• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Ubwanditsi 27 Mar 2018 IMIKINO

Huye Rally Team igizwe na Eric Gakwaya na Tuyishime Regis mu modoka ya Subaru Impreza ni bo begukanye Rally de l’Est 2018, isiganwa ry’amamodoka ribimburira andi yose azakinwa muri uyu mwaka wa 2018.

Nyuma yo kwegukana iryo rushanwa, Eric Gakwaya yagize ati “Isiganwa ryagenze neza muri rusange, kuko twe nk’abapilote iyo habaye isiganwa nk’iri rikarangira nta gikuba gicitse, nta modoka igiye cyangwa igonze riba ryagenze neza.”

Gakwaya Christian Umuyobozi w'Ishyirahamwe ry'imikino y'amamodoka na moto. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Gakwaya Christian Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’imikino y’amamodoka na moto. (Foto: RuhagoYacu)

Yakomeje avuga ko bari babanje guterwa impungenge n’umuhanda bakiniyemo batawumenyereye, ariko ngo byarabanejeje cyane kuruta uko babitekerezaga.

Uyu mwaka hazaba amasiganwa atanu nk’uko RAC ibitangaza, arimo irizakinirwa muri Uganda ndetse n’andi azabera mu Rwanda.

Christian Gakwaya, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’imikino yo gusiganwa mu modoka no kuri moto (RAC) yatangaje Rally de l’Est yakinwe mu bice bibiri, hagamijwe no guha amahirwe abakunda umukino w’amamodoka batarabona ayagenewe amasiganwa.

Irushanwa ryatangiye kuwa gatandatu tariki ya 24 Werurwe basiganwa muri Parikingi ya CHIC mu Mujyi wa Kigali rwagati, maze ku cyumweru tariki ya 25 Werurwe bakina igice cya Rally cyakiniwe mu mihanda y’Akarere ka Gasabo, aho bahagurukiraga ku Kimironko bakajya i Bumbogo bakambukira i Ndera bakagaruka.

Umukino wose ukinwa n'abawukunda kandi bawuzi uryohera abafana. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Umukino wose ukinwa n’abawukunda kandi bawuzi uryohera abafana. (Foto: RuhagoYacu)
N'aho ukeka ko bidashoboka, abafana ntibibabuza kureba Rally dore ko imodoka ziba zanabasanze aho batuye. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)N’aho ukeka ko bidashoboka, abafana ntibibabuza kureba Rally dore ko imodoka ziba zanabasanze aho batuye. (Foto: RuhagoYacu)

Uretse Huye Rally Team yaje ku isonga, Mutuga Janvier na Hassan Bukuru mu modoka ya Subaru Impreza ni bo baje ku mwanya wa kabiri, hanyuma Team Dukes ya Fergadotis na Shyaka M.Kevin mu modoka ya Toyota Corolla baza ku mwanya wa gatatu.

Mu modoka umunani (8) zatangiye isiganwa hashoboye kurangiza kandi Lionel Kayitankore na Gaetan Rutabingwa mu modoka ya Toyota Celica, aba bakaba barabaye aba kane mu gihe ABG Team ya Giesen Jean Jean na Dewalquie Yanick mu modoka ya Toyota Celica bo babaye aba gatanu n’ubwo batashoboye gusoza isiganwa.

Abandi ni Mbabazi Olivier na Emmanuel bakinishije imodoka ya Subaru Impreza, bo baje ku mwanya wa gatandatu n’ubwo na bo batashoboye kurangiza isiganwa ku mpamvu zitari impanuka ahubwo zishobora kuba zari zishamikiye ku burwayi bw’imodoka zabo.
Na moto ni umwe mu mikino ikinwa muri Rally n'ubwo kuri iyi nshuro zitasiganwe(Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Na moto ni umwe mu mikino ikinwa muri Rally n’ubwo kuri iyi nshuro zitasiganwe(Foto: RuhagoYacu)
Eric Gakwaya wari utwaye iyi modoka ayoborwa na Tuyishime Regis (Co-Polote), aha yakase ikoni imodoka ihita ireba aho yari iturutse. Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Eric Gakwaya wari utwaye iyi modoka ayoborwa na Tuyishime Regis (Co-Polote), aha yakase ikoni imodoka ihita ireba aho yari iturutse. Foto: RuhagoYacu)
Mutuga Janvier yari atwaye iyi modoka, Hassan Bukuru akamuyobora. Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Mutuga Janvier yari atwaye iyi modoka, Hassan Bukuru akamuyobora. Foto: RuhagoYacu)
Mbere y'isiganwa Co-Pilote M.Kevin yerekaga Pilote we Fergadiotis imihanda bazanyuramo. (Foto: Hardi Uwihanganye/Ruhagoyacu)Mbere y’isiganwa Co-Pilote M.Kevin yerekaga Pilote we Fergadiotis imihanda bazanyuramo. (Foto: Ruhagoyacu)
Iyi modoka ya Dukes Rally Team yari itwawe na Fergadiotis Tassos wafashwaga na M.Kevin Shyaka. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Iyi modoka ya Dukes Rally Team yari itwawe na Fergadiotis Tassos wafashwaga na M.Kevin Shyaka. (Foto: RuhagoYacu)
Lionel Kayitankore na Gaetan Rutabingwa na bo bakinishije iyi modoka. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Lionel Kayitankore na Gaetan Rutabingwa na bo bakinishije iyi modoka. (Foto: RuhagoYacu)
Jean Jean Giesen bita (Janja) yari atwaye iyi modoka afashwa na Yanick Dewalque, Umuzungu urusha benshi Ikinyarwanda, dore ko amaze imyaka isaga 40 mu Rwanda. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Jean Jean Giesen bita (Janja) yari atwaye iyi modoka afashwa na Yanick Dewalque, Umuzungu urusha benshi Ikinyarwanda, dore ko amaze imyaka isaga 40 mu Rwanda. (Foto: RuhagoYacu)
Mbabazi Olivier na Emmanuel bagonze byoroheje bagitangira ntibyababuza gukomeza ariko nyuma imodoka iza kubatenguha. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Mbabazi Olivier na Emmanuel bagonze byoroheje bagitangira ntibyababuza gukomeza ariko nyuma imodoka iza kubatenguha. (Foto: RuhagoYacu)
Umufana we yarebeshaga amaso ariko amatwi ari kuri Radio ngo yumve n'ahandi uko byifashe. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Umufana we yarebeshaga amaso ariko amatwi ari kuri Radio ngo yumve n’ahandi uko byifashe. (Foto: RuhagoYacu)
Uyu we yashakaga no gusigarana amashusho yo kujya ahora amwibutsa Rally de l'Est 2018. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Uyu we yashakaga no gusigarana amashusho yo kujya ahora amwibutsa Rally de l’Est 2018. (Foto: RuhagoYacu)

Jimmy ni we wegukanye Slalom (isiganwa ry'imodoka zagenewe amasiganwa ndetse n'izisanzwe ryabereye kuri CHIC). (Foto: Hardi Uwihanganye/Ruhagoyacu)Jimmy ni we wegukanye Slalom (isiganwa ry’imodoka zagenewe amasiganwa ndetse n’izisanzwe ryabereye kuri CHIC). (Foto: Ruhagoyacu)
Jimmy yari atwaye iyi Toyota Celica . (Foto: Hardi Uwihanganye/Ruhagoyacu)Jimmy yari atwaye iyi Toyota Celica . (Foto: Ruhagoyacu)
Kwari ukurushanwa ibihe mu gukata muri Parikingi ya CHIC. (Foto: Hardi Uwihanganye/Ruhagoyacu)Kwari ukurushanwa ibihe mu gukata muri Parikingi ya CHIC. (Foto: Ruhagoyacu)
Abafana bararyohewe cyane. (Foto: Hardi Uwihanganye/Ruhagoyacu)Abafana bararyohewe cyane. (Foto: Ruhagoyacu)

 

2018-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ngoga Shema Fabrice yemejwe nk’umukandida rukumbi wemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi wa FERWAFA

Ngoga Shema Fabrice yemejwe nk’umukandida rukumbi wemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi wa FERWAFA

Ubwanditsi 12 Aug 2025
Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026

Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026

RUSHYASHYA 05 Jul 2026

Imikino y’icyiciro cya kabiri irakomeza hakinwa umunsi wa kabiri mu guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 21 Sep 2021
Tombola ya 1/4 cya Champions League yasize ikipe ya Bayern Munichen ifite igikombe giheruka izahura na PSG bahuriye ku mukino wa nyuma mu mwaka w’imikino wa 2019-2020

Tombola ya 1/4 cya Champions League yasize ikipe ya Bayern Munichen ifite igikombe giheruka izahura na PSG bahuriye ku mukino wa nyuma mu mwaka w’imikino wa 2019-2020

Ubwanditsi 19 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

DIGP Marizamunda yasuye abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique
Mu Rwanda

DIGP Marizamunda yasuye abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique

Ubwanditsi 03 Apr 2016
Ibigwi by’abanyapolitiki bashyinguye i Rebero bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
POLITIKI

Ibigwi by’abanyapolitiki bashyinguye i Rebero bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Apr 2019
Paul Kagame Umuyobozi ubereye kuyobora Afrika
Mu Rwanda

Paul Kagame Umuyobozi ubereye kuyobora Afrika

Ubwanditsi 24 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru