo bakora. Ikindi twishyuye imisoro igera kuri miliyari 10.8Frw, tukumva ko no ku gihugu ari ikintu cyiza kuko iyo misoro twishyura ikomeza kubaka igihugu cyacu.”

Dr Diane yavuze ko inyungu yazamutse ari n’inkuru nziza ku banyamigabane.

Ati “Hanyuma n’abanyamigabane bacu tuzabaha umugabane ungana miliyari 9.3Frw (40% by’inyungu), twizera ko nabo bazashimishwa n’uko Banki ya Kigali yakoze muri uyu mwaka ushize.”

Inama y’Inteko Rusange ya BK iteganyijwe kuwa 18 Gicurasi 2018 niyo izemeza itangwa ry’iyo nyungu ku banyamigabane, aho biteganywa ko hazatangwa 13.87Frw ku mugabane.

Ubuyobozi bwa BK Group buvuga ko mu bigo biyihuriramo, nka BK TechHouse yatangiye umwaka ushize itaratangira kubyara inyungu ifatika, ariko BK General Insurance yatangiye muri Nyakanga 2016 yo ihagaze neza ku isoko kuko.

Umuyobozi wayo, Alex Bahizi, yavuze ko mu mwaka ushize iki kigo binjije miliyoni hafi 300Frw zibarirwa mu nyungu rusange ya BK Group mu mwaka ushize, bitewe n’izina rikomeye iki kigo cyatangiriyeho.

Yagize ati “Kuba BK General Insurance yaratangiye ari iya Banki ya Kigali, abakiliya kuyumva, kumenya ko ifite ingufu, ntabwo byatinze kuko bumvaga ko ikoresha indangagaciro Banki ya Kigali isanganwe. Byatworohereje kubona abakiliya benshi mu gihe gito kugira ngo tubahe ubwishingizi.”

Yakomeje agira ati “Icya kabiri ni ubushobobozi bushingiye ku mari shingiro. Muzi ko isosiyete y’ubwishingizi mu Rwanda isabwa miliyari 1Frw kugira ngo itangire. Iyi ya Banki ya Kigali itangira abanyamigabane bayemereye miliyari 5Frw ndetse umwaka ushize ujya kurangira baduhaye indi imwe, bigaragara ko Banki ya Kigali ishaka ko iyi sosiyete ikomera ikarushaho guha serivisi nziza abakigana.”

Yavuze ko mu bijyanye n’ubwishingizi, iyo ufite imari shingiro nini bituma wishingira ubucuruzi bunini, bityo ukagira abakiliya benshi ari nayo mvano y’inyungu iri hejuru.

Kugeza mu Ukuboza 2017, BK Group yari igeze ku mutungo mbumbe wa miliyari 727.2 Frw, aho nk’ishami rya banki ryatanze serivisi ku bakiliya bato 257000 n’abanini 24 000.

Uwo mwaka warangiye rifite abarihagararariye (agents) 1437, amashami 79, ATM zigera kuri 91 n’ibyuma bifasha mu kwishyura (POS) 1250.

Kugeza ku wa 31 Ukuboza 2017 umutungo mbumbe wa BK Group PLC wazamutseho 13.9%, ugera kuri miliyari 727.2 Frw uvuye kuri 638.3 Frw mu mpera z’igihembwe cya kane umwaka wabanje.

 

Umuyobozi Mukuru wa BK Group, Dr Diane Karusisi

 

 

2018-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Ubwanditsi 14 Jan 2020
Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Ubwanditsi 09 Jan 2020
AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Ubwanditsi 12 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara
INKURU NYAMUKURU

Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame
Amakuru

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ubwanditsi 03 Dec 2021
Umuhanzikazi Butera Knowless agiye gukorana indirimbo n’ umuhanzi ukomeye Ben Pol
SHOWBIZ

Umuhanzikazi Butera Knowless agiye gukorana indirimbo n’ umuhanzi ukomeye Ben Pol

Ubwanditsi 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru