• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Ubwanditsi 11 Apr 2018 IKORANABUHANGA

Mark Zuckeberg washinze ndetse akaba ayobora Facebook yikuye imbere y’Abasenateri bari bamutumyeho ngo asobanure iby’amakuru y’abakoresha uru rubuga yibwe, bamubajije ibibazo bigaragaza ko nta bumenyi buhagije bafite ku mikorere yarwo.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Mata 2018, nibwo Zuckerberg yitabye Komisiyo zishinzwe Ubucuruzi n’Ubutabera muri Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yemereye ko ari amakosa ye kuba amakuru y’abagera kuri miliyoni 87 biganjemo Abanyamerika yarakoreshejwe n’Ikigo Cambridge Analytica kitabanje kubasaba uburenganzira.

Iki kigo gitanga ubujyanama mu birebana na politiki cyari gifitanye amasezerano n’abamamazaga Donald Trump mu matora yo mu 2016 yaje no gutsinda, ngo cyakoresheje amakuru ya bariya bantu kiboherereza ubutumwa bugamije kubashishikariza kumutora.

Nubwo icyari kigamijwe ari uko Zuckerberg yemera ko habayeho uburangare ndetse akagaragaza ingamba yafashe mu kurushaho kurinda amakuru y’abakoresha uru rubuga, byinshi mu bibazo abasenateri bamubajije byagaragaje ko nta bumenyi na buke bafite ku mikorere ya Facebook.

Nk’uko CNN yabyanditse, mu gihe ibibazo byari bikwiye kwibanda ku mpamvu Facebook itamenyesheje abayikoresha ko amakuru yabo yibwe na Cambridge Analytica mu 2015, ngo benshi wasangaga bafite amatsiko yo gusobanukirwa uko uru rubuga rukora.

Urugero ni nk’aho Sen. Orrin Hatch yamubajije ati “Ni gute mubasha guteza imbere ubushabitsi usanga umuntu atishyura serivisi mumuha?” Aha Zuckerberg yamusubije ko inyungu bayikura mu kwamamaza.

Hari n’aho Sen. John Kennedy yatangiye kwigisha Facebook ingamba zafatwa mu kwirinda ko amakosa yabaye yakongera gukorwa, hibandwa cyane mu guha abantu uburenganzira bwo gusiba burundu ibyo bashyizeho, nyamara Zuckerberg amubwira ko ibi bisanzwe biriho.

Uku kutagira ubumenyi buhagije ku mikorere y’uru rubuga nkoranyambaga kw’Abasenateri, byatumye Zuckerberg yikura imbere yabo adasobanuye uburyo amakuru y’abakoresha Facebook acungwa, n’impamvu kuva kera na kare iki kigo kitajyaga cyerekana uburyo hari abarengera mu kuyakoresha mu nyungu zabo bwite.

Uretse gusobanurira abasenateri ibirebana n’amakuru yibwe na Cambridge Analytica, Mark Elliot Zuckerberg yanababwiye ko Facebook ihora mu rugamba n’ibigo byo mu Burusiya bishaka kuyikoresha nabi.

Uyu muherwe w’imyaka 33 yanagaragaje ko Intumwa idasanzwe iri gukora iperereza ku kuba u Burusiya bwarivanze mu matora ya Amerika, Robert Mueller, yahase ibibazo abakozi ba Facebook, gusa ibyo yaganiriye nabo bikiri ibanga.

Mu gukomeza guhangana n’abakoresha Facebook bagamije kwiba amakuru y’abari kuri uru rubuga, iki kigo gikomeje gufata ingamba zirimo kugenzura konti zigamije ibikorwa nk’ibi ndetse na porogaramu zitari izo kwizerwa.

Facebook itangaza ko mu bibwe amakuru na Cambridge Analytica harimo abagera ku 1500 batwawe ubutumwa bw’ibanga bandikiranye n’inshuti zabo. Abagezweho n’iki kibazo bose bakazagenda babimenyeshwa.

2018-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Ubwanditsi 07 May 2018
Hagiye koherezwa mu kirere icyogajuru kizakwirakwiza Internet mu mashuri yo mu Rwanda

Hagiye koherezwa mu kirere icyogajuru kizakwirakwiza Internet mu mashuri yo mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2019
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Ubwanditsi 14 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.
INKURU NYAMUKURU

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Ubwanditsi 29 Mar 2019
Hon Theobard Mporanyi  ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi  watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )
Mu Mahanga

Hon Theobard Mporanyi ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )

Ubwanditsi 10 Feb 2017
Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu  kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere
Mu Mahanga

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Ubwanditsi 26 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru