• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Umucamanza Theodor Meron arasabwa kwitondera gufungura Ngeze Hassan na bagenzi be

Umucamanza Theodor Meron arasabwa kwitondera gufungura Ngeze Hassan na bagenzi be

Ubwanditsi 07 Jun 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Urukiko Mpuzamahanga rurateganya kwemeza irekurwa rya Ngeze Hassan, umwe mu bagize uruhare mu gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, hirengagijwe ibitangazwa n’abashinjacyaha bavuga ko ibi bishobora kugira ingaruka ku rugamba mpuzamahanga rwo kurwanya ubuhezanguni.

Guverinoma y’u Rwanda ikaba yaramaganye icyo isobanura nk’umugambi w’ibanga ushobora gutuma Ngeze Hassan afungurwa kimwe n’abandi bagize uruhare mu bwicanyi bwatwaye ubuzima bw’Abanyarwanda basaga miliyoni.

Uyu Ngeze Hassan yahoze ari umwanditsi w’Ikinyamakuru Kangura cyaranzwe no kwambura ubumuntu abantu ndetse kigashishikariza abandi kwica Abatutsi, ndetse akaba yari umwe mu bashinze ishyaka ry’abahezanguni b’Abahutu bagize uruhare mu bwicanyi ndengakamere.

Ngeze yahamagariye abantu kwica Abatutsi, aha intwaro abicanyi ndetse agira uruhare mu gukora intonde z’abantu bagombaga kwicwa. Yahamijwe ibyaha byinshi bifitanye isano na jenoside n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabya rwa Arusha (ICTR)ndetse no gushyigikira itsembabwoko nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu.

Urukiko rukaba rwaremeje ko Ngeze Hassan yakoresheje ikinyamakuru Kangura mu kubiba urwango, mu gutera icyoba mu bantu ndetse no gushishikariza gukora jenoside.

Kuri ubu, nyuma yo kurangiza 2/3 by’igihano cy’imyaka 35 yakatiwe, Ngeze Hassan yasabye ko yafungurwa. Abanyamategeko bakaba bateganya ko ashobora kurekurwa mu mpera z’uku kwezi n’umucamanza Theodor Meron, Umunyamerika ukuriye Urukiko Mpuzamhanga rwahawe inshingano zo kurangiza imanza zitarangijwe na ICTR .

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kunenga uyu mucamanza Meron imushinja kugabanya ibihano no gufungura abantu benshi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Guverinoma y’u Rwanda ikavuga ko ntaho mu mahame ya ICTR hasaba kurekura imfungwa nyuma yo kurangiza 2/3 by’igihano zahawe kandi ko ibi byatangiye gukorwa u Rwanda rutabajijwe.

U Rwanda rukaba ruhangayikishijwe n’uko na Theoneste Bagosora, wacuze umugambi wo kurimbura Abatutsi, ashobora kurekurwa nawe mu mpera z’uyu mwaka, mu kintu kitazarakaza u Rwanda gusa ahubwo gishobora no kurakaza u Bubiligi kubera uruhare rwa Bagosora mu iyicwa ry’abasirikare 10 b’Ababibiligi bari mu ngabo za Loni biciwe I Kigali jenoside ikimara gutangira mu 1994.

Ni muri urwo rwego umwe mu bashinjacyaha mpuzamahanga wari mu rubanza rwa Ngeze, Simone Monasebian, yandikiye umucamanza, Theodor Meron, asobanura Ngeze nk’umwe mu bantu bateguye jenoside, ndetse asaba ko atafungurwa.

Simone Monasebian

Umushinjacyaha Monasebian avuga ko ibyaha Ngeze yahamijwe byakomerekeje umutimanama wa muntu nk’uko abivuga mu ibaruwa ye, aho agira ati; “Ikinyamakuru cyabo na radio byakongeje jenoside kandi byarushaga imbaraga n’ubukana amasasu n’imipanga”

Ngeze yagize uruhare mu gutangaza ‘Amategeko 10 y’Abahutu’ yavugaga ko Abagabo b’Abahutu bashakanye cyangwa bakaba inshuti n’Abatutsi ari abagambanyi, ko Abatutsi atari abizerwa muri business ahubwo baba barajwe inshinga n’uko ubwoko bwabo buruta andi moko kandi Abahutu ari bo bakwiye gutegeka no kuyobora.

Simone Monasebian, kuri ubu uyoboye ibiro bya Loni bishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge  n’ibyaha muri New York, avuga ko Ngeze na bagenzi be  n’ubu bataragaragaza kwicuza ku ruhare bagize mu bwicanyi.

Ati: “Na n’uyu munsi, banze kwemera ko yari jenoside yakorerwaga Abatutsi. Kugeza uyu munsi banze kwemera uruhare urwo ari rwo rwose mu bikorwa byabo. Ni Abahezanguni b’ababagizi banabi batagira kwicuza.”

Undi mucamanza wari mu rubanza rwa Ngeze na Bagenzi be, asobanura ifungurwa rya Ngeze nk’ikintu giteye agahinda mu gihe Umuryango w’Abibumbye n’Umuryango Mpuzamahanga biri kugerageza kurwanya ubuhezanguni.

Charity Kagwi- Ndungu

“Ni ubuhe butumwa buzahabwa, abataragizweho ingaruka na jenoside gusa, ahubwo n’Isi muri rusange igihe umuntu ufatwa nk’umuhezanguni w’umugizi wa nabi ndetse wanakoreshejwe mu gushumika u Rwanda mu 1994 yaba afunguwe mu gihe ibyangijwe n’ibikorwa by’ubuhezanguni bye bigihari?”, uwo ni Charity Kagwi-Ndungu mu ibaruwa yagenewe urukiko ruyobowe na Meron.

Irekurwa rya Ngeze nk’uko amakuru akomeje kuvuga rishobora kujyana n’ifungurwa ry’abandi bantu babiri nabo bahamijwe uruhare muri jenoside, ari bo; Aloys Simba, wari Lt Col muri Ex-FAR, wagize uruhare mu gutegura ubwicanyi ndengakamere bwabaye mu majyepfo y’igihugu, na Dominique Ntawukuriryayo, wari umuyobozi w’ibanze agashora Abatutsi mu rupfu abizeza kubarinda, akabaha Interahamwe ngo bicwe.

Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa nkuru ya leta, Johnston Busingye, akaba yarandikiye Meron asaba ko aba bantu uko ari batatu batarekurwa muri iki gihe kuko bishobora gushengura abarokotse kandi bikaba byagira ingaruka ku mikorere y’ubutabera mpuzamahanga.

2018-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDF yashyikirije FARDC imirambo itatu y’abasirikare bayo baguye ku butaka bw’u Rwanda

RDF yashyikirije FARDC imirambo itatu y’abasirikare bayo baguye ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Feb 2018
Uganda: Abanyarwanda 72 bafatiwe mu nzira bagarurwa mu Rwanda

Uganda: Abanyarwanda 72 bafatiwe mu nzira bagarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Ubwanditsi 10 Jun 2019
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

Ubwanditsi 14 Mar 2025

2 Ibitekerezo

  1. Ukuli
    June 7, 201812:51 pm -

    Ariko habura iki ngo urwanda rizagire abasore nka MOSSAD ? Ya Israël yahanaguyeho aba NAZI bose ndetse n’a bamwe bahinduye imyirondoro yabo?
    Jye nturanye nabo europe, iyo mbabonye bishongora, nifuza imyitozo ya Mossad. …
    Tuzahora turibwaribwa nitutihorera kuliyi misega ihora yigamba . Ubu noneho erega basigaye bavuga bemye ngo ni FPR yakoze genocide. Ibi byose nitwe twabiteye …. kuvanaho cya gihano kibakwiriye

    Subiza
    • Intareyakanwa
      June 8, 20184:27 pm -

      Erega u Rwanda turangaje imbere ni u Rwanda rwiyunga kdi rukanababarira kuko kuba banafungiye hanze nabyo nta nyungu byaduha keretse twe tubifitiye!

      So muvandimwe wiyise UKULI rekeraho kugera ikirenge mu cyabo kuko nibaza ko wamaze kubonako guhora ari ukw’Imana

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”
Amakuru

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Ubwanditsi 03 Sep 2020
Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer
Amakuru

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Ubwanditsi 14 Nov 2024
Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara  umwe ashobora kwica undi
ITOHOZA

Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara umwe ashobora kwica undi

Ubwanditsi 02 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru