• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018

RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018

Ubwanditsi 26 Jul 2018 UBUKUNGU

Sosiyete Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege, RwandAir, yaje ku mwanya wa 10 mu bigo bikora ubwikorezi bw’indege ku Isi byagaragaje impinduka mu mikorere mu mwaka wa 2018, urutonde ruyobowe na China Southern Airlines.

Ni urutonde rukorwa n’Ikigo gikora ubushakashatsi ku birebana n’indege n’ibibuga byazo guhera mu 1989, Skytrax, gishingiye ku birebana n’impinduka muri serivisi, imiterere y’imbere mu ndege no ku kibuga, ibikorwa bigamije gushimisha abagenzi, ubwiza bw’amafunguro n’isuku mu bwiherero.

Ibigo byatoranyijwe byashyikirijwe ibihembo bya 2018 World Airline Awards ku wa 17 Nyakanga muri Langham Hotel i Londres.

Ibigo bibiri by’indege byo muri Afurika nibyo bigaragara ku rutonde rw’ibigo byakoze impinduka, aho uretse RwandAir hanagaragaramo Air Mauritius yabaye iya gatandatu.

RwandAir ishyizwe kuri uyu mwanya nyuma y’ingendo imaze igihe itangiza mu bice bitadukanye haba muri Afurika no hanze yayo, aho iheruka kubona uburenganzira bwo gutangiza ingendo i New York ndetse iteganya n’ingendo mu Mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa mu mwaka utaha.

RwandAir ubu ifite ibyerekezo 26, muri uyu mwaka ikaba yaratangije ingendo zirimo Cape Town na Abuja mbere yaho. Ubu ifite indege 12 zirimo Airbus A330 – 300 imwe, Airbus A330 – 200 imwe, Boeing 737-800NG enye, Bombardier Q-400 Next Gen ebyiri, Bombardier CRJ-900 NextGen ebyiri na Boeing 737-700NG na zo ebyiri. Yifuza gukuba kabiri uyu mubare w’indege mu myaka itanu iri imbere.

RwandAir kandi imaze no kugira icyicaro i Cotonou gihuza ingendo zo muri Afurika y’Iburengerazuba mu mijyi ya Abidjan, Dakar, Libreville, Brazzaville na Douala, ndetse hifuzwa kongeraho Bamako na Conakry.

Skytrax yanakoze urutonde rwa sosiyete z’indege 100 zihiga izindi ku Isi mu 2018, umwanya wa mbere ukaba waregukanywe na Singapore Airlines yari yabaye iya kabiri umwaka ushize, ikurikirwa na Qatar Airways.

Uru rutonde rwihariwe n’ibigo byiganjemo ibyo muri Aziya ruriho eshanu zo muri Afurika arizo Ethiopian Airlines iri ku mwanya wa 40, South African Airways iri ku wa 45, Air Mauritius yabaye iya 69, Air Seychelles ya 82 na Kenya Airways iri ku wa 85.

Abantu batandukanye bagaragaje ko ku mugabane wa Afurika sosiyete bishimira ari Air Namibia, RwandAir, Tunisair na Sénégal Airlines.

Ibigo by’indege byakoze impinduka mu mikorere mu 2018

1. China Southern Airlines
2. Philippine Airlines
3. Fiji Airways
4. Ryanair
5. Japan Airlines
6. Air Mauritius
7. Malaysia Airlines
8. KLM Royal Dutch Airlines
9. Aeroflot
10. RwandAir

Urutonde rw’ibigo by’indege 10 bihiga ibindi ku Isi

1. Singapore Airlines
2. Qatar Airways
3. ANA All Nippon Airways
4. Emirates
5. EVA Air
6. Cathay Pacific Airways
7. Lufthansa
8. Hainan Airlines
9. Garuda Indonesia
10. Thai Airways

 

RwandAir ikomeje impinduka mu mikorere ari nako yagura ibikorwa

 

RwandAir ni kimwe mu bigo by’indege biri gukora impinduka zikomeye

 

2018-07-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Uko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buhagaze mu 2050

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa   Imihigo y’umwaka wa 2017/2018

Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa Imihigo y’umwaka wa 2017/2018

Ubwanditsi 09 Aug 2018
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin
Amakuru

“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

Ubwanditsi 11 Jan 2022
U-23 AFCON-Q: Amavubi yanyagiriwe i Kinshasa Ibitego byish
IMIKINO

U-23 AFCON-Q: Amavubi yanyagiriwe i Kinshasa Ibitego byish

Ubwanditsi 22 Nov 2018
Savio afashije Amavubi yabonye umutuku kunganya na Namibia
IMIKINO

Savio afashije Amavubi yabonye umutuku kunganya na Namibia

Ubwanditsi 07 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru