• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»PL yasezeranyije abahinzi n’aborozi ubuvugizi kuri Banki n’Ikigega cy’ubwishingizi

PL yasezeranyije abahinzi n’aborozi ubuvugizi kuri Banki n’Ikigega cy’ubwishingizi

Ubwanditsi 23 Aug 2018 POLITIKI

Ishyaka Riharanira ukwishyira ukizana kwa buri Munyarwanda (PL), ririmo guhatanira kujya mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, ryasezeranyije abahinzi n’aborozi ubuvugizi kuri Banki yihariye n’Ikigega cy’ubwishingizi.

Ibi byose bigamije kongera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi butunze abarenga 70% by’abanyarwanda n’uruhare rwa 33% mu musaruro mbumbe w’igihugu (GDP).

Kuri uyu wa Gatatu PL yamamaje abakandida depite bayo 80, mu Turere twa Burera na Gakenke, mu Ntara y’Amajyaruguru.

Perezida w’iri shyaka, Mukabarisa Donatille, yabwiye abaturage ko nibabatora mu byo bazitaho harimo kuzamura ubuhinzi n’ubworozi hashyirwaho Banki n’ikigega cy’ubwishingizi cy’abahinzi n’aborozi.

Ati “Ntitwavuga iterambere rirambye, umunyarwadnda atiteje imbere, niyo mpamvu no mu byo ishyaka PL ryifuza kubagezaho harimo no gushyiraho Banki yihariye n’ikigega cy’ubwishingizi ku bahinzi n’aborozi.”

Yasobanuye ko ibi bizafasha abaturage kuzamura umusaruro bihaza mu biribwa, bityo n’iterambere muri rusange bakarigeraho.

Ni kenshi mu Rwanda humvikana ikibazo cy’abahinzi n’aborozi batishimira uko amabanki adashishikarira kubaha inguzanyo ndetse n’ibigo by’ubwishingizi bikagenda biguru ntege mu kwishingira uru rwego.

Umuyoboke wa PL, Habinshuti Théophile, yemeza ko iyi banki bijejwe yaba iziye igihe kuko ifite isura nshya ku bukungu bwabo.

Ati “Twishimiye cyane iyi Banki n’ikigega cy’ubwishingizi twemerewe nk’abahinzi n’aborozi, icyo mpamya ni uko bizazana isura nshya ku bukungu bw’umuhinzi n’umworozi.”

PL kandi yasezeranyije abaturage ubuvugizi ku mihanda n’amashanyarazi aho bitaragera, byose bikaba ari inyunganizi ku muhinzi n’abanyarwanda muri rusange kuko babasha guhahirana no kugeza umusaruro ku masoko.

Uwitwa Nyiransabimana Agnès yishimiye ibyo basezeranyijwe na PL, ashimangira ko azayigirira icyizere kuko ibumbatiye amahirwe ku bahinzi n’aborozi.

Yagize ati “Twagejejweho inkuru nziza yari ikenewe mu bahinzi n’aborozi. Kuba umuhinzi agiye gushyirirwaho Banki n’ikigega cy’ubwishingizi cyihariye, ni kimwe mu bizatuma twiteza imbere kurushaho, dukomeza kubyaza umusaruro aya mahirwe duhabwa.”

PL yemereye abatuye Burera na Gakenke kongerera agaciro k’amabuye y’agaciro akunze kuhagaragara, guteza imbere ikoranabuhanga mu rubyiruko, amaterasi y’indinganire ku misozi barwanya isuri n’ibiza n’ibindi byinshi kandi byiza.

Mukabarisa Donatille yijeje abaturage ba Burera na Gakenge kuzabakorera ubuvugizi hakajyaho banki yihariye ku bahinzi n’aborozi

Abayoboke ba PL bacinye akadiho biratinda…

Kuri uyu wa Gatatu PL yamamaje abakandida depite bayo 80, mu Turere twa Burera na Gakenke, mu Ntara y’Amajyaruguru

Abakandida PL yaserukanye muri aya matora y’abadepite

2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Tshisekedi agiye gutangirira ingendo z’akazi mu bihugu bitatu

Perezida Tshisekedi agiye gutangirira ingendo z’akazi mu bihugu bitatu

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Ubwanditsi 11 Oct 2024
Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma,  yapfuye ahagaze

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze

Ubwanditsi 10 Oct 2017
Kweguza Trump birasaba iki?

Kweguza Trump birasaba iki?

Ubwanditsi 06 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iyi foto ya Bihozagara bivugwa ko yafashwe isaha 1 n’igice mbere y’uko apfa!
Mu Rwanda

Iyi foto ya Bihozagara bivugwa ko yafashwe isaha 1 n’igice mbere y’uko apfa!

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Harimo n’itike ya Miliyoni, FERWAFA yatangaje ibiciro ku mukino w’u Rwanda na Nigeria
Amakuru

Harimo n’itike ya Miliyoni, FERWAFA yatangaje ibiciro ku mukino w’u Rwanda na Nigeria

Ubwanditsi 06 Sep 2024
Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye  paradizo
POLITIKI

Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye paradizo

Ubwanditsi 14 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru