• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urubanza rwa Kizito Mihigo mu bujurire rwahawe itariki

Urubanza rwa Kizito Mihigo mu bujurire rwahawe itariki

Ubwanditsi 18 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Kizito Mihigo agiye kuburana urubanza rw’ubujurire muri Gicurasi uyu mwaka nyuma y’imyaka itatu amaze muri gereza.

Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison, yatangarije IGIHE dukesha iyi nkuru ko urubanza ruteganyijwe tariki 14 Gicurasi 2018, aho ruzaburanishwa n’Urukiko rw’Ikirenga.

Kizito yahanishijwe igifungo cy’imyaka 10 nyuma yo guhamwa n’ibyaha bine ubushinjacyaha bwari bumukurikiranyeho.

Ku wa 27 Gashyantare 2015 nibwo Urukiko Rukuru rwamuhamijwe icyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyaha cy’ubugambanyi bwo kugiririra nabi ubutegetsi buriho ndetse n’icyaha cy’ubwoshye bwo kugiririra nabi Perezida wa Repubulika, icyaha cyo gukora umugambi w’icyaha cy’ubwicanyi gusa ahanagurwaho icyaha cyo gucura umugambi w’icyaha cy’iterabwoba.

Kizito yaregwaga hamwe n’Umunyamakuru Cassien Ntamuhanga wakatiwe gufungwa imyaka 25, nyuma akaza gutoroka gereza na Dukuzumuremyi Jean Paul wakatiwe igifungo cy’imyaka 30; mu gihe Niyibizi Agnes we yagizwe umwere.

Nyuma yo gukatirwa igifungo yagannye inkiko ajuririra igihano yahawe.

2018-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Rene Rutagungira yitabaje  Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Uganda: Rene Rutagungira yitabaje Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Ubwanditsi 10 Dec 2017
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Ubwanditsi 03 Aug 2025
Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ubwanditsi 14 Feb 2024
Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

RUSHYASHYA 10 Dec 2025

2 Ibitekerezo

  1. BB
    April 18, 20189:02 am -

    n akazi ke!!!!azajurire cyangwa se abireke ntidukeneye kumenya ukoyaraye n uko yaramutse

    Subiza
  2. Ingabe Muyoke
    April 19, 20187:04 am -

    Nibyiza kuba urubanza rwa Kizito rugiye giye mu Bujurire. Gusa hari ibintu nka bitatu nashimye mu bintu byari bizengurutse urubanza rwa Kizito Mihigo. Ibyo ni (1) uburyo uburana (Kizito Mihigo) yitwaye haba mu rubanza rwe no muri gereza, (2) uburyo abantu benshi bagaye Kizito Mihigo kubw’ibyaha yishoyemo ariko bagakomeza kumuba hafi bamusabira kandi bamutakambira ku Mana ngo azakomeze yitandukanye n’ibyaha yakoze kubera ko aribyo birimo umuti kuruta kwinangira, kuruta kwitwara nabi muri gereza, kuruta gushaka kuba yatoroka n’ibindi, (3) uburyo umuryango we witwaye mu kibazo cya Kizito. Ndisobanura:

    1) Uburyo uburana (Kizito Mihigo) yitwaye haba mu rubanza rwe no muri gereza: Mw’iburana rya Kizito yemeye ibyaha yaregwaga asaba n’imbabazi rugikubita. Abantu bazi iby’amategeko bemeza ko nta kintu kiruta kwemera icyaha no gusaba imbabazi iyo umuntu yakoze icyaha. Banavuga ko bigirira akamaro sosiyete ndetse na nyiri ukuburana. Gusaba imbabazi no kwemera icyaha bikaba biruta kure kwinangira no guhangana kandi warakosheje. Ibi jyewe narabishimye nkaba mwifuriza gukomeza kwitwara neza, gusenga, kwemera icyaha no gusaba imbabazi kubyo ashinjwa. Muri Gereza, Abantu benshi bamusuye bagiye batubwira uko basanze yitwara neza muri Gereza: Ngo basangaga ababajwe cyane n’ibyaha yakoze, abyicuza kandi yitwaye neza muri gahunda rusange zireba abafunze nkuko zigenwa na Rwanda Correctional Service haba igihe yari afungiye muri 1930 ku Muhima ndetse n’aho yimukiye I Mageragere. Ejo bundi mu cyumweru cy’icyunamo abamusuye ngo basanze afite uruhare rwiza cyane muri gahunda zo kwibuka zarebaga abakozi, n’abagenerwabikorwa batandukanye ba RCS I Mageragere muri Gereza.

    2) Uburyo abantu benshi bakomeje kumusabira: Abantu benshi bazi Kizito baramugaye cyane kubera ibyaha yakoze. Gusa kubera ko abamuzi abenshi biganjemo abemera Imana bakomeje kumusabira bamutakambira ku Mana ngo azakomeze yitandukanye n’ibyaha yakoze kubera ko aribyo birimo umuti kuruta kwinangira, kuruta kwitwara nabi muri gereza, kuruta gushaka kuba yatoroka n’ibindi.

    3) Uburyo umuryango we witwaye mu kibazo cya Kizito. Kizito Mihigo afite umuryango utari munini ariko urangwa n’ubupfura cyane byaba ubu ndetse na mbere ya Genocide. Abo mu muryango we bose baramugaye cyane kubera ibyaha yakoze. Ariko biyemeje kwitwara mu buryo buboneye budashyigikira kandi butabahuza mu buryo ubwo ari bwo bwose n’ibyaha by’umwana wabo. Ibi bikaba byarabafashije kutagerwaho n’ingaruka z’ibyaha Kizito yakoze. Icy’ingenzi ariko, umuryango wa Kizito ntiwigeza utakaza ishimwe uhorana kuri FPR yawurokoye Genoside yakorewe Abatutsi ndetse no kubyiza n’inkunga Leta y’u Rwanda yagiye ibagezaho mu buryo bwa bugufi cyangwa muri gahunda ngari yo kubaka igihugu. Yewe sindi umuvugizi w’uyu muryango gusa ndabazi kuko twaturanye muri Rukiri/Remera, ubaye ugirango ndabeshya uzabaze abaturanye cyangwa ababana nabo ni abantu b’imico myiza pe.

    Ntekereza ko Kizito yumvise ingaruka z’ibyaha yakoze, ubanza uwamuha amahirwe yakwitwara neza cyane n’umusanzu we nk’umuhanzi ukarushaho kubyara umusaruro.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma  y’igikombe cya Afurika
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Sep 2022
Uko ikoranabuhanga rya Polisi Mpuzamahanga ryitwa I-24/7 rifasha mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka
Mu Mahanga

Uko ikoranabuhanga rya Polisi Mpuzamahanga ryitwa I-24/7 rifasha mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Rugamba Jovan  wari watorotse Gereza  yafatiwe Uganda, agarurwa mu Rwanda
ITOHOZA

Rugamba Jovan wari watorotse Gereza yafatiwe Uganda, agarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 12 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru