• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Real Madrid yandikiye amateka kuri Bayern Munich (Amafoto)

Real Madrid yandikiye amateka kuri Bayern Munich (Amafoto)

Ubwanditsi 26 Apr 2018 IMIKINO

Real Madrid yatsinze Bayern Munich ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League kuri uyu wa Gatatu mu Budage, iyandikiraho amateka yo kuba ariyo kipe ya mbere ibashije gutsinda imikino 150 muri iri rushanwa binayongerera icyizere cyo kugera ku mukino wa nyuma ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Bayern Munich yakiniraga imbere y’abafana bayo niyo yafunguye amazamu ku gitego cya Joshua Kimmich ku munota wa 28 cyabonetse nyuma y’ubundi buryo bwinshi iyi kipe yari yagiye ihusha ndetse na nyuma yaho Thomas Mueller na Robert Lewandowski bananiriwe gutsinda ubundi bwari bwabazwe.

Real Madrid nubwo yarushwaga guhanahana umupira neza ndetse no kureba uburyo bwo gutsinda ibitego, yakoresheje buke yabonye neza aho ku munota wa 44 Marcelo yishyura igitego ku mupira yari ahawe na Daniel Carvajal igice cya mbere kirangira ari kimwe kuri kimwe.

Mu gihe Bayern Munich yari yakoze impinduka ebyiri kare harimo Arjen Robben wavunitse ku munota wa munani agasimbuzwa Thiago Alcantara na Jérôme Boateng
wavunitse ku wa 34 agasimburwa na Niklas Süle, igice cya kabiri gitangiye umutoza Zinedine Zidane yakoze impinduka za mbere akuramo Isco yinjiza Marco Asensio.

Byahise bimuha umusaruro kuko Real Madrid yatangiye gusatira cyane ndetse ku munota wa 57 Asensio atsinda igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Lucas Vazquez. Bayern Munich yakomeje kugerageza uburyo butandukanye ishaka igitego cyo kwishyura biranga umukino urangira ari ibitego bibiri kuri kimwe.

Gutsinda uyu mukino byatumye Real Madrid iba ikipe ya mbere mu mateka ibashije gutsinda imikino 150 muri rusange muri Champions League, Cristiano Ronaldo aba umukinnyi wa mbere ubashije gutsinda imikino 96 atambutse kuri Iker Casillas watsinze 95 bakaba bakurikiwe na Xaxi wahoze akinira FC Barcelona watsinze 91.

Real Madrid yaniyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma kuko umukino wo kwishyura izawukinira mu rugo imbere y’abafana bayo, nisezerera Bayern Munich ikaba ishobora kuzahura na Liverpool nayo yandagaje AS Roma mu mukino wa ½ iyitsinda ibitego 5-2 mu mukino ubanza.

Marcelo niwe wishyuye igitego mbere y’uko igice cya mbere kirangira

Marco Asensio winjiye mu kibuga asimbuye Isco, niwe wahesheje intsinzi Real Madrid

Marcelo na Sergio Ramas bishimira intsinzi y’ikipe yabo mu Budage

Bayern Munich niyo yafunguye amazamu hakiri kare mu gice cya mbere

Joshua Kimmich wambaye nimero 32 niwe wafunguye amazamu ku ishoti rikomeye yateye maze umuzamu Keylor Navas akayoberwa aho umupira unyuze

Mats Hummels na Joshua Kimmich bishimira igitego cya mbere cy’ikipe yabo

Marcelo yateye ishoti rikomeye ari hanze y’urubuga rw’amahina ari naryo ryabyaye igitego cya mbere

Arjen Robben yitabwaho n’abaganga mbere yo gusimburwa

Jérôme Boateng nawe yasohotse mu kibuga hakiri kare kubera imvune

Cristiano Ronaldo ntiyahiriwe n’uyu mugoroba

2018-04-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwemerewe kwakira icyiciro cya Kabiri cya Basketball Africa league

U Rwanda rwemerewe kwakira icyiciro cya Kabiri cya Basketball Africa league

Ubwanditsi 31 Oct 2019
AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

Ubwanditsi 03 May 2021
Antoine Hey yatangaje 11 babanza mu kibuga  Amavubi acakirana na Sudani kuri uyu wa gatandatu

Antoine Hey yatangaje 11 babanza mu kibuga Amavubi acakirana na Sudani kuri uyu wa gatandatu

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo

Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo

Ubwanditsi 14 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 19 Jun 2020
Hagati yikipe ya Gicumbi FC, Heroes FC, Amagaju FC na Etoile de l’Est harara hamenyekanye amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere 2021-2022
Amakuru

Hagati yikipe ya Gicumbi FC, Heroes FC, Amagaju FC na Etoile de l’Est harara hamenyekanye amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 12 Oct 2021
Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka
Amakuru

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Ubwanditsi 26 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru