• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Ubwanditsi 26 Sep 2018 IKORANABUHANGA

Ibigo bicuruza serivisi z’itumanaho muri Afurika bikomeje kwaguka ari nako bikangukira gushora imari mu gukwirakwiza internet ya 4G ku bakiliya bayo.

Imishinga yo gukwirakwiza 4G-LTE muri Afurika imaze gutangizwa n’ibigo 103 mu bihugu 35; ibindi 11 na byo bikomeza gutanga serivisi zo kuyagura.

U Burayi bumaze imyaka 10 butangije internet ya 3G na 4G mu gihe muri Afurika ihamaze imyaka igera kuri itanu.

Niger iri mu bihugu byatangiye gukoresha internet ya 4G ku wa 23 Mata, ibifashijwemo n’Ikigo cy’Itumanaho cya Airtel. Aya masezerano bafitanye angana na miliyoni 18,3 z’amayero.

Mu mwaka wa mbere Airtel Niger izahaza Umujyi wa Niamey. Internet ya 4G izaba ikoreshwa n’abaturage ba Niger bagera kuri 90% izabageraho mu myaka itanu.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubushakashatsi muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati cya Xalam Analytics, Guy Zibi, yavuze ibigo byinshi byahaye imbaraga kwagura internet ya 4G kurusha serivisi zo guhamagarana.

Jeune Afrique yanditse ko Ikigo cy’Itumanaho cya Orange giteganya gushora 20% muri miliyari y’amayero gikoresha buri mwaka muri Afurika.

Mu 2016 cyashoye miliyoni 75 z’amayero muri Jumia (Africa Internet Group) iyoboye ubucuruzi bwo kuri internet muri Afurika. Kuva mu mwaka ushize, Orange yashyize miliyoni 50 z’amayero mu iterambere ry’imishinga mito yo kuri uyu mugabane.

Orange imaze gutangiza 4G mu bihugu 12 bya Afurika birimo Ibirwa bya Maurice (2013), Maroc (2015), Côte d’Ivoire na Misiri (2017). Iri kuganira na Burkina Faso.

Perezida wa Orange, Bruno Mettling yatangaje ko yanyuzwe n’iterambere rimaze kugerwaho.

Ati “Afurika yose ikeneye internet yihuta. Ni ingenzi ku iterambere ry’ikoranabuhanga n’irya serivisi. »

Ingo 75% muri Afurika zigerwaho na internet hifashishijwe telefoni zigezweho.

Xalam Analytics yagaragaje ko umubare wa telefoni zikoresha 4G wikubye kabiri hagati ya 2016 na 2017, ugera kuri simcard zikora miliyoni 73.

Urebye uko ibihugu bikoresha internet ya 4G, umuyoboro wayo uri ku kigero cya 95% mu Rwanda; Afurika y’Epfo kuri 80 %; Cameroun 40 % na Nigeria ifite 13 %.

Ibihugu bimwe bigorwa no guhuza imijyi n’ibyaro cyangwa gukoresha uburyo bwo munsi y’amazi mu bihugu bidakora ku nyanja ahakoreshwa fibre optique nka Madagascar.

Xalam yatangaje ko abagera kuri 5% batunze telefoni bakoreshaga 4G mu 2017. Mu Buhinde iyi mibare yageraga kuri 20%. Abakoresha internet ya 2G bagera kuri ½ cy’abatuye mu Burengerazuba bwa Afurika.

Ihuriro mpuzamahanga ry’Ibigo by’Itumanaho (GSMA) ryatangaje ko 3G ariryo koranabuhanga rikoreshwa cyane n’abatunze telefoni (42 %).

GSMA yagaragaje ko hari ibigo by’imishinga y’ikoranabuhanga 142 mu Burengerazuba bwa Afurika, irimo 5K Startups Hub (Côte d’Ivoire), MEST (Ghana), CC Hub (Nigeria) na CTIC Dakar (Sénégal).

Raporo y’Ikigo cya Ericsson gicuruza internet yagaragaje ko abagera kuri miliyoni 310 bo mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bazaba bakoresha internet ya 4G mu 2023 bavuye kuri miliyoni 30.

Abazaba bakoresha telefoni bazava kuri miliyoni 700 bakagera kuri miliyoni 990, muri bo abagera kuri miliyoni ebyiri bazaba bakoresha internet ya 5G mu 2023. Smartphone zikoreshwa zizava kuri miliyoni 340 zigere kuri miliyoni 850.

2018-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

Ubwanditsi 16 May 2018
Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Ubwanditsi 09 May 2018
Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Hagiye gushyirwaho ikoranabuhanga rizajya ryemeza abemerewe gukora ibizamini by’akazi

Ubwanditsi 21 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Kigali WFC yatsinze Inyemera WFC ibitego 3-0, yegukana Igikombe cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore
Amakuru

AS Kigali WFC yatsinze Inyemera WFC ibitego 3-0, yegukana Igikombe cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore

Ubwanditsi 16 Mar 2024
U Rwanda rwatsinzwe na Tanzania mu mikino ya Zone 5 iri kubera mu Rwanda
HIRYA NO HINO

U Rwanda rwatsinzwe na Tanzania mu mikino ya Zone 5 iri kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Jun 2019
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru