• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho

U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho

Ubwanditsi 15 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’aho Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu bifatanyije bigabye ibitero ku birindiro bikekwa ko bibitswemo intwaro z’ubumara muri Syria, u Burusiya bwatangaje ko yabashije gushwanyaguriza mu kirere 71 mu 103 byari byatewe.

Kuri uyu wa Gatandatu ahagana saa munani z’ijoro ku isaha yo muri Syria nibwo Amerika, u Bwongereza n’u Bufaransa byagabye ibitero ku kigo kiri mu mujyi wa Damascus ndetse n’ibindi bibiri biri hafi y’uwa Homs.

Ibi bihugu bivuga ko byagabye ibi bitero mu rwego rwo kwihaniza Syria ikomeje gukoresha intwaro z’ubumara, igiheruka akaba ari icyabaye mu cyumweru gishize mu mujyi wa Douma gihitana abasaga 40 abandi 500 bagakomereka.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuyobozi mu ngabo z’u Burusiya, Lt Gen Sergey Rudskoy yavuze ko ibisasu bikomeye bigera 103 aribyo byagabwe ahantu hatandukanye muri Syria, 73 muri byo bishwanyaguzwa bitaragera ku butaka.

Nk’uko Aljazeera yabitangaje, Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya yemeje ko Syria yifashishije ibisasu byakozwe n’Abarusiya byo mu bwoko bwa S-125, S-200, 2K12 Kub mu gushwanyaguza iby’Abanyamerika n’abo bafatanyije.

Muri ibi bitero Amerika yakoresheje ibisasu byo mu bwoko bwa Tomahawk bifite ubushobozi bwo kugera muri kilometero 1667, u Bufaransa bwohereza indege zikomeye z’intambara zirimo Mirage na Rafale, mu gihe u Bwongereza bwakoresheje Tornado GR4s enye. Ibi bihugu byemeza ko urugamba bateguye rwagenze neza.

Muri Mata 2017 nabwo Amerika yarashe ku birindiro bya gisirikare muri Syria, aho byavugwaga ko ariho haturutse intwaro z’ubumara zagabwe ku baturage bo mu mujyi wa Khan Sheikhoun zigahitana abagera kuri 85 barimo n’abana.

Kuva mu myaka yashize ubutegetsi bwa Bachar el-Assad bwagiye bushinjwa kurasa ibisasu bikozwe n’ibinyabutabire bigira ingaruka ku buzima bw’abantu.

Raporo yakozwe n’Ikigo gishinzwe gukumira ikoreshwa ry’ibisasu by’ubumara yagaragaje ko hagati ya 2014 na 2015, ubutegetsi bwa Assad bwakoresheje by’ubumara.

Syria n’u Burusiya bibyamaganira kure, bikagaragaza ko ari ibihimbwa n’ibihugu bitifuza ko urugamba rwo kurwanya iterabwoba rukomeza.

Amerika, u Bwongereza n’u Bufaransa byafatanyije kurasa ibisasu kuri Syria


2018-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abiyita ingabo za FLN/Sankara bacitsemo ibice 2 bapfa ibisahurano

Abiyita ingabo za FLN/Sankara bacitsemo ibice 2 bapfa ibisahurano

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Uko CMI yafashije Ntamuhanga Cassien kujyera Afrika y’epfo

Uko CMI yafashije Ntamuhanga Cassien kujyera Afrika y’epfo

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN

Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN

Ubwanditsi 02 Apr 2019
U Burundi bugereranwa n’iseta ibagirwaho abantu, HRW irabusabira ibihano bikakaye

U Burundi bugereranwa n’iseta ibagirwaho abantu, HRW irabusabira ibihano bikakaye

Ubwanditsi 18 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump
POLITIKI

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Ubwanditsi 13 Jul 2018
Ari Leta, ari Kiliziya dusenyera umugozi umwe – Perezida Kagame
Mu Rwanda

Ari Leta, ari Kiliziya dusenyera umugozi umwe – Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 Oct 2017
Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!
Amakuru

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Ubwanditsi 30 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru