• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza

Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza

Ubwanditsi 04 Jun 2018 Mu Rwanda

Umwamikazi w’u Bwongereza, Elisabeth II kuri uyu wa 04 Kamena yahaye Umunyarwandakazi Isabelle Kamariza igihembo cya Commonwealth Points of Light kubera ubwitange yagaragaje mu gufasha abarwayi mu bitaro byo mu Rwanda.

Isabelle Kamariza akaba yarashinze umuryango yise ‘Solid Africa’ ufasha abarwayi mu bitaro bitandukanye bya leta mu Rwanda, aho umuryango wahereye ku itsinda rito ry’urubyiruko rufite akazi rufasha  abarwayi batanu, kuri ubu bakaba bafasha abarwayi bagera mu 1000 buri munsi.

Irangajwe imbere na Isabelle, Solid Africa yabaye umuryango wifashishije ufte gahunda zigera kuri 4 zitanga imfashanyo y’amafaranga ndetse ikishyurira abarwayi amafaranga yo kwivuza n’ay’ingendo, gutanga amazi meza mu bitaro, kugaburira abarwayi batifashije bahabwa indyo bategekwa na muganga n’ibindi.

Kuri ubu, Isabelle ngo arateganya kubaka igikoni kizajya kigaburira abarwayi 1000 inshuro 3 ku munsi mu bitaro bine muri Kigali.

Mu rwego rw’inama y’abakuru b’ibihugu bigize Commonwealth yabereye London mu minsi ishize, Umwamikazi w’u Bwongereza nk’umukuru wa Commonwealth akomeje gushimira abakorerabushake bo mu bihugu 53 bigize uyu muryango buri cyumweru mu gihe cy’imyaka 2 ikurikira iyi nama.

Isabelle aravuga iki?

Nyuma yo gushimirwa n’Umwamikazi w’u Bwongereza, Isabelle kamariza yatangaje ko iteka ashimishwa no kubona ibyo bakora bishimwa kubera ko ngo nubwo kenshi ari we ugaragara muri uyu muryango yashinze, inyuma ye hari abandi bakorerabushake badahagarikwa batangiranye nawe n’abandi babiyunzeho baturutse mu bindi bihugu.

Ati: “Iki gihembo ni ikindi kimenyetso cy’uko tugomba gukora ikintu kiza. N’ubufasha bwanyu bukomeje, twiyemeje gukomeza imbaraga zacu kandi mu myaka iza, tuzazagura mu gihugu cyose ndetse no hanze y’u Rwanda, Imana nibishaka. Ndabashimiye na none biturutse mu ndiba y’umutima wanjye kandi ndabinginze munshimire Nyir’icyubahiro, Umwamikazi.”

Ibihembo bya Commnwealth Points of Light ni ibihembo bitangwa mu rwego rwo guha icyubahiro abakorerabushake usanga ibikorwa byabo bya buri munsi bigira uruhare mu guhindura ibintu aho baturuka kandi usanga amateka yabo yabera icyitegererezo abandi mu gushakira ibisubizo ibibazo byugarije aho batuye no hanze yaho.

Isabelle abaye Umunyarwandakazi wa kabiri uhawe igihembo muri uru rwego nyuma ya Mary Balikungeri washinze umuryango Rwanda Women’s Network (RWN) uherutse Guhabwa igihembo nk’iki cya Commonwealth Points of Light kubera uruhare rwe mu guteza imbere imibereho y’ abagore.

 

2018-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikino y’icyiciro cya kabiri irakomeza hakinwa umunsi wa kabiri mu guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 21 Sep 2021
Zion Temple : Abashaka kujya muri ISRAEL mushonje muhishiwe

Zion Temple : Abashaka kujya muri ISRAEL mushonje muhishiwe

Ubwanditsi 16 Sep 2016
Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Ingabo z’u Rwanda zirahakana amakuru avuga ko zinjiye ku butaka bwa Congo

Ingabo z’u Rwanda zirahakana amakuru avuga ko zinjiye ku butaka bwa Congo

Ubwanditsi 26 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda
ITOHOZA

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?
Mu Rwanda

Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?

Ubwanditsi 11 May 2017
Ikipe ya Benediction Ignite yatangaje amazina y’abakinnyi izakoresha muri Tour du Rwanda ya 2021 ibura iminsi mike ngo itangire.
Amakuru

Ikipe ya Benediction Ignite yatangaje amazina y’abakinnyi izakoresha muri Tour du Rwanda ya 2021 ibura iminsi mike ngo itangire.

Ubwanditsi 17 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru