• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Ubwanditsi 24 Jun 2018 IMIKINO

U Budage bwegukanye igikombe cy’Isi giheruka, bwarokotse habura amasegonda ngo busezererwe mu matsinda muri iri rushanwa riri kubera mu Burusiya naho u Bubiligi bwongera gutanga ubutumwa bukomeye bunyagira Tunisia ibitego bitanu kuri bibiri kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Kamena 2018.

Igikombe cy’Isi cy’uyu mwaka gikomeje kugaragaza isura itandukanye cyane n’iyo abakunzi ba ruhago bari biteze kuko nyuma ya Argentina iri mu byago byo gusezererwa itarenze amatsinda, u Budage nabwo habuze gato ngo busubire mu rugo, ibi akaba ari ibihugu byahuriye ku mukino wa nyuma mu 2014 ndetse n’uyu mwaka byaje bihabwa amahirwe menshi.

U Budage bw’umutoza Joachim Löw bwari bwatsinzwe umukino wa mbere na Mexique ku gitego 1-0, bwagiye mu mukino wa kabiri nta kosa bugomba gukora imbere ya Suède nayo yashakaga amanota atatu yagombaga guhita ayiha itike ya 1/8 ako kanya.

U mukino watangiye wiharirwa n’u Budage gusa uburyo babonye ntibabukoreshe neza baza gukosorwa na Ola Toivonen ku munota wa 32 atsindira igitego cya mbere Suède yarindaga izamu ryayo igacungira ku mipira yihuta cyane iciye ku mpande.

U Budage bwatangiye gukina bushaka kwishyura ariko igice cya mbere kirangira bidakunze, icya kabiri gitangiye umutoza akora impinduka akuramo Julian Draxler aha umwanya Mario Gomez wongereye imbaraga mu busatirizi, ku munota wa 48 iyi kipe ibona igitego cya Marco Reus.

Ni igitego cyaje igihe cyiza, gituma bakomeza kotsa igitutu izamu rya Suède bashaka igitego cya kabiri babona uburyo bwinshi ariko amahirwe arabura kuko hari imipira yabo yagaruwe n’ibiti by’izamu, indi umunyezamu Robin Olsen akayikuramo mu buryo budasanzwe.

Igitego cyabuze ndetse u Budage buza kujya mu byago bikomeye ubwo myugariro Jerome Boateng yahabwaga ikarita ya kabiri y’umuhondo agahita abona umutuku akava mu kibuga, ikipe igasigarana abakinnyi 10 gusa.

Suède yari imaze kubona ko bishoboka ko yabona igitego cy’intsinzi yagiye ikora impinduka, yinjiza abakinnyi bashaka ibitego gusa ntibyayihira kuko u Budage bwari bwariye karungu ndetse mu minota y’inyongera habura umwe ngo umukino urangire bubona coup franc, Marco Reus ayipasa Toni Kroos nawe atera ishoti riremereye mu izamu igitego kirinjira.

Gutsinda uyu mukino byatumye u Budage bwigarurira icyizere kuko busabwa kuzatsinda Koreya y’Epfo ku mukino wa nyuma mu gihe Suède nayo ifite amanota atatu yazaba yatsinze Mexique, hakazarebwa ku bitego amakipe yombi azigamye.

U Bubiligi bwo bwanyagiye Tunisia ibitego 5-2 harimo bibiri bya Eden Hazard, bibiri bya Romelu Lukaku n’icya Michy Batshuayi mu gihe Tunisia yatsindiwe na Dylan Bronn na Wahbi Khazri.

Iki gihugu gitozwa na Roberto Martinez na Thierry Henry, kibaka gikomeje kwitwara neza, gikina umukino mwiza kikanatsinda ibitego byinshi ari nako gitanga ubutumwa ku bindi bihugu bihanganiye iri rushanwa.

Imikino iteganyijwe kuri iki Cyumweru

Saa 14h00: u Bwongereza vs Panama

Saa 17h00: u Buyapani vs Senegal

Saa 20h00: Pologne vs Colombia

2018-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Moïse Katumbi yamaganye icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo guterera inkunga amakipe y’i Burayi mu gihe abaturage bishwe n’inzara

Moïse Katumbi yamaganye icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo guterera inkunga amakipe y’i Burayi mu gihe abaturage bishwe n’inzara

Ubwanditsi 18 Jul 2025
Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Ubwanditsi 09 Mar 2021
Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Yakubiwe umushahara inshuro 10, Nyuma yo gutsindira Manchester ibitego 4 mu mikino ibiri

Yakubiwe umushahara inshuro 10, Nyuma yo gutsindira Manchester ibitego 4 mu mikino ibiri

Ubwanditsi 02 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Ubwanditsi 22 May 2019
Padiri Nahimana  arategura imyigaragambyo itemewe  kuri Ambasade y’u Rwanda i Buruseli
ITOHOZA

Padiri Nahimana arategura imyigaragambyo itemewe kuri Ambasade y’u Rwanda i Buruseli

Ubwanditsi 29 Nov 2016
Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo
POLITIKI

Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo

Ubwanditsi 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru