• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mushikiwabo yerekeje muri Cambodge, iwabo w’umwe mu basekuruza ba OIF

Mushikiwabo yerekeje muri Cambodge, iwabo w’umwe mu basekuruza ba OIF

Ubwanditsi 10 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo, uri mu rugendo rwo gushakisha amaboko yo kumushyigikira mu matora ku Bunyamabanga bukuru bw’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, kuri uyu wa Kane yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Cambodge, Prak Sokhonn mu murwa mukuru w’icyo gihugu.

Ubu, Mushikiwabo ari ku muri Asia, hakaba hari hatahiwe igihugu gifite amateka akomeye muri OIF, kuko ari cyo nkomoko ya Norodom Sihanouk wabaye umwami w’icyo gihugu, we n’abantu bazwi nka Habib Bourguiba wabaye Perezida wa Tunisia, Léopold Senghor wayoboye Sénégal na Perezida Hamani Diori wayoboye Niger, bafatwa nk’abasekuruza ba Francophonie.

Mushikiwabo yerekeje muri icyo gihugu aherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Guinea, Mamadi Touré, mu biganiro byibanze ku gushimangira umubano hagati ya Cambodge na OIF nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’icyo gihugu.

Itangazo ryasohotse rigira riti “Iyi nama yibanze ku kurebera hamwe ugushimangira umubano n’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, no kureba uko Cambodge yashyigikira kandidatire ya madamu Louise Mushikiwabo nk’Umunyamabanga Mukuru wa OIF mu matora ateganijwe kubera muri Armenie ku wa 11 na 12 Ukwakira 2018.”

Cambodge ni ubwami bugendera ku Itegeko Nshinga, buherereye mu Majyepfo y’Uburasirazuba bwa Asia. Icyo gihugu gituwe n’abaturage 16 204 486 kikagira ubuso bwa kilometero kare 181 035. Cambodge yabonye ubwigenge ku itariki ya 9 Ugushyingo 1953, nyuma y’uko kari agace gategekwa n’u Bufaransa.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Minisitiri Mushikiwabo yashimiye abanya-Cambodge ku rugwiro bamwakiranye.

Yagize ati “Nejejwe cyane n’uburyo nakiriwe mu Bwami bwa Cambodge uyu munsi, kandi nashimye uko twahuje ibitekerezo na mugenzi wanjye ku hazaza ha OIF. Inshuro igihumbi, nshimiye ibihugu bya Mekong; abanyamuryango b’imena ba OIF!”

Mekong bikomoka ku ruzi rurerure rufite iyi nyito, ruza ku mwanya wa 12 mu zifite uburebure ku Isi rukaba n’urwa karindwi rurerure muri Aziya. Iryo zina rikunda no gukoreshwa umuntu ashaka kuvuga ibihugu bihurira ku kibaya cyarwo, birimo u Bushinwa, Myanmar, Laos, Thailand, Cambodge na Vietnam.

Biteganyijwe ko Mushikiwabo azaba ahanganye mu matora n’umunya-Canada Michaëlle Jean usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa OIF guhera mu 2014.

2018-08-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abo muri RNC bariye karungu nyuma y’uko Kayumba Nyamwasa atorotse inama yari kubarizwamo iby’amafaranga yariye

Abo muri RNC bariye karungu nyuma y’uko Kayumba Nyamwasa atorotse inama yari kubarizwamo iby’amafaranga yariye

Ubwanditsi 09 Dec 2022
Perezida Kagame aratanga ikiganiro ku guha umutekano abatuye Isi

Perezida Kagame aratanga ikiganiro ku guha umutekano abatuye Isi

Ubwanditsi 18 Feb 2018
Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Ubwanditsi 05 Oct 2024
Inkoramutima za RNC gukurikira Bonabaana nyuma yuko ingabo zishiriye ku icumu muri DRC

Inkoramutima za RNC gukurikira Bonabaana nyuma yuko ingabo zishiriye ku icumu muri DRC

Ubwanditsi 10 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.
INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.

Ubwanditsi 19 Dec 2017
Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 01 Feb 2016
Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo
UBUKUNGU

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Ubwanditsi 16 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru