• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Jay Polly uri mu buroko yatakambiye umugore we anamugurira andi menyo

Jay Polly uri mu buroko yatakambiye umugore we anamugurira andi menyo

Ubwanditsi 17 Aug 2018 Mu Rwanda

Jay Polly aracyafunzwe, yatawe muri yombi azira gukura amenyo umugore we Uwimbabazi Sharifa, amaze kubona ikosa yakoze yaciye bugufi asaba imbabazi ndetse amugurira andi menyo asimbura ayakutse.

Jay Polly akurikiranyweho icyaha cyo ‘gukubita no gukomeretsa ku bushake ku buryo bubabaje’ umugore we. Mu kuburana, yemeye ibyo ashinjwa ndetse ko yakubise umugore we abitewe n’ubusinzi.

Inkuru zasakajwe hose ko Jay Polly yarekuwe. Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison yabwiye IGIHE ko uyu muhanzi agifunzwe ndetse ko agomba kuzitaba urukiko tariki ya 24 Kanama 2018 mu gusoma umwanzuro w’urubanza rwe afunzwe.

Yagize ati “Jay Polly aracyafunzwe, ubwo aheruka kuza mu rukiko nabwo yari agifunzwe. No mu gusoma umwanzuro ku iburanisha riheruka nabwo azaza agifunzwe, ibyo nabonye bavuga ngo yafunguwe sinzi aho babikuye.”

Inshuti za hafi za Jay Polly zemereye IGIHE ko uyu muraperi agifungiwe kuri Station ya Polisi ku Kimironko. Inkoramutima ye yitwa Mugisha Evergiste yagize ati “Oya ntabwo bamurekuye, umusaza aracyafunzwe, turamusura.”

Mugisha Evergiste kandi yavuze ko Jay Polly akimara gufatwa yamaze muri kasho igihe gito ararekurwa , yaraye iwe mu rugo ijoro rimwe akiva mu buriri ku itariki ya 7 Kanama 2018 yahise asubizwa mu buroko ndetse kugeza ubu aracyafunzwe.

Yagize ati “Icyo gihe bamurekuye igihe gito, yaraye mu rugo bucyeye nka saa kumi n’ebyiri barongera baramufata. Sharifa yari yagiye kumusabira imbabazi ariko hazamo akabazo barongera baramufunga.”

Yongeyeho ati “Jay yemera ikosa akanasaba imbabazi, ejobundi mu rukiko nabwo yarazisabye. Yasabye imbabazi umugore we amwemerera ko atazabyongera ko yabikoreshejwe n’ubusinzi, yanazisabiye mu rukiko, yasabye imbabazi urukiko anazisaba Abanyarwanda bose ariko uwari ukuriye iburanisha yahise amubwira ko ‘kuba yemera ko ibyo yakoze ari ikosa agasaba imbabazi bidakuyeho ko yakoze icyaha’ kandi agomba kubihanirwa. Ni gutyo bakomeje kumufunga rero, ubu dutegereje uko bizagenda ejobundi mu gusoma umwanzuro.”

Jay Polly aheruka kwitaba urukiko tariki ya 13 Kanama 2018 ari nabwo yatangiye kuburanishwa mu mizi n’Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo, yaburanye yemera ibyo ashinjwa ariko atanga impamvu ko ‘yakubise umugore we abitewe n’ubusinzi’.

Abo mu muryango wa Sharifa ngo nibo basabye ko yongera gufungwa. Mugisha ati “Sharifa we yari yasabiye Jay imbabazi bahita bamurekura nyuma umuryango ubyivangamo barongera baramufunga.”

Yongeyeho ko “abo mu muryango wa Sharifa ntabwo bafata Jay Polly nk’umugabo we kuko batasezeranye, abo kwa Jay na bo ntabwo bafata Sharifa nk’umugore we. No muri ibi bibazo imiryango yo isa n’iyabivuyemo, no mu rukiko ubu ntibajyayo, njyana na Sharifa gusa.”

Ubwo Jay Polly yasabaga imbabazi umugore we ngo yamwemereye ko atazongera kumuhohotera ndetse yahise yishyura ibyasabwaga kugira ngo Sharifa asubirane amenyo atatu yakutse ku gice cyo hasi imbere. Ubu, bamushyizemo amashya ndetse umugongo wari wavunitse na wo yarawivuje urakira.

Jay Polly yasabye imbabazi umugore we Sharifa nyuma yo kumukura amenyo

Kuri Instagram na WhatsApp kuri konti za Jay Polly, kuva ejo kugeza ubu harasimburanaho amafoto n’amagambo avuga neza Sharifa n’umwana babyaranye. Mugisha yavuze ko ari we uri kubishyiraho mu gukomeza guha amakuru abafana b’uyu muhanzi.

Ubushinjachaha buheruka gusaba ko Jay Polly yafungwa imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi ijana(100,000). Ubushinjacyaha bwamusabiye iki gihano, bushingiye ku ngingo ya 148 y’itegeko ngenga mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda.

Urukiko ruzafatira umwanzuro ku rubanza rwa Jay Polly saa tanu z’amanywa ku itariki ya 24 Kanama 2018 ari nabwo uyu muhanzi azasubira mu rukiko.

Sharifa, umugore wa Jay Polly

2018-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Ubwanditsi 18 May 2018
Polisi y’u Rwanda yasobanuye  iby’ ihohoterwa ryavuzwe ku banyamakuru bagiye gutara inkuru  murugo kwa Rwigara

Polisi y’u Rwanda yasobanuye iby’ ihohoterwa ryavuzwe ku banyamakuru bagiye gutara inkuru murugo kwa Rwigara

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Imyigaragambyo muri kenya ,abantu bari gukubitwa inkoni,gutwikwa habona ,amabuye aravuza ubuhuha

Imyigaragambyo muri kenya ,abantu bari gukubitwa inkoni,gutwikwa habona ,amabuye aravuza ubuhuha

Ubwanditsi 10 Aug 2017
Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Ubwanditsi 30 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol
INKURU NYAMUKURU

U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Kaboneka – U Rwanda ruyobowe na Perezida Kagame ntabwo ari urw’akajagari
POLITIKI

Kaboneka – U Rwanda ruyobowe na Perezida Kagame ntabwo ari urw’akajagari

Ubwanditsi 25 Apr 2017
Polisi yagaruje ibikoresho by’abaturage byari byibwe
Mu Mahanga

Polisi yagaruje ibikoresho by’abaturage byari byibwe

Ubwanditsi 07 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru