• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urubanza rwa Kizito Mihigo mu bujurire rwahawe itariki

Urubanza rwa Kizito Mihigo mu bujurire rwahawe itariki

Ubwanditsi 18 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Kizito Mihigo agiye kuburana urubanza rw’ubujurire muri Gicurasi uyu mwaka nyuma y’imyaka itatu amaze muri gereza.

Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison, yatangarije IGIHE dukesha iyi nkuru ko urubanza ruteganyijwe tariki 14 Gicurasi 2018, aho ruzaburanishwa n’Urukiko rw’Ikirenga.

Kizito yahanishijwe igifungo cy’imyaka 10 nyuma yo guhamwa n’ibyaha bine ubushinjacyaha bwari bumukurikiranyeho.

Ku wa 27 Gashyantare 2015 nibwo Urukiko Rukuru rwamuhamijwe icyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyaha cy’ubugambanyi bwo kugiririra nabi ubutegetsi buriho ndetse n’icyaha cy’ubwoshye bwo kugiririra nabi Perezida wa Repubulika, icyaha cyo gukora umugambi w’icyaha cy’ubwicanyi gusa ahanagurwaho icyaha cyo gucura umugambi w’icyaha cy’iterabwoba.

Kizito yaregwaga hamwe n’Umunyamakuru Cassien Ntamuhanga wakatiwe gufungwa imyaka 25, nyuma akaza gutoroka gereza na Dukuzumuremyi Jean Paul wakatiwe igifungo cy’imyaka 30; mu gihe Niyibizi Agnes we yagizwe umwere.

Nyuma yo gukatirwa igifungo yagannye inkiko ajuririra igihano yahawe.

2018-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 04 Jun 2025
Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

RUSHYASHYA 26 Oct 2025
Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure

Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure

Ubwanditsi 21 Nov 2017
BBC yibukijwe ko Indahiro ya FPR Inkotanyi ku munyamuryango mushyashya imaze imyaka isaga 30

BBC yibukijwe ko Indahiro ya FPR Inkotanyi ku munyamuryango mushyashya imaze imyaka isaga 30

Ubwanditsi 24 Nov 2020

2 Ibitekerezo

  1. BB
    April 18, 20189:02 am -

    n akazi ke!!!!azajurire cyangwa se abireke ntidukeneye kumenya ukoyaraye n uko yaramutse

    Subiza
  2. Ingabe Muyoke
    April 19, 20187:04 am -

    Nibyiza kuba urubanza rwa Kizito rugiye giye mu Bujurire. Gusa hari ibintu nka bitatu nashimye mu bintu byari bizengurutse urubanza rwa Kizito Mihigo. Ibyo ni (1) uburyo uburana (Kizito Mihigo) yitwaye haba mu rubanza rwe no muri gereza, (2) uburyo abantu benshi bagaye Kizito Mihigo kubw’ibyaha yishoyemo ariko bagakomeza kumuba hafi bamusabira kandi bamutakambira ku Mana ngo azakomeze yitandukanye n’ibyaha yakoze kubera ko aribyo birimo umuti kuruta kwinangira, kuruta kwitwara nabi muri gereza, kuruta gushaka kuba yatoroka n’ibindi, (3) uburyo umuryango we witwaye mu kibazo cya Kizito. Ndisobanura:

    1) Uburyo uburana (Kizito Mihigo) yitwaye haba mu rubanza rwe no muri gereza: Mw’iburana rya Kizito yemeye ibyaha yaregwaga asaba n’imbabazi rugikubita. Abantu bazi iby’amategeko bemeza ko nta kintu kiruta kwemera icyaha no gusaba imbabazi iyo umuntu yakoze icyaha. Banavuga ko bigirira akamaro sosiyete ndetse na nyiri ukuburana. Gusaba imbabazi no kwemera icyaha bikaba biruta kure kwinangira no guhangana kandi warakosheje. Ibi jyewe narabishimye nkaba mwifuriza gukomeza kwitwara neza, gusenga, kwemera icyaha no gusaba imbabazi kubyo ashinjwa. Muri Gereza, Abantu benshi bamusuye bagiye batubwira uko basanze yitwara neza muri Gereza: Ngo basangaga ababajwe cyane n’ibyaha yakoze, abyicuza kandi yitwaye neza muri gahunda rusange zireba abafunze nkuko zigenwa na Rwanda Correctional Service haba igihe yari afungiye muri 1930 ku Muhima ndetse n’aho yimukiye I Mageragere. Ejo bundi mu cyumweru cy’icyunamo abamusuye ngo basanze afite uruhare rwiza cyane muri gahunda zo kwibuka zarebaga abakozi, n’abagenerwabikorwa batandukanye ba RCS I Mageragere muri Gereza.

    2) Uburyo abantu benshi bakomeje kumusabira: Abantu benshi bazi Kizito baramugaye cyane kubera ibyaha yakoze. Gusa kubera ko abamuzi abenshi biganjemo abemera Imana bakomeje kumusabira bamutakambira ku Mana ngo azakomeze yitandukanye n’ibyaha yakoze kubera ko aribyo birimo umuti kuruta kwinangira, kuruta kwitwara nabi muri gereza, kuruta gushaka kuba yatoroka n’ibindi.

    3) Uburyo umuryango we witwaye mu kibazo cya Kizito. Kizito Mihigo afite umuryango utari munini ariko urangwa n’ubupfura cyane byaba ubu ndetse na mbere ya Genocide. Abo mu muryango we bose baramugaye cyane kubera ibyaha yakoze. Ariko biyemeje kwitwara mu buryo buboneye budashyigikira kandi butabahuza mu buryo ubwo ari bwo bwose n’ibyaha by’umwana wabo. Ibi bikaba byarabafashije kutagerwaho n’ingaruka z’ibyaha Kizito yakoze. Icy’ingenzi ariko, umuryango wa Kizito ntiwigeza utakaza ishimwe uhorana kuri FPR yawurokoye Genoside yakorewe Abatutsi ndetse no kubyiza n’inkunga Leta y’u Rwanda yagiye ibagezaho mu buryo bwa bugufi cyangwa muri gahunda ngari yo kubaka igihugu. Yewe sindi umuvugizi w’uyu muryango gusa ndabazi kuko twaturanye muri Rukiri/Remera, ubaye ugirango ndabeshya uzabaze abaturanye cyangwa ababana nabo ni abantu b’imico myiza pe.

    Ntekereza ko Kizito yumvise ingaruka z’ibyaha yakoze, ubanza uwamuha amahirwe yakwitwara neza cyane n’umusanzu we nk’umuhanzi ukarushaho kubyara umusaruro.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”
Amakuru

Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”

Ubwanditsi 07 May 2024
Amafoto – Gicumbi FC yegukanye igikombe cya shampiyona yo mu kiciro cya kabiri 2021 itsinze Etoile de l’Est kuri penaliti 14-13
Amakuru

Amafoto – Gicumbi FC yegukanye igikombe cya shampiyona yo mu kiciro cya kabiri 2021 itsinze Etoile de l’Est kuri penaliti 14-13

Ubwanditsi 16 Oct 2021
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe
Mu Mahanga

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe

Ubwanditsi 14 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru