• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

Editorial 06 May 2018 Mu Rwanda

U Rwanda n’ibindi bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba byaburiwe ku bwiyongere bukabije bw’inyobwa ry’ibisindisha mu baturage babyo.

Byagaragajwe mu Cyumweru gishize muri Raporo y’Ishami rya Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Afurika (UNECA) by’umwihariko Afurika y’Iburasirazuba, aho ivuga ku bukungu n’iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage.

Bimwe mu bigize ingingo ya Gatatu ibihugu byihaye ngo bigere ku Iterambere Rirambye (SDG3) harimo kurwanya no kwirinda ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’ikoreshwa nabi ry’ibisindisha hagamijwe ubuzima bwiza bw’abaturage.

Inzobere zivuga ko ubwiyongere bw’ingano y’ibisindisha mu baturage bushobora kugira ingaruka ku buzima n’imibereho myiza byabo.

Umuyobozi w’Agateganyo wa UNECA muri Afurika y’Iburasirazuba, Andrew Mold, yavuze ko nibura buri muturage mu bihugu by’u Rwanda, Uganda na Seychelles yanyoye litilo zigera kuri 11 z’ibisindisha mu 2016.

Uyu mubare uri hejuru ugereranyije no mu bindi bice by’Isi kuko nko mu Burayi nibura buri muturage yanyoye litilo 10.3 z’ibisindisha, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nibura umwe abarirwa litilo 9.3, nk’ikigereranyo ku Isi hose buri muturage yabariwe ko yanyoye litilo 6.4 mu gihe muri rusange ku mugabane wa Afurika buri muturage yanyoye litilo esheshatu z’ibisindisha.

Raporo ivuga ko bimwe mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba hatangiye kugaragara ibibazo bishingiye ku mibereho myiza y’abaturage bishobora kuba bifitanye isano n’inyobwa ry’ibisindisha byinshi. Muri ibyo bibazo harimo kanseri, umubyibuho ukabije, kunywa itabi ndetse n’impanuka zo mu muhanda zihitana ubuzima bwa benshi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Théos Badege yabwiye The New Times dukesha iyi nkuru ko kwiyongera kw’inyobwa ry’ibisindisha byaba ari intandaro y’impanuka zo mu muhanda, ariyo mpamvu bikwiye kwirindwa.

Ati “Ndemera ko ibisindisha ari ikibazo cyane cyane mu bijyanye n’umutekano haba mu mutekano wo mu muhanda, kwirinda ibyaha ndetse n’imyitwarire kuko gukora icyaha biva mu mutwe kandi umutwe ukora ibyaha ni utameze neza.”

Yakomeje agira ati “Iyo abantu banyoye ibisindisha bakora ibidakwiye bigatuma habaho icyaha. Turasaba abantu kudatwara ibinyabiziga banyoye”.

Raporo igaragaza ko nubwo muri Afurika hagaragara umubare muke w’abatunze imodoka, nibura abantu 26.6 mu gihumbi bahitanywe n’impanuka mu mwaka wa 2013, mu gihe ku Isi hose nibura abantu 17.4 mu bantu igihumbi aribo bahitanywe n’impanuka muri uwo mwaka.

Umubare w’abahitanwa n’impanuka uri hejuru muri Afurika y’Iburasirazuba kuko hari n’ibihugu bigaragaza impfu zirenga 30 mu bantu igihumbi ku mwaka.

Mu Rwanda nibura abantu 32.1 mu gihumbi bahitanywe n’impanuka zo mu muhanda nkuko iyo raporo ibigaragaza.

Imibare ya Polisi y’u Rwanda igaragaza ko kuva muri Kamena kugeza mu Ukuboza umwaka ushize, abantu 162 bahitanywe n’impanuka zo mu muhanda.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR) cyerekana ko miliyari 251 Frw zakoreshejwe mu kugura ibisindisha mu 2014. Muri uwo mwaka mu Rwanda hinjijwe ibisindisha bya miliyari 19 Frw naho hoherezwa hanze ibya miliyari 1.7 Frw.

Ingano y’ibisindisha umuturage wo muri Afurika y’Iburasirazuba yanyoye mu 2016

2018-05-06
Editorial

IZINDI NKURU

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Editorial 29 Mar 2022
ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

Editorial 27 Apr 2018
Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Editorial 01 Nov 2016
Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Editorial 30 Apr 2025
Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Editorial 29 Mar 2022
ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

Editorial 27 Apr 2018
Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Editorial 01 Nov 2016
Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Editorial 30 Apr 2025
Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Editorial 29 Mar 2022
ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

Editorial 27 Apr 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru