• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Ubwanditsi 27 Mar 2018 IMIKINO

Huye Rally Team igizwe na Eric Gakwaya na Tuyishime Regis mu modoka ya Subaru Impreza ni bo begukanye Rally de l’Est 2018, isiganwa ry’amamodoka ribimburira andi yose azakinwa muri uyu mwaka wa 2018.

Nyuma yo kwegukana iryo rushanwa, Eric Gakwaya yagize ati “Isiganwa ryagenze neza muri rusange, kuko twe nk’abapilote iyo habaye isiganwa nk’iri rikarangira nta gikuba gicitse, nta modoka igiye cyangwa igonze riba ryagenze neza.”

Gakwaya Christian Umuyobozi w'Ishyirahamwe ry'imikino y'amamodoka na moto. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Gakwaya Christian Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’imikino y’amamodoka na moto. (Foto: RuhagoYacu)

Yakomeje avuga ko bari babanje guterwa impungenge n’umuhanda bakiniyemo batawumenyereye, ariko ngo byarabanejeje cyane kuruta uko babitekerezaga.

Uyu mwaka hazaba amasiganwa atanu nk’uko RAC ibitangaza, arimo irizakinirwa muri Uganda ndetse n’andi azabera mu Rwanda.

Christian Gakwaya, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’imikino yo gusiganwa mu modoka no kuri moto (RAC) yatangaje Rally de l’Est yakinwe mu bice bibiri, hagamijwe no guha amahirwe abakunda umukino w’amamodoka batarabona ayagenewe amasiganwa.

Irushanwa ryatangiye kuwa gatandatu tariki ya 24 Werurwe basiganwa muri Parikingi ya CHIC mu Mujyi wa Kigali rwagati, maze ku cyumweru tariki ya 25 Werurwe bakina igice cya Rally cyakiniwe mu mihanda y’Akarere ka Gasabo, aho bahagurukiraga ku Kimironko bakajya i Bumbogo bakambukira i Ndera bakagaruka.

Umukino wose ukinwa n'abawukunda kandi bawuzi uryohera abafana. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Umukino wose ukinwa n’abawukunda kandi bawuzi uryohera abafana. (Foto: RuhagoYacu)
N'aho ukeka ko bidashoboka, abafana ntibibabuza kureba Rally dore ko imodoka ziba zanabasanze aho batuye. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)N’aho ukeka ko bidashoboka, abafana ntibibabuza kureba Rally dore ko imodoka ziba zanabasanze aho batuye. (Foto: RuhagoYacu)

Uretse Huye Rally Team yaje ku isonga, Mutuga Janvier na Hassan Bukuru mu modoka ya Subaru Impreza ni bo baje ku mwanya wa kabiri, hanyuma Team Dukes ya Fergadotis na Shyaka M.Kevin mu modoka ya Toyota Corolla baza ku mwanya wa gatatu.

Mu modoka umunani (8) zatangiye isiganwa hashoboye kurangiza kandi Lionel Kayitankore na Gaetan Rutabingwa mu modoka ya Toyota Celica, aba bakaba barabaye aba kane mu gihe ABG Team ya Giesen Jean Jean na Dewalquie Yanick mu modoka ya Toyota Celica bo babaye aba gatanu n’ubwo batashoboye gusoza isiganwa.

Abandi ni Mbabazi Olivier na Emmanuel bakinishije imodoka ya Subaru Impreza, bo baje ku mwanya wa gatandatu n’ubwo na bo batashoboye kurangiza isiganwa ku mpamvu zitari impanuka ahubwo zishobora kuba zari zishamikiye ku burwayi bw’imodoka zabo.
Na moto ni umwe mu mikino ikinwa muri Rally n'ubwo kuri iyi nshuro zitasiganwe(Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Na moto ni umwe mu mikino ikinwa muri Rally n’ubwo kuri iyi nshuro zitasiganwe(Foto: RuhagoYacu)
Eric Gakwaya wari utwaye iyi modoka ayoborwa na Tuyishime Regis (Co-Polote), aha yakase ikoni imodoka ihita ireba aho yari iturutse. Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Eric Gakwaya wari utwaye iyi modoka ayoborwa na Tuyishime Regis (Co-Polote), aha yakase ikoni imodoka ihita ireba aho yari iturutse. Foto: RuhagoYacu)
Mutuga Janvier yari atwaye iyi modoka, Hassan Bukuru akamuyobora. Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Mutuga Janvier yari atwaye iyi modoka, Hassan Bukuru akamuyobora. Foto: RuhagoYacu)
Mbere y'isiganwa Co-Pilote M.Kevin yerekaga Pilote we Fergadiotis imihanda bazanyuramo. (Foto: Hardi Uwihanganye/Ruhagoyacu)Mbere y’isiganwa Co-Pilote M.Kevin yerekaga Pilote we Fergadiotis imihanda bazanyuramo. (Foto: Ruhagoyacu)
Iyi modoka ya Dukes Rally Team yari itwawe na Fergadiotis Tassos wafashwaga na M.Kevin Shyaka. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Iyi modoka ya Dukes Rally Team yari itwawe na Fergadiotis Tassos wafashwaga na M.Kevin Shyaka. (Foto: RuhagoYacu)
Lionel Kayitankore na Gaetan Rutabingwa na bo bakinishije iyi modoka. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Lionel Kayitankore na Gaetan Rutabingwa na bo bakinishije iyi modoka. (Foto: RuhagoYacu)
Jean Jean Giesen bita (Janja) yari atwaye iyi modoka afashwa na Yanick Dewalque, Umuzungu urusha benshi Ikinyarwanda, dore ko amaze imyaka isaga 40 mu Rwanda. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Jean Jean Giesen bita (Janja) yari atwaye iyi modoka afashwa na Yanick Dewalque, Umuzungu urusha benshi Ikinyarwanda, dore ko amaze imyaka isaga 40 mu Rwanda. (Foto: RuhagoYacu)
Mbabazi Olivier na Emmanuel bagonze byoroheje bagitangira ntibyababuza gukomeza ariko nyuma imodoka iza kubatenguha. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Mbabazi Olivier na Emmanuel bagonze byoroheje bagitangira ntibyababuza gukomeza ariko nyuma imodoka iza kubatenguha. (Foto: RuhagoYacu)
Umufana we yarebeshaga amaso ariko amatwi ari kuri Radio ngo yumve n'ahandi uko byifashe. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Umufana we yarebeshaga amaso ariko amatwi ari kuri Radio ngo yumve n’ahandi uko byifashe. (Foto: RuhagoYacu)
Uyu we yashakaga no gusigarana amashusho yo kujya ahora amwibutsa Rally de l'Est 2018. (Foto: Hardi Uwihanganye/RuhagoYacu)Uyu we yashakaga no gusigarana amashusho yo kujya ahora amwibutsa Rally de l’Est 2018. (Foto: RuhagoYacu)

Jimmy ni we wegukanye Slalom (isiganwa ry'imodoka zagenewe amasiganwa ndetse n'izisanzwe ryabereye kuri CHIC). (Foto: Hardi Uwihanganye/Ruhagoyacu)Jimmy ni we wegukanye Slalom (isiganwa ry’imodoka zagenewe amasiganwa ndetse n’izisanzwe ryabereye kuri CHIC). (Foto: Ruhagoyacu)
Jimmy yari atwaye iyi Toyota Celica . (Foto: Hardi Uwihanganye/Ruhagoyacu)Jimmy yari atwaye iyi Toyota Celica . (Foto: Ruhagoyacu)
Kwari ukurushanwa ibihe mu gukata muri Parikingi ya CHIC. (Foto: Hardi Uwihanganye/Ruhagoyacu)Kwari ukurushanwa ibihe mu gukata muri Parikingi ya CHIC. (Foto: Ruhagoyacu)
Abafana bararyohewe cyane. (Foto: Hardi Uwihanganye/Ruhagoyacu)Abafana bararyohewe cyane. (Foto: Ruhagoyacu)

 

2018-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.

Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.

Ubwanditsi 20 May 2021
Nyuma yo kugera muri Mali, Amavubi U23  yakoze imyitozo yoroheje yitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri hashakwa itike ya CAN U23 ya 2023

Nyuma yo kugera muri Mali, Amavubi U23 yakoze imyitozo yoroheje yitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri hashakwa itike ya CAN U23 ya 2023

Ubwanditsi 26 Oct 2022
Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Rayon Sports na Luvumbu bambukanye 2022 ibyishimo, Haruna yerekeje muri Libya mu ikipe ya ‪ Al Ta’awon SC

Rayon Sports na Luvumbu bambukanye 2022 ibyishimo, Haruna yerekeje muri Libya mu ikipe ya ‪ Al Ta’awon SC

Ubwanditsi 02 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara babangamiwe n’ubucucike bw’abanyeshuri
Mu Rwanda

Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara babangamiwe n’ubucucike bw’abanyeshuri

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Ese Diane Rwigara akwiye gushyikirizwa ubutabera nyuma yuko candidature ye iteshejwe agaciro?
ITOHOZA

Ese Diane Rwigara akwiye gushyikirizwa ubutabera nyuma yuko candidature ye iteshejwe agaciro?

Ubwanditsi 09 Jul 2017
Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza

Ubwanditsi 21 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru