• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Umubare 800.000 ukoreshwa n’amahanga nk’abatutsi bishwe muri Jenoside waturutse he?
Gen. Romeo Dallaire

Umubare 800.000 ukoreshwa n’amahanga nk’abatutsi bishwe muri Jenoside waturutse he?

Editorial 07 Apr 2018 POLITIKI

Mu nyandiko zitandukanye zo mu bihugu by’amahanga, hakunze kugaragaramo izigoreka imvugo kuri Jenoside yakorewe Abatutsi hamwe n’izivuga amateka uko atari ahanini ku bijyanye n’umubare w’abatutsi bishwe mu minsi ijana kuva ku ya 7 Mata 1994.

Kimwe mu bikunze kugaruka mu nyandiko z’amahanga ni ikijyanye no kuvuga ko indege y’uwari Perezida w’u Rwanda, Juvenal Habyarimana, ari yo yateye Jenoside, hakirengagizwa ko hari hashize imyaka n’imyaniko urwango rubibwa mu Banyarwanda; ingero za hafi ni nk’amategeko icumi y’abahutu yakozwe imyaka isaga 30 mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ikindi kandi ni ibijyanye n’umubare w’abatutsi bishwe mu minsi ijana aho mu nyandiko nyinshi ndetse n’izigaragazwa n’Umuryango w’Abibumbye havugwamo ko hishwe abagera ku 800.000 mu gihe imibare nyakuri yemewe n’u Rwanda ari abasaga miliyoni (1.074.017).

Itangazamakuru mpuzamahanga ryo rikoresha uyu mubare (800.000) umunsi ku wundi ndetse rikavuga ko ari uwo rikesha Loni ku buryo hakwibazwa niba ari ubushakashatsi bwemewe yakoze.

Inkomoko y’uyu mubare

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside ,Dr Bizimana Jean Damascène, aherutse gutangaza ko nta bushakashatsi Loni yigeze ikora bujyanye n’umubare w’abatutsi bishwe muri Jenoside.

Ati “Ntabwo Loni yigeze iza hano ngo ikore ubushakashatsi ishake abantu bishwe muri Jenoside… ntayo. Gen [Romeo] Dallaire niwe bigeze kubaza aragereranya ati hishwe nk’ibihumbi 800. Ariko nta bushakashatsi na buke, na bumwe Loni yigeze ikoresha hano mu Rwanda ariko itangazamakuru mpuzamahanga ribikora nkana rikavuga ngo Loni yemeje ibihumbi 800. Aho nzi byavuye ni icyo kiganiro Dallaire yigeze gutanga akiri hano mu 1994 cy’ikigereranyo.”

Uyu Dallaire yayoboye ubutumwa bwa Loni bwaje kunanirwa mu Rwanda kuko byarangiye abatutsi bishwe habura ubatabara. Tariki 12 Mutarama 1994, yaburiye isi ko mu Rwanda hari gucurwa umugambi mubisha; icyo gihe yakiriye igisubizo kivuye i New York kuri Fax yari yaraye aboherereje ababurira ku mugambi wariho wo gutsemba Abatutsi. Ni igisubizo cyoherejwe na Iqbal Riza mu izina rya Kofi Annan mu buyobozi bushinzwe gucunga umutekano (DPKO).

Muri icyo gisubizo, bisa n’aho bamutegetse kubibwira [Habyarimana]; nyuma Interahamwe zitangira gukwizwamo intwaro zifashishije mu gutsemba abatutsi.

Gen Romeo Dallaire (ibumoso) ari kumwe n’Intumwa ya Loni Igbal Riza (iburyo) kuwa 26 Gicurasi 1994 i Kigali /Ifoto: Scott Peterson- Getty Images

Uko abatutsi bicwaga buri munota…

Ibarura ryakozwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu 2000 rikamara imyaka ibiri (2000-2002), ryagaraje ko abatutsi 1.074.017 bishwe mu gihe cy’iminsi ijana kuva muri Mata 1994.

Raporo y’iri barura yatangajwe mu 2004 mu gihe u Rwanda rwibukaga ku nshuro ya 10 Jenoside yakorewe Abatutsi. Igaragaza aho abishwe bari batuye, imyaka bari bafite, amazina yabo ndetse bamwe muri bo bizwi neza uburyo bwishwemo. Dr Bizimana ati “ Iyo raporo niyo yemewe, ni ubushakashatsi bwakorewe hano mu Rwanda.”

Iyo hakozwe isesengura ry’iyi mibare, bigaragara ko buri munsi hicwaga ibihumbi icumi na mirongo irindwi na bane 10.074.

Mu 2004 ubwo Romeo Dallaire yari mu Rwanda mu kwibuka ku nshuro ya 10 Jenoside yakorewe Abatutsi / Ifoto: Peter Bregg

2018-04-07
Editorial

IZINDI NKURU

Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame

Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame

Editorial 01 Nov 2018
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda

Editorial 06 Dec 2018
Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Editorial 25 Jun 2018
Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Editorial 06 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yafunguje Se w’umwana yateruye  i Nyamirambo  mu gihe cyo kwiyamamaza
Mu Rwanda

Perezida Kagame yafunguje Se w’umwana yateruye i Nyamirambo mu gihe cyo kwiyamamaza

Editorial 17 Sep 2017
Yaba FARDC cyangwa RDF bose bavogereye imipaka – Raporo ya ICGLR
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Yaba FARDC cyangwa RDF bose bavogereye imipaka – Raporo ya ICGLR

Editorial 03 Mar 2018
Ferwafa yabwiwe na Minisiteri ya Siporo ko imikino yaberaga kuri sitade Amahoro ihagarikwa kuko ikibuga cyangijwe n’imikino ya shampiyona.
Amakuru

Ferwafa yabwiwe na Minisiteri ya Siporo ko imikino yaberaga kuri sitade Amahoro ihagarikwa kuko ikibuga cyangijwe n’imikino ya shampiyona.

Editorial 12 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru