• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Editorial 07 May 2018 ITOHOZA

Abarundi batatu bari mu bantu benshi bari mu maboko y’Igipolisi cya Uganda nyuma y’umukwabu wo kuwa 28 Mata wakozwe ku Musigiti wa Usafi, aho abantu 154 igipolisi kivuga ko cyarokoye bafashwe bugwate.

Umuvugizi w’igiplisi wungirije, SP Patrick Onyango, wemeje aya makuru, avuga ko igipolisi kuri ubu cyataye muri yombi abagore 28, abakobwa 63 n’abasore 63. Uyu muvugizi akaba avuga ko aba Barundi banze kugira icyo batangariza abashinzwe iperereza.

Mu gitondo cyo kuwa 28 Mata, nk’uko tubikesha Chimpreports, igipolisi cyari gikurikiranye abakekwaho gushimuta no kwica Susan Magara gifatanyije n’izindi nzego z’umutekano bagiye ku musigiti wa Usafi, maze nyuma yo kurasana kwasize umupolisi umwe akomeretse, hafashwe abantu 36 hicwa abandi babiri.

Bikavugwa ko icyo gihe umwe mu bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Magara yafatiwe aho agatangira gufatanya na polisi hagatabwa muri yombi abandi bantu bakekwa.

Kuri ubu igipolisi kikaba kivuga ko mu guhata ibibazo abo bafashwe kimwe n’abagore batabawe muri uwo musigiti ndetse n’abana, cyaguye ibikorwa by’iperereza.

Igipolisi kikavuga ko uyu watawe muri yombi yagiye avugwa mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi, burimo gushimuta hagamijwe kwaka ingurane, ubwicanyi, gucuruza abantu, ihohotera rishingiye ku gitsina n’ibindi.

Igipolisi kiti: “Bamwe mu bakekwa bari muri kasho kuri ubu bagize uruhare mu guhohotera bamwe muri aba bana batabawe, abacurujwe ndetse basambanya ku ngufu abandi.”

Cyongeyeho ko amatsinda atandukanye ashinzwe iperereza yagiye agera ahantu hagiye hapangirwa umugambi wo kwica Susan Magara nyuma ugashyirwa mu bikorwa. Ibimenyetso byinshi ngo byakuwe aho hantu nubwo bitatangajwe kubera ko iperereza rikomeje.

Kuri aba bana batabawe, igipolisi kivuga ko ubu kiri gushaka ababyeyi babo ngo basubizwe iwabo mu miryango yabo.

Bikaba biteganyijwe ko abatawe muri yombi bazagezwa imbere y’urukiko mu mpera z’iki cyumweru.

Susan Magara yari muntu ki?

Susan Magara wishwe afite imyaka 28 y’amavuko, ngo yari umuntu wicisha bugufi nubwo yari yaravutse mu muryango ukize muri Bunyoro. Ikinyamakuru daily Monitor kikaba kivuga ko byashobokaga cyane ko iyo adashimutwa Abagande benshi batari kumenya byinshi ku buzima bwe, ariko aho ashimutiwe akaba yaragarutsweho cyane mu nteko ishinga amategeko, mu nzego z’umutekano, ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu binyamakuru byinshi byo muri Uganda.

Susan Magara akaba ari umukobwa w’umunyemari, John Fitzgerald Magara ufite ibikorwa nka Bwendero Daily Farm na Nyati Rice Mills, ukunze no gufasha abahinzi mu buhinzi bw’umuceri n’ibigori, aho ikigo cye kibagurira umusaruro ku giciro cyiza.

Susan akaba yarashimutiwe I Kampala kuwa 7 Gashyantare 2018 n’abantu bataramenyekana neza kugeza ubu, baza kumwica umurambo we bawujugunya hagati ya Kigo na kijjansi ku muhanda munini wa Entebbe kuwa 27 Gashyantare.

 

2018-05-07
Editorial

IZINDI NKURU

Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Editorial 29 Jul 2016
Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Editorial 09 Nov 2017
IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

Editorial 16 Apr 2017
Mozambique yahagurukiye Abanyarwanda icumbikiye barwanya  Leta y’u Rwanda

Mozambique yahagurukiye Abanyarwanda icumbikiye barwanya Leta y’u Rwanda

Editorial 28 Oct 2016
Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Editorial 29 Jul 2016
Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Editorial 09 Nov 2017
IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

Editorial 16 Apr 2017
Mozambique yahagurukiye Abanyarwanda icumbikiye barwanya  Leta y’u Rwanda

Mozambique yahagurukiye Abanyarwanda icumbikiye barwanya Leta y’u Rwanda

Editorial 28 Oct 2016
Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Editorial 29 Jul 2016
Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Editorial 09 Nov 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru