• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Editorial 07 Jun 2018 POLITIKI

Leta ya Zambia yatangiye guha impunzi z’Abanyarwanda ibyangombwa by’agateganyo bizemerera gutura. Biteganyijwe ko ibyangombwa bya burundu bizemerera gutura nk’abenegihugu zizabihabwa mu gihe cy’imyaka itatu.

Impunzi z’Abanyarwanda zibarirwa mu bihumbi bisaga bine, abo Zambia imaze guha ibyo byangombwa bararenga gato igihumbi na magana ane.

Ubwo BBC dukesha iyi nkuru yaganiraga na Abdon Mawere, ushinzwe ibibazo by’impunzi muri Leta ya Zambia, yatangaje ko bafashe iki cyemezo nyuma yaho baboneye ko izi mpunzi zikeneye kugira uburengenzira busesuye ku mitungo yazo zifite.

Yagize ati “Ku ikubitiro abantu 1468 bahoze ari impunzi z’Abanyarwanda nibo twahaye impushya zo gutura by’agateganyo, tukaba twiteguye guha iki cyemezo abagera ku bihumbi bine muri bo, ibi turizera ko bizafasha abahoze ari mpunzi z’Abanyarwanda kubona impapuro zibemerera gutura mu gihugu mu buryo bwemewe n’amategeko,…”.

Akomeza avuga ko nyuma yo gutakaza uburenganzira bwo kwitwa impunzi, ko nta cyangombwa na kimwe zagiraga kiziranga cyatuma zikomeza ibikorwa byazo.

Mawere avuga ko intego yabo ari uguha ibyangombwa abahoze ari impunzi bose b’Abanyarwanda, ati “Nibyo rwose, intego yacu ni uguha ibyangombwa abahoze ari impunzi z’Abanyarwanda bose kugirango babashe kugira uruhare mu bikorwa bitandukanye, birimo n’iby’ubukungu, kugira ngo babashe guteganyiriza ubuzima bwabo bw’ejo, kuko mu myaka itatu yari ishize bari bafite ikibazo cyo kutagira uruhare mu bikorwa bitandukanye kuko nta byangombwa bari bafite”.

Nyuma y’imyaka itatu nibwo izi mpunzi z’Abanyarwanda ziri muri Zambia zizahabwa ubwenegihugu.

Mawere ati “ni ikibazo gikomeye, n’impunzi ubwazo zakomeje kubaza, ariko iyo urebye ibibazo bahuye nabyo ku mpunzi za kera ku birebana no kubona ibyangombwa, wabona ko umugambi wacu ari uwo kubakura mu gihirahiro barimo kuko Guverinoma itifuzaga ko yakomeza kugira abantu batagira ibibaranga ku butaka bwayo,… turizera ko tuzumvikana na buri wese tukabaha icyemezo gihoraho cyo gutura, kuko uru ruhushya rwo gutura ni intambwe ya mbere iganisha ku kubaha ubwenegihugu”.

Kuva ku itariki ya 1 Mutarama 2018, nibwo hatangiye gushyirwa mu bikorwa icyemezo cya HCR cyo gukuriraho ubuhunzi impunzi z’Abanyarwanda zahunze u Rwanda hagati y’umwaka wa 1959 na 1998.

Leta ya Zimbabwe itangaza ko abahoze ari impunzi z’Abanyarwanda n’abakiri impunzi ko babarirwa mu 5700, abasaga 1500 bakaba bagifite uburenganzira bwo kwitwa zo.

 

2018-06-07
Editorial

IZINDI NKURU

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Editorial 29 May 2025
Sudani y’Epfo irifuza kwinjira mu Muryango w’Ibihugu bivuga Icyarabu

Sudani y’Epfo irifuza kwinjira mu Muryango w’Ibihugu bivuga Icyarabu

Editorial 08 Mar 2018
RDC: Jean Pierre Bemba yageze i Kinshasa agiye guhatana mu matora ya Perezida

RDC: Jean Pierre Bemba yageze i Kinshasa agiye guhatana mu matora ya Perezida

Editorial 01 Aug 2018
Urukuta rutandukanya Tshisekedi n’U Rwanda akwiye kurusimbuza Ikiraro kimubanisha n’Abaturanyi bose bavuga Ikinyarwanda

Urukuta rutandukanya Tshisekedi n’U Rwanda akwiye kurusimbuza Ikiraro kimubanisha n’Abaturanyi bose bavuga Ikinyarwanda

Editorial 30 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa

Editorial 19 Jun 2020
Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000
Mu Rwanda

Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000

Editorial 12 Apr 2018
FARDC iravuga ko iby’inyeshyamba zinjiye muri Rutshuru ari ibihuha
Mu Mahanga

FARDC iravuga ko iby’inyeshyamba zinjiye muri Rutshuru ari ibihuha

Editorial 23 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru