• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo

Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo

Editorial 27 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubwo yajyaga mu biganiro mu gace kari ku mupaka w’ibihugu byombi, Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, yitwaje abasirikare b’inkorokoro, bagendaga bamuzengurutse ku buryo nta wari gupfa kubona aho amenera ngo abe yamugirira nabi, ubwo yajyaga guhura na Moon Jae-in uyobora Koreya y’Epfo.

Amashusho yagiye ahagaragara, yerekana ko ubwo bajyaga mu karuhuko mu gitondo kuri uyu wa Gatanu, imodoka ya Perezida Kim ubwo yasubiraga mu majyaruguru, Limousine ye yagendaga ikikijwe n’abasirikare 12 bari mu mpande z’iburyo n’inyuma.

Agace ka Panmunjom bahuriyemo nubwo gafatwa nk’agace kabujijwemo ibikorwa bya gisirikare, kararinzwe bikomeye kuko ahantu henshi bikekwa ko hateze za mine, hakaba n’uruzitiro rubamo amashanyarazi.

Perezida Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru yakoze amateka atera intambwe arenga imbibi z’amateka, aba umutegetsi rukumbi w’amajyaruguru ukandagije ikirenge cye mu majyepfo, guhera mu 1953.

Ubwo Perezida Kim yaherezaga umukono mugenzi we wa Koreya y’Epfo, Moon Jae-in, yamubwiye ko yumva uburemere bwo kugirira inama mu “gace nk’aka k’amateka,” undi nawe ati “Ni umwanzuro ukomeye wafashe wo kuza hano.”

Kuri uyu wa Gatanu, aba bayobozi bombi bafite umunsi w’ibiganiro ku ngingo eshatu zikomeye zirimo guhagarika ikorwa ry’intwaro za kirimbuzi, amasezerano y’amahoro no kuzahura umubano w’ibihugu byombi.

Mu kiruhuko cya saa sita, Umuvugizi wa Guverinoma ya Koreya y’Epfo, Yoon Young-chan yabwiye abanyamakuru ko abayobozi bombi, mu biganiro bya mu gitondo baganiriye ku ngingo ebyiri zikomeye; Umugambi w’intwaro za kirimbuzi n’amasezerano y’amahoro.

Yagize ati “Byari ibiganiro bisesuye kandi byo kubwizanya ukuri hagati y’impande zombi,” yongeraho ko aba bayobozi baganiriye amasaha hafi abiri. Ibiganiro birakomeza nyuma ya saa sita.

Uyu munsi watangiye, Perezida Moon ava mu murwa mukuru Seoul yerekeza mu majyaruguru, maze kajugujugu zimukurikira zerekana urugendo rwe kuri za televiziyo, we ari mu modoka, mu gihe cyamaze hafi isaha. Abaturage bari ku mihanda, bafite ibyapa basaba ko aba bayobozi bahagarika icurwa ry’intwaro z’ubumara, ndetse bakurikira ibiganiro byabo kuri televiziyo.

Perezida wa Koreya ya Ruguru yavuze ko ashaka kwandika amateka mashya mu mubano wa Koreya zombi, nyuma y’imyaka myinshi zidacana uwaka.

Yagize ati “Ubwo nazaga hano, nibajije nti kubera iki bigoranye kuhagera? Umurongo utandukanya ibihugu byacu ubundi ntiwari ugoye kuwambukiranya gutya. Byari byoroshye kugenda n’amaguru ngo uwambukiranye, ariko ubu bidutwaye imyaka 11 kuhagera.”

Naho ubwo yinjiraga mu nzu yabereye mo ibiganiro izwi nka Peace House, yanditse mu gitabo cy’abashyitsi ati “amateka mashya atangiye ubu, umwaka w’amahoro, intangiriro y’amateka”.

Amashusho agaragaza abashinzwe umutekano barinze imodoka

Uko ibirori byo kwakira Kim byagenze

Abarinzi ba Perezida Kim bari babukereye

 

Mu kiruhuko, abarinzi bagendaga bakikije imodoka ya Kim Jong UN

 

Ubwo Perezida Moon yari ategereje Kim ngo bagirane ibiganiro

 

2018-04-27
Editorial

IZINDI NKURU

Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]

Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]

Editorial 08 May 2018
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Editorial 07 Jul 2019
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Editorial 07 Oct 2020
Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Editorial 09 Feb 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Butare
    May 3, 20186:07 pm -

    Buno bulinzi se kandi ntitubumenyereye?
    Kereka utali hano mu gihe gishize cyo kwiyamamaza!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Kigali WFC yatsinze Inyemera WFC ibitego 3-0, yegukana Igikombe cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore
Amakuru

AS Kigali WFC yatsinze Inyemera WFC ibitego 3-0, yegukana Igikombe cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore

Editorial 16 Mar 2024
Ntabwo nenga aba Miss bambara Bikini ahubwo nenga ababategeka kuzambara- Rucagu Boniface
SHOWBIZ

Ntabwo nenga aba Miss bambara Bikini ahubwo nenga ababategeka kuzambara- Rucagu Boniface

Editorial 04 Oct 2018
Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa

Editorial 17 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru